Home Blog Page 20

Umukinnyi wa Arsenal, Declan Rice akomeje kwibasirwa n’abafana kubera umubyibuho ukabije w’umugore we

0

Declan Rice ni umwe mubakinnyi beza mu ikipe ya Arsenal, uyu mukinnyi yageze muri iyi kipe avuye muri West Ham aho yatanzweho akayabo ka miliyoni 95 z’amayero.

Rice, ni umugabo wubatse afite umwana w’umuhungu yabyaranye n’umukunzi we Lauren Frajer.

Rice na Frajer bakundanye kuva mumashuri yisumbuye, icyogihe Rice yari umwana uturuka mu muryango ukennye mugihe, uyu mugore we yari umwana wo mubakire, urukundo rwabo rwashinze imizi kuburyo aho Rice yajyaga hose uyu mukobwa yamugendaga iruhande yaba ku kibuga agiye gukina agapira nahandi uyu mukinnyi yajyaga babaga barikumwe.

Uyu mukinnyi kuva atangiye kuba icyamamare abakunzi b’umupira w’amaguru batangiye kwibasira umukunzi we, bavugako afite umubyibuho ukabije ndetse ataberanye n’uyu mugabo umaze kuba icyamamare.

Umwe mubafana bakoreshaumuyoboro wa “X”, yahoze ari Twitter, yashyize ahagaragara amafoto y’aba bombi  agaragazako nubwo akunda uyu mukinnyi atishimira imiterere y’umugore we.

“Deklan Rice ni umukinnyi mwiza, umutunzi w’imiliyoni, amaze kuba ikimenyabose muri siporo, ariko igitangaje ni uburyo afite umugore batajyanye, umugore ufite umubyibuho udasanzwe, umugore utajyanye n’amafaranga utunze”

Abantu batandukanye bakomeje kwibasira iyi couple, mugihe uyu mukinnyi we ubonako ntacyo bimubwiye ndetse ntaragira icyo abitangazaho kuva batangira kumuvugaho muri 2023.

Rice, ni umugabo wubatse afite umwana w’umuhungu yabyaranye n’umukunzi we Lauren Frajer.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Mr Blue yashimiye umugore we wamukuye kubiyobyabwenge

0

Umuhanzi wo mugihugu cya Tanzania, Herry Sameer Rajab uzwi ku izina rya #MrBlue yavuze uburyo umugore we yamugobotoye inzira y’ibiyobyabwenge akamusubiza kumurongo muzima.

Uyu muhanzi uri mubagize igikundiro kidasanzwe mu mwaka wa 2000, ni umwe mu bahanzi bamaze igihe kinini mu muziki wa Bongofleva, kugeza nuyu munsi aracyakora umuziki.

Mu kiganiro yagiranye na BBC, Mr Blue yavuzeko igikundiro yagize mu muziki cyatumye yiyumva nk’umuntu urenze atangira kwinezeza cyane kurenza gukora umuziki wari umutunze nk’akazi.

Mr Blue afitanye abana batatu n’umugore we

Mr Blue yavuzeko hari igihe yahagaritse umuziki igihe kinini akakimara yibera munshuti ze binywera ibiyobyabwenge aho yaje kugobokwa n’umugore we.

Ygaize ati “Ndashimira cyane umugore wanjye kuko ari we wagize uruhare runini mu mpinduka zanjye, yakundaga kumbwira ibyo gukora hanyuma amaze gutwita mbona ko ngiye kugira umuryango, nibwo yambazaga niba nzaba umubyeyi ngikora nkibyo narindimo bisa n’ubuyobe” 

“Igihe natangiraga umuziki, nari umwana kandi nta ncuti nari mfite, ariko abantu baza bitwaza ko banzi, bari bariganye nanjye, bamwe bakaza bashaka ko dusangira itabi nanjye nkabikora nkaho nishimisha nishimana n’inshuti zanjye, byari ibintu bisekeje cyane, byatumye ntakaza umwanya kuburyo n’abinjiye mu muziki nyuma yanjye inyenyeri zabo zatangiye kwaka iyanjye irazima”

Mr Blue yinjiye mu muziki mu 1999, awinjijwemo n’abavandimwe be  aribo The Boy Stain na Obrey bagize uruhare runini cyane mu bijyanye n’umuziki we.

“Kuva mu 2003 kugeza 2004 ni bwo yasohoye n’indirimbo ye ‘Mr Blue’ ari yo ya mbere yamenyekanye.

Muri ibi bihe Mr Blue yashyize hanze album ye yambere yise “Mapozi” hariho indirimbo yitwa Mapozi ari nayo yamumenyekanishije cyane muri East Africa.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Menya amakosa 10 akorwa n’abagore mungo zabo bikaba byatuma bisenyera

0
Shot of a young couple having a disagreement at home

Ni kenshi wumva abagore bavuga ko batanezerewe umubano wabo mu ngo n’abo bashakanye. Uku kutishima babishinja abandi nyamara ntibatekereze ko baba ari bo nyirabayazana w’umwiryane n’abagabo babo.

Muri iyi nkuru, turabagezaho amakosa 10 akorwa n’abagore mu mibanire n’abo bashakanye nkuko tubikesha urubuga Elcrema rwandika ku mibanire.

1. Gufata imibonano mpuzabitsina nk’ingurane

Abagore benshi bakoresha imibonano mpuzabitsina nk’igicuruzwa maze bagakangisha abagabo babo kudakorana na bo imibonano paka bagize icyo babaha. Ni ikosa rikomeye kwanga gutera akabariro n’uwo mwashakanye kuko ushaka amafaranga yo kugura ikanzu nshya, imodoka cyangwa ikindi ukeneye.

2. Kutiyitaho

Abagore benshi bagwa muri iri kosa nyuma yo gushaka. Mbere y’uko ubana n’umugabo wawe, uko ugaragara byari bifite agaciro cyane kuri wowe nyamara nyuma yo ‘kumufatisha’, waretse kwiyitaho nka mbere. Kuba waramubonye akaba ari uwawe byemewe n’amategeko si impamvu yo kureka kuba mwiza no kwita ku buranga bwawe. Umugabo wawe aba yitezeho gukomeza kubona umugore mwiza yashatse amuhisemo mu bandi. Jya ugerageza rero guhora ufite ubwiza nk’ubwo yagukundiye.

3. Amahane

Nta mugabo ukunda umugore w’umunyamahane. Si byiza kumva ko ibibazo byakemuka iteka ari uko uteye induru. Ntiwakwitega amahoro mu rugo igihe winubira buri kintu akoze kandi ukabigaragaza usakuza. Hari ubundi bwo gukemura ibibazo n’ubwumvikane buke byo mu rugo udateye amahane. Ntukwiye gutuka cyangwa usakurize umugabo wawe; uwo ni umugabo wawe, si umuhugu wabyaye.

4. Kutizera umugabo wawe

Iri ni irindi kosa rikomeye abagore bakora mu mibanire n’abo bashakanye. Birumvikana ntiwifuza gusangira umugabo wawe n’undi muntu uwo ari we wese ariko se niba utamwizera, kuki wemeye ko mubana? Si byiza ko ukimbirana n’abandi bagore ngo kuko ubakekana n’umugabo wawe. Undi mugore si we kibazo; ikibazo ni umugabo wawe. Aho kurwana n’abandi bagore, gerageza kumenya impamvu ukiri kumwe n’umugabo wawe nyamara akaba yiruka kuri uwo mugore wundi. Ni ukwitesha agaciro iyo urwaniye n’undi mugore mu ruhame murwanira umugabo.

5. Gufata abavandimwe b’umugabo wawe nk’abanyamahanga

Ntuzigere witega ko umugabo wawe azacika ku muryango we kuko yakurongoye. Ibi ni ikosa gutekereza utyo kandi ntekereza ko niba ukunda umugabo wawe by’ukuri, wagakunze ibye byose by’umwihariko abagize umuryango we. Iga gukunda abagize umuryango we kandi ntukabafate nk’abasabirizi. Bavuga ko bigorana kubana na nyokobukwe ngo kuko aba yumva usa n’aho uri gufata umwanya we mu buzima bw’umuhungu we nyamara kumusuzugura si wo muti w’ikibazo.

6. Kuganira ni iby’ingenzi iyo hari ibyo mutumvikanaho

Nta zibana zidakomanya amahembe. Umunsi umwe hari ubwo utazumvikana n’uwo mwashakanye ku ngingo runaka nyamara guca igikuba uca ibiti n’amabuye cyangwa ukabwira umuhisi n’umugenzi ibyo utumvikanaho n’umugabo nta cyo bizakemura uretse gusubiza ibintu irudubi. Iga uko wabwira umugabo wawe icyo utekereza mu buryo bwiza, mu mahoro kandi umwubashye. Kubahana biba bikenewe cyane kugira ngo umubano w’abashakanye urambe.

7. Kutihangana

Hari irindi kosa abagore bakore mu mibanire yabo n’abo bashakanye. Kwihangana biba bikenewe cyane kugira ngo umubano wanyu urambe. Ugomba kwiga kwihanganira uwo mubana. Niba udashobora kumwihanganira, icyiza ni uko wareka gufata icyemezo cyo kubana na we.

8. Kwirengagiza igifu (inda?) cye

Birumvikana ushobora kuba ufite akazi, uhugiye mu zindi gahunda kandi rwose gufatanya imirimo mito n’akazi kawe gusa hano hasaba ubwenge n’ubushishozi cyane. Ushobora kuba ufite umukozi ubufasha gutegura amafunguro mu rugo rwanyu gusa ukwiye kumenya ko kugira ngo wigarurire umutima w’umugabo bihera mu gushimisha igifu cye [Kugira ngo ugere ku mutima w’umugabo, ugomba guca mu nda ye]. Ugomba kugenzura no kumenya niba umugabo wawe abona amafunguro akwiye kandi ahagije, ntubiharire umukozi gusa. Nubona akanya, ujye utekera umugabo wawe amafunguro uzi akunda.

9. Inshuti mbi

Iri ni irindi kosa abagore bagwamo kandi risenya ingo nyinshi. Ni ngombwa ko uhitamo inshuti neza kuko si buri wese wagira icyo akumarira. Ntukwiye kubwira uwo ari we wese akakuri ku mutima cyangwa amabanga yawe. Ni bibi cyane kubwira inshuti zawe ibibi cyangwa intege nke z’umugabo wawe. Ni byo, rimwe na rimwe uba ukeneye umuntu muganira ariko ni ngombwa ko umenya niba ari we muntu ukwiye kandi ukagenzura ibyo umubwira.

10. Amabanga

Kugira ibyo uhisha cyangwa ukinga umugabo wawe ni bibi cyane kuko bituma agutakariza icyizere adatinze. Wowe n’umugabo wawe mugomba muri nk’ikipe itahiriza umugozi umwe, kandi ibi ntimwabigeraho hari amabanga muhishanya.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Abantu benshi bakomeje kwibaza ibyabaye ku mugore wa wa Kanye West bahuye ari umukobwa muzima none akaba agaragara nkuwataye ubwenge

0

Bianca Censori, umugore wa Kanye West, yongeye kurikoroza ku mbuga nkoranyambaga, nyuma yo kugaragara mu ruhame yambaye ubusa.

Uyu mugore usanzwe afatanya n’umugabo we, guhanga imideli n’inkweto zo mu bwoko bwa Yeezy, akomeje kugarukwaho nyuma yo kwambara hafi ya ntabyo, akagenda mu muhanda i Paris mu Bufaransa.

Bianca yari kumwe n’umugabo we, abantu bamuha inkwenene y’uko yashyize hanze bimwe mu bice by’ibanga, ubusanzwe bitamenyerewe gushyirwa ku karubanda.

Nk’uko amafoto bafashwe batembera muri uyu mujyi abigaragaza, Bianca nta mwenda w’imbere yari yambaye, ku buryo imiterere y’igitsina n’ikibuno yose yagaragaraga.

Kanye West we, yari yambaye imyambaro y’umukara, ari kumwe n’abashinzwe umutekano, bagenda bacunze ko nta muntu usagarira uyu muryango.

Ye, umugore we na North West w’imfura ye, bamaze iminsi mu Bufaransa, aho bakoreye igitaramo gisogongeza abatuye iki gihugu album nshya yise’ Vultures 2’.

Uyu mugore atarakundana na Kanyewst yari yambaragara yikwije

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Mr. Ibu wamamaye muri filimi zo muri Nigeria yapfuye

0

John Ikechukwu Okafor [Mr. Ibu] muri sinema ya Nigeria yitabye Imana azize uburwayi.

Mr Ibu w’imyaka 62, yari amaze amezi atanu ahanganye n’uburwayi bwateraga kuva kw’amaraso mu bice by’amaguru, bwatumye acibwa ukuguru mu mpera z’umwaka ushize nyuma yo kubagwa inshuro zirenga zirindwi.

Uyu mugabo wari uzwi cyane muri Nollywood (Sinema ya Nigeria) yaguye mu bitaro bya Evercare Hospital biri i Lagos.

Iby’urupfu rwe byemejwe n’umujyanama we Mr Don Single Nwuzo wabitangarije Emeka Rollas, umuyobozi w’ihuriro ry’abakinnyi ba filime muri Nigeria.

Ni nyuma y’uko muri 2022 yatangaje ko abantu barimo n’abo mu muryango we bagerageje kumuroga inshuro nyinshi kubera kutishimira iterambere rye.

Muri Gashyantare 2024, Polisi ya Nigeria yatangaje ko yataye muri yombi abana ba Mr Ibu, bazira umugambi wo kuriganya Miliyoni 55 z’ama-Naira (arenga Miliyoni 76Frw) yatanzwe n’abagiraneza yo kuvuza umubyeyi wabo.

Uyu mukinnyi wa filime wanyuze benshi bitewe n’urwenya rwe, yamamariye muri filime zitandukanye zirimo “Mr Ibu”, “Mr Ibu in London”, “Police Recruit”, “A Fool At 40” n’izindi.

Mr Ibu w’imyaka 62, yari amaze amezi atanu ahanganye n’uburwayi bwateraga kuva kw’amaraso mu bice by’amaguru
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Menya ibintu bitanu byihariye kuri Isacco, umuhanzi w’umunyarwanda umaze kwigarurira imitima ya benshi iburayi(VIDEO)

0

Umuhanzi w’umunyarwanda ISACCO ukorera umuziki i Paris mu gihugu cy’Ubufaransa ni umwe mu bahanzi bo mu Rwanda bari kwigaragaza cyane ku mugabane w’Iburayi ariyo mpamvu twahisemo kukubwira ibintu bitanu ukwiye ku menya kuri uyu musore, unafite indirimbo nshya.

Murwanashyaka Isaac uzwi nka ISACCO uyu mwaka wa 2024 awutangiranye imbaraga zidanzwe bitewe n’indirimbo yashyize hanze yise “On s’amuse” akaba ari nayo yitiriye alubumu ye.

ISACCO uyu mwaka wa 2024 awutangiranye imbaraga zidanzwe

Iyi ndirimbo ya Isacco ni imwe muzigezweho cyane mugace atuyemo i Paris, Uretse mu Bufaransa, iyi ndirimbo irikugarukwaho cyane muri East Africa byumwihariko mugihugu cya Kenya.

Iyi ndirimbo nshya ya Isacco avugako ari indirimbo yashyizemo imbagara nyinshi bitewe nizindi ndirimbo yari asanzwe akora aho avugako irimo udukoryo twinshi.

REBA AMASHUSHO

Ibintu bitanu ukwiye kumenya kuri Isacco.

1. Mu mwaka wa 2016 Nibwo Isacco yatwaye igihembo cye cyambere cy’umuhanzi mwiza w’umugabo muri Diaspora i Burayi ( best male artist in the diaspora 2016) icyo gihe yari afite indirimbo yakunzwe cyane yitwa “Nonaha”.

2. Mu mwaka wa 2017 Isacco yatwaye igihembo cy’umuhanzi mwiza w’umunyafurika wahize abandi iburayi ( Best African Diaspora 2017 )

3. Mu mwaka 2018 wari umwaka udasanzwe kuri Isacco ubwo yashyiraga hanze indirimbo yakunzwe cyane yise “Cheza” iyi ndirimbo yamukoreye amateka bituma atangira gutambuka mubinyamakuru mpuzamahanga bikorera iburayi harimo RADIO na TV bikorera muri DIASPORA byatumye atumirwa mubiganiro bya TRACE TV, RADIO AFRICA , RADIO RFI, RADIO ESPACE FM , BBLACK TV nibindi.

Kubera gukundwa cyane byatumye Isacco atangira gutumirwa mubitramo bikomeye ataramira abakunzi be muri SALLES zikaze nka ZÉNITH DE PARIS, OLYMPIA , ÉLYSÉES MONTMARTE, DOCK PULLMAN naza DOCK EIFFEL .

4. Umwaka wa 2020 ntabwo wabaye umwaka mwiza kuri Isacco kubera icyorezo cyari cyugarije isi cya COVID19, uyu muhanzi avugako nubwo atari yorohewe yabyitwayemo neza cyane ndetse ntiyigeze ahagarika gukora kuko aribwo yakoze indirimbo yise “Urampagije” hamwe niyo yise “Zunguza” yakoranye n’icyamamare cyo muri GUINÉE, Lil Saako.

5. Mu mwaka 2022, Isacco yongeye kwandika amateka yegukana igihembo cy’umuhanzi mwiza w’umwaka muri Diaspora iburayi ( best diaspora artist 2022 )

Isacco afite inzoga z’amashampanye yitiriwe

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

ibyo wamenya kuri Trey Nyoni wakoze amateka yo kuba umukinnyi ukiri muto ukiniye Liverpool muri FA Cup batangiye kumwitirira u Rwanda

0

Nyuma y’uko umwana w’imyaka 16, Trey Nyoni akiniye umukino wa mbere Liverpool ku mbuga nkoranyambaga hirya no hino abantu batangiye kugenda bamwitirira ibihugu bya bo birimo n’u Rwanda ko ari ho akomoka.

Ku wa Gatatu w’iki cyumweru Trey Nyoni yinjiye mu kibuga ku munota wa 77 asimbura mu mukino wa FA Cup Liverpool yatsinzemo Southampton 3-0. Akaba yarahise aba umukinnyi ukiri muto ukiniye Liverpool muri FA Cup.

Uyu mukinnyi wageze muri Liverpool 2023, hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga yatangiye kwiyitirirwa n’ibihugu byinshi birimo Malawi, Tanzania, Zambia, Botswana ndetse n’u Rwanda ngo kuko izina Nyoni ryumvikana nk’izina ry’Ikinyarwanda.

Trey Nyoni yavutse tariki ya 30 Kamena 2007, avukira mu Bwongereza ku babyeyi bo muri Zimbabwe

Gusa iyo ugiye gusoma usanga aba bose bamwiyitirira ntaho bahuriye kuko avuga ku babyeyi bo muri Zimbabwe.

Trey Nyoni yavutse tariki ya 30 Kamena 2007, avukira mu Bwongereza ku babyeyi bo muri Zimbabwe, bivuze ko yemerewe kuba yakinira ikipe y’igihugu y’u Bwongereza na Zimbabwe.

Uyu mwana akaba akina mu kibuga hagati asatira, yasinyiye Liverpool muri Kanama 2023 avuye muri Leicester City yari amazemo imyaka 10.

Trey akaba yaramaze gukinira ikipe y’igihugu y’u Bwongereza y’abatarengeje imyaka 16 mu mukino wa gicuti batsinzemo Italy 3-2 aho yatsinze igitego akanatanga umupira wavuyemo igitego.

Trey Nyoni yinjiye mu kibuga ku munota wa 77 asimbura mu mukino wa FA Cup Liverpool yatsinzemo Southampton 3-0.

 

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Umuhanzi Yannick Noah yaje mu Rwanda

0

Umuhanzi Yannick Noah wahoze ari umukinnyi ukomeye w’umukino wa Tennis yageze mu Rwanda mu gicuku cyo kuri uyu Kane tariki ya 29 Gashyantare 2024.

Noah yatumiwe nk’umushyitsi w’imena mu Irushanwa ‘ATP Challenger 50 Tour’ riri kubera mu Mujyi wa Kigali.

Umufaransa ,Yannick Noah yabaye umukinnyi ukomeye wa Tennis aho yegukanye irushanwa rya Grand Slam riri mu marushanwa 4 akomeye muri Tennis, mu 1983 yegukana Roland Garros ndetse yongera kuyegukana mu 1984 mu bakina ari babiri.

Noah ntabwo ari muri Tennis gusa kuko no mu muziki ntabwo yahatanzwe, hari n’abantu benshi bamuzi mu muziki gusa nko mu ndirimbo Les Lionnes na Mon El Dorado n’izindi.

ATP Challenger 50 Tour ni irushanwa rihuza abakinnyi ba Tennis babigize umwuga riri kubera mu Rwanda guhera tariki ya 26 Gashyantare kugeza ku ya 10 Werurwe 2024.

Iryo rushanwa riri muri atanu ategurwa n’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Tennis ku Isi.

Ku nshuro ya mbere riri gukinirwa muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara, ku bibuga bya IPRC-Kigali.

Ni irushanwa ryitabiriwe n’abakinnyi 60.

Umukinnyi uzitwara neza muri “ATP Challenger 50 Tour” azaba afite amahirwe yo kugera mu bakinnyi 100 ba mbere beza ku Isi no gukina amarushanwa ya ATP Tour na ‘Grand Slam’.

Noah yatumiwe nk’umushyitsi w’imena mu Irushanwa ‘ATP Challenger 50 Tour’ riri kubera mu Mujyi wa Kigali.
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Paul Pogba yahagaritswe mu mupira w’amaguru imyaka ine

0

Abakuriye umupira w’amaguru mu Butaliyani bahagaritse umukinnyi Paul Pogba imyaka ine adakina nyuma y’uko basanze yarakoresheje ibiyobyabwenge.

Pogba ukinira Juventus de Turin bamupimye nyuma y’umukino wa mbere wa shampiyona ikipe ye yakinnye na Udinese mu kwa munani umwaka ushize.

Umushinjacyaha w’ishami rirwanya ibiyobyabwenge mu bakinnyi mu Butaliyani niwe wamusabiye guhanwa, igihano cyemejwe uyu munsi, nk’uko bivugwa n’ikinyamakuru La Republica cyo mu Butaliyani.

Inzobere ziravuga ko Pogba – uzagira imyaka 31 mu kwezi gutaha – ibyo gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga ubu bishobora kuba birangiye kuri we.

Paul Pogba imyaka ine adakina nyuma y’uko basanze yarakoresheje ibiyobyabwenge
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Inteko Ishingamategeko ya Ghana yemeje igifungo cy’imyaka itatu ku muntu wese uzagaragaraho ko ari umutinganyi

0

Inteko Ishingamategeko ya Ghana yemeje umushinga w’itegeko mushya ushyiraho igihano cyo gufungwa kugeza ku myaka itatu ku muntu uwo ari we wese uhamwe no kuvuga ko ari umutinganyi.

Uwo mushinga w’itegeko unashyiraho igihano cyo kuba wafungwa kugeza ku myaka itanu igihe uhamwe no gushinga cyangwa gutera inkunga amatsinda y’abatinganyi, banazwi nk’aba LGBTQ+.

Abadepite bashwishurije amagerageza yo gutuma igifungo gisimbuzwa imirimo nsimburagifungo no gutanga ubujyanama.

Iki ni cyo kimenyetso cya vuba aha kigaragaye cyo kurwanya uburenganzira bw’abatinganyi muri iki gihugu gikomeye ku mahame ya kera cyo muri Afurika y’uburengerazuba.

Uwo mushinga w’itegeko, wari ushyigikiwe n’amashyaka abiri akomeye muri Ghana, uzakurikizwa gusa ari uko Perezida Nana Akufo-Addo awushyizeho umukono ugahinduka itegeko. Mbere, yavuze ko ibyo azabikora ari uko benshi mu Banya-Ghana bashatse ko abikora .

Imibonano y’abatinganyi isanzwe inyuranyije n’amategeko muri Ghana – ihanishwa gufungwa imyaka itatu.

Mu kwezi gushize, umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu Amnesty International waburiye ko uwo mushinga w’itegeko “uteje inkeke zikomeye ku burenganzira n’ubwisanzure by’ibanze” by’abatinganyi.

Impirimbanyi zifite ubwoba ko ubu hagiye kubaho guhiga bukware abatinganyi n’abaharanira uburenganzira bw’abatinganyi, ndetse zivuga ko bamwe bizaba ngombwa ko bihisha.

Umukuru w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rirwanya SIDA (UNAIDS), Winnie Byanyima, na we yunze mu ry’izo mpirimbanyi, agira ati”Niba umushinga w’itegeko ku mibonano mpuzabitsina y’abantu n’indangagaciro z’umuryango muri Ghana uhindutse itegeko, bizahuhura ubwoba n’urwango, bishobora guteza urugomo kuri bagenzi babo b’Abanya-Ghana.”

“Kandi bizagira ingaruka mbi ku bwisanzure bwo kuvuga icyo umuntu atekereza, ubwisanzure bwo kujya aho ushaka n’ubwisanzure bwo kujya mu ishyirahamwe.”

Byanyima yongeyeho ko uwo mushinga w’itegeko “watambamira kugera kuri serivisi zirokora ubuzima” ndetse “ugashyira mu kaga iterambere Ghana yagezeho”.

Uwo mushinga w’itegeko unasabira igifungo kigera ku myaka 10 umuntu uwo ari we wese ukora ubukangurambaga bw’abatinganyi bugenewe abana.

Uwo mushinga w’itegeko unashishikariza abaturage kumenyesha abategetsi uwo bazi ko ari umutinganyi kugira hakorwe “igikorwa cya ngombwa”.

Abadepite bavuze ko uwo mushinga w’itegeko wateguwe kubera ifungurwa ry’ikigo cya mbere muri Ghana cy’abatinganyi, mu murwa mukuru Accra, muri Mutarama mu 2021.

Polisi yafunze icyo kigo nyuma y’imyigaragambyo y’abaturage, n’igitutu cy’imiryanyo y’amadini n’abategetsi gakondo bo muri iki gihugu cyiganjemo abakristu.

Icyo gihe, akanama ka gikristu ka Ghana n’akanama ka Ghana ka Pantekote na Karisimatike (Ghana Pentecostal and Charismatic Council), basohoye itangazo bahuriyeho bavuga ko kuba umutinganyi “ntibiri mu muco wa Ghana n’indangagaciro y’umuryango kandi, kubera iyo mpamvu, abaturage b’iki gihugu ntibashobora kubyemera”.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748