Home Blog

Ishimwe Vestine uririmbana na Dorcas yasezeranye mu mategeko mu birori byagizwe ibanga rikomeye

0

Ishimwe Vestine uririmbana na Dorcas yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we bagiye kubana nk’umugore n’umugabo mu muhango wabereye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo.

Vestine yasezeranye n’umusore ukomoka muri Burkina Faso nk’uko amakuru atugeraho abihamya

Uyu muhango wabereye imbere y’umwanditsi w’irangamimerere kuri uyu wa 15 Mutarama 2025.

Muri uyu muhango nta muntu n’umwe wari wemerewe gufata amashusho cyangwa amafoto nk’itegeko ryatanzwe n’abareberera inyungu z’uyu muhanzikazi muri muzika.

Amakuru twamenye ni uko mbere yo gusezererana mu mategeko hara habanje umuhango wo gufata irembo wabaye ku wa mbere tariki 6 Mutarama 2025.

Uyu muhango wo kuri uyu wa Gatatu watumiwemo abantu bake cyane barimo abareberera inyungu z’umuhanzi Vestine banzuye ko nta n’umwe wemerewe gufata amashusho cyangwa amafoto kugira ngo umunezero w’uyu muhango utayoborwa n’ibikorwa bya buri wese.

Uyu mukobwa uzwi mu Rwanda kubera indirimbo ze zakunzwe cyane mu minsi yashize ni umwe mu bakunzwe cyane n’abatari bake mu muziki wo kuramya Imana.

Ishimwe Vestine uririmbana na Dorcas yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we bagiye kubana nk’umugore n’umugabo

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

VIDEO : ALIK BULAN UTANGA ICYIZERE MU BAHANZI BAKORERA MURI DIASPORA, YASHYIZE HANZE INDIRIMBO NSHYA

0

Ishimwe Manoa usigaye akoresha amazina ya Alik Bulan mu muziki, yatangiye umwaka ashyira hanze indirimbo nshya yise “Sad Feelings”.

Uyu musore kuri ubu uri mu bahanzi bakorera muzika hanze y’u Rwanda batanga icyizere cyo kuzagera kure, yashyize hanze indirimbo nshya igaruka ku nkuru y’ibyiyumviro benshi bahisha iyo bakumbuye abo bakunda mu gihe batandukanye batabishaka.

Ishimwe Manoa usigaye akoresha amazina ya Alik Bulan mu muziki

Ni indirimbo ifite umwihariko utandukanye n’izindi uyu musore yari asanzwe akora, uretse kuba icurangitse neza ifite n’umwihariko wo kugira amashusho meza ari ku rwego mpuzamahanga.

Nubwo iyi ariyo ndirimbo yambere Alik Bulan ashyize hanze muri uyu mwaka wa 2025, avuga ko ari integuza ku bakunzi be kuko arimo kubategurira album izaba igizwe n’indirimbo ziryoheye amatwi yabo.

Ati “Abakunzi ba Alik Bulan mubabwire ko aribwo dutangiye, bitegure kuko imiziki iri imbere niyo myinshi kandi myiza na album iri mu nzira”.

Indirimbo “Sad Feelings” isohotse ikurikiye izindi nka “Bend Rmx” yakoranye na Vex Prince n’iyitwa “Chanella” zose ziboneka ku rubuga rwa YouTube rwa Alik Bulan.

Reba hano amashusho y’indirimbo nshya “Sad Feelings” ya Alik Bulan

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Beyoncé yahaye inkunga ya miliyoni 2,5$ imiryango yo muri Los Angeles yagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro

0

Beyoncé Knowles-Carter abinyujije mu muryango yashinze wo gufasha witwa BeyGOOD, yahaye inkunga ya miliyoni 2,5$ imiryango yo muri Los Angeles yagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro imaze iminsi yibasiye uyu mujyi.

Imiryango izafashishwa aya mafaranga ni ikomoka mu duce tubiri twa Los Angeles twashegeshwe kurusha utundi aritwo Altadena na Pasadena, twibasiwe kuva ku wa 7 Mutarama 2025 iyi nkongi y’umuriro yatangira.

Uretse gutanga aya mafaranga, uyu muryango wa Beyoncé uzanatanga ubufasha burimo ibiribwa n’ibikoresho by’isuku ku nsengero n’izindi nzu ngari zakiriye abantu basenyewe badafite aho bari kuba.

BeyGood ya Beyonce yitanze aya mafaranga mu gihe izindi sosiyete zikomeye mu muziki na sinema zirimo Warner Music, Paramount, Walt Disney nazo ziherutse gutanga ubufasha ku bantu basenyewe n’iyi nkongi.

Kugeza ubu abantu 24 nibo bamaze gutakariza ubuzima muri iyi nkongi, inyubako zirenga 12,000 zarakongotse naho abantu ibihumbi n’ibihumbi bamaze guhunga uduce tugize Leta ya California.

Beyoncé yahaye inkunga ya miliyoni 2,5$ imiryango yo muri Los Angeles yagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Umuhanzi Passy Kizito wahoze mu itsinda rya TNP yakoze ikizamini kimwinjiza mu itangazamakuru nk’umunyamakuru

0

Umuhanzi Passy Kizito wahoze mu itsinda rya TNP, ubu akaba yikorana ku giti cye, ashobora gukora umwuga w’itangazamakuru kuri imwe muri Radio zo mu Rwanda.

Uyu muhanzi uherutse gushyira hanze indirimbo yise ‘Golo’ ikanakundwa n’abatari bacye, ari ku rutonde rw’abatsindiye imyanya y’abakozi nk’abanyamakuru kuri Radio ya Magic FM, ibarizwi mu bitangazamakuru by’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA.

Uku gutsinda ikizamini muri RBA, bigaragazwa n’inyandiko yerekana abatsindiye imyanya ya Producer na Presenter, aho Passy [Kizito Pascal] ari afite amanota 79%.

Passy aza kuri uyu mwanya akurikira uwitwa Uwingabire Annick, we ufite 80%, ku mwanya wa gatatu hakazaho uwitwa Sebushishi Beaugard na Migambi Gilbert, bombi basanzwe muri iki Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru.

Passy Kizito ntiyakunze kumvikana mu mwuga w’Itangazamakuru cyane, uretse kuba yarigeze gukora kuri Radio na TV1 ariko ntiyahatinze kuko yahise arisezera asubira muri muzika.

Nubwo atakunze kumvikana akora uyu mwuga w’itangazamakuru, ni wo yize, dore ko anafite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu Itangazamakuru.

Aramutse yinjiye muri uyu mwuga, yaba abaye umwe mu bahanzi banakora Itangazamakuru, barimo n’abafite amazina akomeye, nk’umunyamakuru Uncle Austin, Yago Pon Dat, ndetse na Andy Bumuntu we uherutse gutandukana n’igitangazamakuru yari amazeho imyaka ibiri.

Umuhanzi Passy Kizito wahoze mu itsinda rya TNP
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

ABANTU BENSHI NTABWO BIYUMVISHA UBURYO KAMIMBA NA SOLEIL BATARI MUMUNYENGA W’URUKUNDO

0

Uwase Orthance na Mazimpaka Wilson, Aba bombi bamamaye muri Filime ya Bamenya, abakunzi babo bifuza ko babana nk’umugore n’umugabo, kanimba na Soreli bo bavugako ari ibya filime nta rukundo rw’abazabana rurimo.

Umukunzi wabo Yvette yagize ati “Ndabikundira pe❤️❤️❤️❤️ntegereje kuzabona inzozi zasohoye umwe Ari queen undi King”

Innocent nawe ati “Arko mukuri muzabanep ndabibifurije muraberanye sana”

Uyu nawe ati “Aba bantu baraberanye pee mushatse mwoduha igikwe pee”

Rachel nawe ati “Ukomukereza abana kwishuri Niko amafrang yishuri yiyongera”

Uwitwa Salama nawe ati “Mbona nuberanye koko mwazabanye nkumugore numugabo kweli icyo gikwe nzagitaha😍😍🔥🔥🔥❤️”

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Miss Jolly Mutesi mubakurikiye umukino Arsenal yasezerewemo na Manchester United

0

Miss Jolly Mutesi wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2016, ni umwe mu bakurikiye umukino w’ijonjora rya gatatu rya FA Cup Arsenal yasezerewemo na Manchester United (Man-U) y’abakinnyi 10, iyitsinze penaliti 5-3 nyuma yaho amakipe yombi anganyije igitego 1-1 mu minota 120 y’umukino.

Uyu mukino wabaye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 12 Mutarama 2025, kuri Emirates Stadium iherereye i Londres mu Bwongereza.

Muri uyu mukino, Manchester United ni yo yatangiye neza Kapiteni Bruno Fernandez ku munota 52 ku mupira yahawe na Alejandro Garnacho.

Ku munota wa 61’ Diego Dalit wa Manchester United yahawe ikarita ya kabiri y’umuhondo ibyara itukura.

Nyuma y’iminota ibiri gusa ku munota wa 63’ Arsenal yishyuye igitego gitsinzwe na Myugariro Gabriel Magalhes.

Iminota 90 y’umukino yarangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1 hongerwa iminota 30 y’inyongera na yo irangira nta gihindutse hitabazwa penaliti.

Manchester United yatsinze Penaliti 5 Arsenal itsinda 3 bituma y’ikipe y’umutoza Ruben Amorin ikomeza mu ijonjora rya Kane aho izahura na Leicester City.

Arsenal FC ni imwe mu makipe afitanye imikoranire na Leta y’u Rwanda binyuze muri Gahunda ya ‘Visit Rwanda’, aho iyi kipe yamamaza ubukerarugendo bwarwo.

Uko andi amakipe azahura mu ijonjora rya Kane rya FA Cup:

Brighton vs Chelsea

Everton VS Bournemouth

Aston Villa VS Tottenham

Plymouth vs Liverpool

İyi mikino iteganyijwe tariki 8-9 Gashyantare 2025.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Kiliziya Gatolika yatangaje ko abagabo bafite ibyiyumvo byo kuryamana n’abo bahuje ibitsina bemerewe kuba abapadiri

0

Kiliziya Gatolika y’u Butaliyani yatangaje ko abagabo bafite ibyiyumvo byo kuryamana n’abo bahuje ibitsina bemerewe kuba abapadiri, igihe cyose bemeye gukomeza kuba ingaragu no kwirinda gukwirakwiza iyi myemerere yabo ku bijyanye n’imibonano mpuzabitsina.

Ni icyemezo cyatangajwe n’Inama y’Abepisikopi yo mu Butaliyani, ndetse cyemerwa na Vatican nk’icyicaro gikuru cya Kiliziya.

Iyi nyandiko yemejwe n’Inama y’Abepisikopi b’Abataliyani (CIE) mu Ukwakira kwa 2024, gusa Vatican yabyemeje ku wa 9 Mutarama 2025, aho igiye kwifashishwa mu gihe cy’imyemerere y’igerageza cy’imyaka itatu.

Iyi nyandiko ivuga ko “abantu bafite imyumvire y’abaryamana bahuje ibitsina” bashaka kwinjira mu batoranyijwe kuba abapadiri bagomba kwiyemeza kubaho badashaka nk’uko n’abandi basore bemera kudashaka abagore.

Ikomeza ivuga ko usaba kujya mu Iseminari adashobora kubyangirwa kubera ko gusa afite ibyiyumvo byo kuryamana n’abo bahuje ibitsina, igihe cyose yaba yahisemo gukomeza kuba ingaragu.

Kiliziya yatangaje ko iki cyemezo kitavuguruza icyari gisanzweho cyo kutemerera abaryamana n’abo bahuje ibitsina kuba abapadiri, ahubwo ko gishimangira ko abasore bafite ibyumvo byo kuryamana n’abo bahuje ibitsina ariko bakaba barahisemo kwifata no kudashaka nabo bashobora kwakirwa.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

FC Barcelona yavuye inyuma inyagira Real Madrid ibitego 5-2

0

FC Barcelona yavuye inyuma inyagira Real Madrid ibitego 5-2, mu mukino wa nyuma w’Igikombe cya Supercopa de España wabereye muri Arabie Saoudite ku Cyumweru, tariki ya 12 Mutarama 2025.

Uyu wari umukino w’imbaraga ku mpande zombi kuko aya makipe y’amakeba, yongeye kubura ihangana ryayo ryahozeho kuva mu 1902 ubwo aya makipe yahuraga bwa mbere.

Ku munota wa gatanu gusa w’uyu mukino, Kylian Mbappe yari yamaze gufungura amazamu ku gitego yatsinze amaze gucenga ubwugarizi bwa FC Barcelone kugeza ku munyezamu Wojciech Szczęsny.

Ntibyatinze ku wa 22, Lamine Yamal yishyura iki gitego nyuma y’umupira mwiza yaherejwe na Robert Lewandowski, wanatsinze icya kabiri kuri penaliti yabonetse ku munota wa 36.

Igitego cya gatatu cya FC Barcelona cyagiyemo ku munota wa 39 gitsinzwe na Raphinha, umukino wongerwaho iminota icyenda ku gice cya mbere yanabonetsemo icya kane cyinjijwe na Alejandro Balde.

Igice cya kabiri cyabonetsemo igitego cya gatanu cyatsinzwe na Raphinha wabaye umukinnyi mwiza muri uyu mukino, ndetse n’ikarita itukura yeretswe umunyezamu wa FC Szczęsny wakoreye ikosa Mbappe.

Mu guhana iri kosa Rodrygo yateye ‘coup franc’ yari hafi y’urubuga rw’amahina, ahita ayishyira mu rucundura, Real Madrid ibona igitego cya kabiri ari na cyo cya nyuma cyabonetse mu mukino.

Gutsinda Real Madrid byahesheje FC Barcelone Igikombe cya Supercopa de España, kikaba icya 15 yegukanye.

Iki ni cyo gikombe cya mbere Hansi Flick ahesheje FC Barcelona kuva yayigeramo muri Gicurasi 2024.

Uyu wabaye umukino wa gatatu wikurikiranya FC Barcelone itsinze Real Madrid nyuma y’uheruka wa Shampiyona yayinyagiye 4-0, ndetse n’uwa gicuti wabonetsemo ibitego 2-1.

Andi makipe yari yitabiriye iri rushanwa rya Supercopa de España harimo Mallorca ndetse na Athletic Club zavuyemo mu mikino ibanza.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Dr. Silas Kanyabigega adresses the Power of Social Media in Modern Evangelism

0

Dr. Silas Kanyabigega’s insights into the role of social media in modern evangelism shed light on a transformative trend reshaping the way the Gospel is shared. A respected theologian and advocate for innovative ministry approaches, Dr. Kanyabigega has dedicated his career to exploring effective ways to bridge traditional teachings with contemporary platforms. His emphasis on the use of digital tools for outreach underscores the Church’s mission to remain relevant and impactful in a rapidly changing world. In an era defined by digital connectivity, social media platforms have emerged as powerful tools for reaching and engaging audiences far beyond the confines of traditional ministry.

Expanding Reach Beyond Borders

One of the most significant advantages of social media is its unparalleled ability to transcend geographical boundaries. Platforms like Facebook, Instagram, Twitter, and YouTube enable churches, ministries, and individual believers to share the message of Christ with people from diverse cultural, linguistic, and social backgrounds. This global reach ensures that the Good News can touch lives in the most remote corners of the world, breaking down barriers that once hindered missionary efforts. For example, a single live-streamed sermon can be viewed by thousands of people across multiple continents. Similarly, a Bible verse or devotional shared on Instagram can inspire followers in countries where physical copies of the Bible are scarce or restricted.

Engaging a Diverse Audience

Social media allows evangelists to tailor their messages to resonate with different demographic groups. From youth-focused content on TikTok to in-depth theological discussions on Twitter, ministries can craft content that appeals to specific audiences. By understanding the preferences and behaviors of their followers, evangelists can create relatable and impactful messages. Interactive features such as comments, direct messaging, and polls also foster two-way communication, enabling ministries to address questions, provide spiritual guidance, and build genuine relationships. This dynamic engagement helps create a sense of community among believers and seekers alike.

Innovating Evangelism

Social media platforms encourage creativity in delivering the Gospel. Ministries can leverage tools such as videos, podcasts, infographics, and live events to present Biblical teachings in fresh and engaging ways. For instance, YouTube channels dedicated to Bible studies or Christian apologetics attract viewers who prefer visual or auditory learning over traditional reading methods.

Moreover, platforms like Instagram and Pinterest are ideal for sharing visually compelling content, such as inspirational quotes, testimonies, and artwork that reflect Christian values. Such creative expressions of faith can capture the attention of those who might not engage with conventional church services.

Addressing Challenges

While social media offers immense opportunities for evangelism, it also presents challenges. The vastness of the digital space can make it difficult to ensure that messages are reaching the right audience. Additionally, the rise of misinformation and divisive content requires ministries to be vigilant about the authenticity and tone of their communications. To navigate these challenges, churches and evangelists must invest in digital literacy and strategic planning. Training programs for ministry leaders on effective social media use can help optimize their efforts while maintaining a focus on authenticity and compassion.

Building a Digital Mission Field

The potential of social media in modern evangelism cannot be overstated. It is a digital mission field ripe for harvest, offering unprecedented opportunities to share the transformative message of Jesus Christ. By embracing these platforms with purpose and creativity, the Church can continue to fulfill the Great Commission in ways that resonate with the digital generation.

Dr. Kanyabigega’s emphasis on leveraging social media reminds us that the Gospel message remains timeless, even as the methods of sharing it evolve. By adapting to the digital age, the Church can ensure that the light of Christ shines brightly in every corner of the virtual and physical world.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Producer Laser Beat usanzwe atunganya umuziki yatangiye kuririmba ashyira hanze indirimbo yifuriza abantu iminsi mikuru

0

Producer Lase Beat umwe mubataunganya indirimbo umaze kwamamamara cyane hano mu Rwanda, yatangiye urugendo rushya nk’umuhanzi aho azajya abifatanya no gukora indirimbo z’abandi bahanzi.

Laser Beat washinze akaba n’umuyobozi w’inzu itunganya muzika ya THE BEAM ENTERTAINMENT yatangiye urugendo rushya nk’umuhanzi ashyira hanze indirimbo nshya yise “Merry Christmas & Happy New Year”

Uyu musore yatangiriye ku ndirimbo yo kwifuriza abantu iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani.

Mu kiganiro Laser Beat yagiranye n’ikinyamakuru, Ibyamamare yahamijeko atangiye urugendo rushya rwo kuririmba ndetse akazajya abifatanya no gutunganya indirimbo nkuko yari asanzwe abikora.

Laser Beat washinze akaba n’umuyobozi w’inzu itunganya muzika ya THE BEAM ENTERTAINMENT

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748