Home Blog

Umwihariko wa Relax Bar & Restaurant iri guhiga izindi mu mujyi rwagati

0
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Ibiryo ni kimwe mu byingenzi umubiri ukenera kugirango ubeho, kurya neza no kurira ahantu heza birajyana kuko bikurinda guhora kwa muganga. Relax Bar & Restaurant ni hamwe mu hantu heza mu mujyi wa Kigali rwagati wafatira amafunguro aryoshye kandi yuzuye intungamubiri.

Relax Bar & Restaurant iherereye mu gace kubucuruzi kazwi nka ‘Cartier Mateusi’ mu mujyi wa Kigali rwagati mu nyubako yitwa Florida house muri ETAJE ya KANE.

Muri RELAX BAR and RESTAURANT usangamo ibyo kurya wifuza byose

Uretse kuba ufata amafunguro wiyumvira akayaga, Relax ifite umwihariko wuko uhasanga amafunguro y’ubwoko bwose kandi ku biciro byoroheye buri wese bikajyana n’uburyohe bw’amafunguro atekwa n’abatetsi b’abiminuje.

Muri Relax Restaurant bimakaje umuco w’isuku dore ko guhera mu gikoni kugeza aho amafunguro afatirwa haba hera umunota ku wundi.

Nyuma yo gufata amafunguro muri Relax bafite n’akabari kagezweho aho ushobora kwica akanyota cyangwa ukahasohokera uri kumwe n’abawe. Mu minsi ya weekend haba hari abanyamuziki batandukanye bagufasha gususuruka ugacinya akadiho mu kabyiniro keza kajyanye n’igihe.

Abafite amakwe, amasabukuru n’indi minsi mikuru itandukanye, Relax ibasanga aho muri ikabazanira amafunguro meza bizwi nka ‘Out-side catering’ kandi ku biciro biri hasi.

Wifuza gukora komande cg kubahamagara ngo bagusangishe amafunguro aho uri wahamagara kuri 0793903988 cyangwa 0788509852.

Muri RELAX BAR and RESTAURANT iyo uhageze bakwakirana yombi kuko umukiriya ari umwami
Ibyo KUNYWA biba bihari kubwinahi

Yemi Alade yahamijeko atazigera yiyambika ubusa cg ngo yivugeho inkuru mbi kugirango akunde avugwe, ati iyo ni imyumvire y’abahanzi baciriritse

0
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria Yemi Alade, yahishuye uburyo ayoboye mu myidagaduro mu gihe adakunze kugaragara mu makimbirane abarizwa mu myidagaduro.

Abakurikiranira hafi amakuru y’imyidagaduro (Showbiz) bakunze kugaruka cyane ku kintu kijyanye n’amakimbirane hagati y’ibyamamare bitandukanye aho abenshi usanga banavuga ko ari yo acuruza cyangwa akinjiriza ba nyirayo abazamurira umubare w’ababakurikira ku mbuga nkoranyambaga ndetse no kuzamura ubwamamare bwabo, ibintu Yemi Alade avuga ko atari byo kandi bidakwiye.

Alade asanga itangazamakuru ndetse n’ibyamamare badakwiye guha umwanya ibintu biteza amakimbirane mu bantu kurusha ibyabahuza.

Uyu muhanzikazi ukunze kuvugwaho ko ari umwamikazi w’ijwi ryiza, avuga ko kimwe mu bimufasha ari uko atemerera ibitekerezo by’abantu kumugeraho ngo bimuyobore.

Ibyo Alade yabitangaje ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru tariki ya 18 Nyakaga 2024, i Lagos nyuma y’uko habayeho igikorwa cyo kumva umuzingo we mushya (Album) witwa Rebel Queen.

Alade avuga ko ikimufasha kutijandika mu makimbirane akunda kurangwa mu myidagaduro, ari uko akenshi atajya yemera kuyoborwa n’ibitekerezo by’abandi.

Yavuze ati: “Ntabwo nkunda gutinda cyane ku bintu bitagenda neza, mbaho ubuzima bwanjye kuko ni bwo bwonyine nzabaho, iyo mbonye cyangwa nkumva ikintu kitanshimishije ndabyirengagiza nkakomeza ubuzima, kuko buri wese afite uburenganzira ku bitekerezo bye.”

Akomeza avuga ko abona nta mpamvu n’imwe yamutera kwisobanura ku bintu bimuvugwaho ku mbuga nkoranyambaga.

Ati: “Ntabwo nakwirirwa nisobanura ku bintu bitari byo navuzweho kuko naba ndimo guta igihe, impamvu mbona guceceka nk’umuti ni uko nta muntu unzi kurusha uko niyizi, mbaye nzi ko ibyamvuzweho ari ibinyoma biba bihagije, abandi babisobanukirwa gahoro gahoro kandi n’undi wamvuze nabi cyangwa wampemukiye ntabwo ari undi wo kubimenyera ndabyikurikiranira.”

Yemi Alade aherutse gukoresha ibirori byahuriyemo inshuti n’abavandimwe kugira ngo batege amatwi umuzingo mushya we yise Rebel Queen byabaye tariki 4 Nyakanga 2024 bibera i Lagos.

Alade avuga ko ikimufasha kutijandika mu makimbirane akunda kurangwa mu myidagaduro, ari uko akenshi atajya yemera kuyoborwa n’ibitekerezo by’abandi.

Menya ibiribwa 10 wafata mu gitondo bigatuma wirirwana akanyamuneza kandi ufite imbaraga

0
Fresh vegetable salad with grilled meat and avocado ,generative artificial intelligence
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Gufata amafunguro arimo intungamubiri ni kimwe mu by’ingenzi abantu baba bagomba kwitaho ngo bagire ubuzima bwiza ku mubiri no mu mutwe. Guhora ufata amafunguro arimo intungamubiri umubiri ukeneye ku rugero rukwiye bifasha umuntu kumva amerewe neza, ariko hakaba indobanure y’amafunguro yongerera uyafata akanyamuneza n’imbaraga.

Ni ibiribwa bigizwe na vitamini zihariye zirimo n’imyunyungugu bifite ubushobozi bwo gutanga imbaraga ku mubiri no gutuma havubura imisemburo ituma umererwa neza.

Muri iyi nkuru turagaruka ku biribwa 10 byafasha umubiri w’umuntu wacitse intege ukagarura imbaraga ndetse n’ubwonko bwe bugakora neza.

 ‘Dark Chocolate’

Ubushakashatsi bugaragaza ko Chocola ifite ubushobozi bwo kongera umusemburo wa Endorphin ufasha umubiri gusubira mu bihe byiza nk’ibyishimo, kugabanya umunaniro, umuhangayiko n’ibindi.

Ubwasohotse muri Journal of Psychopharmacology bugaragaza ko abantu babukoreweho barya shokora zijimye bagaragaragaho ibyishimo n’akanyamuneza.

Imineke

Umuneke ukungahaye ku ntungamubiri nyinshi zirimo vitamine B6 ifasha mu kuvuburwa kw’imisemburo imwe n’imwe nka dopamine na serotonine igira uruhare kuzamura ibyishimo.

Umuneke kandi ni rumwe mu mbuto zifite ubushobozi bwo kohereza glucose ikenewe mu maraso bituma uwawuriye ahorana imbaraga.

Oats

Kurya iki gihingwa mu masaha ya mu gitondo bitera akanyamuneza. Imyunyungugu gikizeho irimo na Fiber ifasha urwungano ngogozi gukora ku muvuduko uringaniye bitanga imbaraga z’umubiri.

Ni isoko nziza ya vitamine zo mu bwoko bwa B zihindura ibiribwa byinjiye mu mubiri bikabyara imbaraga umuntu akenera mu buzima bwa buri munsi.

Ubushakasahtsi bwerekana ko izo mbaraga zituruka muri iki gihingwa benshi barya cyangwa bakakivanga mu bindi binyobwa zituma uwagifashwe agira akanyamuneza.

Inkeri

Ubwoko butandukanye bw’inkeri burimo Blueberries, Strawberry, Blackberry, Raspberry bukize kuri antioxidants ikenewe mu mubiri.

Ubushakashatsi bwatangajwe muri Journal of Nutritional Biochemistry bwavuze ko Antioxidantas ibonekamo ivura ibikomere mu mubiri n’umuhangayiko, agahinda gakabije ndetse n’umunaniro ikanakura uburozi mu mubiri.

Amafi

Amafi azwi nka Salmon, Macherel na Sardine akize kuri Omega 3 fatty acide. Intungamubiri ziboneka mu mafi zifasha ubwonko gukora neza zikagabanya ibimenyetso by’agahinda gakabije.

Ubusesenguzi bwatangajwe muri Translational Psychiatry bwagaragaje ko omega3 fatty acide igabanya ibyago byo kwibasirwa n’ibibazo byo mu mutwe, akaba yifitemo na poroteyine nyinshi zongera imbaraga mu ngingo.

Ubunyobwa

Ubunyobwa n’izindi mbuto nk’ibihwagari ni isoko ya poroteyine nyinshi, bikagira Fiber n’izindi vitamini zikora mu buryo butandukanye. Imyunyungugu ibibonekamo ifasha kuringaniza isukari mu mubiri, bituma imbaraga zikwirakwizwa mu mubiri mu buryo buboneye.

Ikinyabutabire cya magnessium na cyo kiri muri ibi bihingwa gifasha kurema imbaraga kinagira uruhare mu kugabanya ibimenyetso by’agahinda gakabije.

Imboga rwatsi

Imboga rwatsi zihagije kuri vitamini nyinshi zirimo na C. Ikinyabutabire cya Fer kibonekamo gifasha mu gukwirakwiza umwuka mwiza mu tunyangingo, bigatuma umunaniro ukagabanyuka.

Izi mboga zikize kuri folate ifasha ubwonko gukorana neza n’izindi ngingo ndetse no gufasha kugarura akanyamuneza.

Ibishyimbo n’amashaza

Amashaza mato, ibishyimbo n’ibindi biri mu muryango umwe biri mu bikungahaye kuri Carbohydrates na fiber.

Ibi byombi bifasha bimwe mu bice by’umubiri bikomeye nk’impyiko, imitsi y’umutima, ubwonko n’ibindi, bikongerera umubiri imbaraga.

Ikivuguto

Ikivuguto gikungahaye kuri protein na calcium byinshi. Ubushakashatsi bwasohotse muri Journal Nutritional Neuroscience bwemeza ko ikivuguto gifite intungamubiri zihangana n’ibimenyetso by’agahinda gakabije no kwiyumva nabi mu mubiri.

Green Tea

Icyayi gifite ibara ry’icyatsi kiba cyiganjemo caffeine na L-theanine byongerera umubiri imbaraga mu buryo bwihuse.

Ubushakashatsi bwasohotse muri American Journal of Clinical Nutrition bugaragaza ko caffeine na L-theanine biri mu cyayi cy’icyatsi bifasha uwumvaga atameze neza akagira akanyamuneza, akanasinzira neza.

Umugore upima ibiro 25 akomeje urugamba rwo kwiyicisha inzara ashaka kunanuka ngo agire imirere izatuma agaragara neza

0
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Mu Bushinwa, umugore ufite ibiro 25 gusa, yashyize amafoto ku mbuga nkoranyamabaga yereka abamukurikira uko ananutse ariko yemeza ko akomeje gahunda yo kurushaho kunanuka kugira ngo agaragare neza.

Uwo mugore uzwi ku mbuga nkoranyambaga ku izina rya ‘Baby Tingzi’ afite uburebure bwa Metero imwe na santimetero mirongo itandatu (1.60 cm), ariko afite ibiro 25 gusa, kandi akavuga ko akomeje gahunda yo kwinanura kurushaho.

Baby Tingzi akurikirwa n’abantu basaga ibihumbi 42 ku rubuga nkoranyambaga rwa Douyin rukora nka TikTok mu Bushinwa. Bamwe mu bafana be ntibahwema kumubwira ko batewe impungenge n’ubuzima bwe kuko babona ko buri mu kaga kubera ibyo biro bikeya ku buryo budasanzwe kandi akaba agikomeje gahunda yo kubigabanya.

Apima ibiro 25

Baby Tingzi ntajya yita kuri izo mpungenge abafana be bamugaragariza, ahubwo akomeza kwemeza ko ashaka gukomeza kugabanya ibiro kugira ngo arusheho kuba umuntu unanutse cyane kurusha abandi, yongeraho ko uko agaragara nk’unanutse bikabije nta ngaruka mbi, bifite ku buzima bwe.

Uwo mugore wabaye icyamamare ku mbuga nkoranyambaga (social media influencer), akaba aturuka i Guangzhou mu Ntara y’u Bushinwa ya Guangdong, ahora ashyira utuvidewo tumugaragaza uko arimba ndetse n’uko agaragara kandi ntacyo ibyo kumunenga biba bimubwiye.

Nyinshi muri videwo ze, Baby Tingzi yigaragaza abyina imbere ya camera, yambaye imyambaro igaragaza amaguru ye ndetse n’amaboko bigaragara ko nta nyama ziriho uretse uruhu rutwikiriye amagufa, kandi akunda kwerekana amavidewo yipima ku munzani kugira ngo yereke abafana be uko gahunda ye yo gutakaza ibiro ihagaze.

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bagize icyo bavuga ku mavidewo ya Baby Tingzi, bamwe bavuga ko yaba afite ikibazo, ndetse ko akeneye ubufasha bw’abaganga byihutirwa. Abandi bavuga ko kumubona agenda mu nzira ari nko kubona igikanka cy’umuntu kigenda cyangwa se kibyina (a walking or dancing skeleton).

Umuntu umwe yanditse ku rubuga nkoranyambaga agira ati “Birakomeye cyane gutekereza ko hari umuntu mukuru ubaho upima ibiro 25”.

Undi yanditse agira ati “Njyewe sinanatinyuka kugendagenda cyane kuko naba mfite ubwoba ko amagufa yanjye avunika”.

Undi yanditse agira ati “Ayiwe!! Mana yanjye, ni ukuri ndumva mfite ubwoba ko upfa n’ubu ngifite telefoni yanjye mu ntoki ndeba amafoto n’amavidewo yawe”.

 

Canada : Umuvugabutumwa Jotham Ndanyuzwe yegukanye igihembo cy’umwanditsi mpuzamahanga kubw’igitabo yise”Love Across All Languages”gifasha guhimdura imitekerereze ya muntu.

0
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Umuvugabutumwa akaba n’umwanditsi w’ibitabo, Ndanyuzwe Jotham, mbere Yuko ahabwa inkoni y’ubushumba akimikwa nka Pasiteri, yegukanye igihembo mpuzamahanga nk’umwanditsi mwiza abikesha igitabo yise “Love Across All Languages”

Jotham Ndanyuzwe ukorera umurimo w’ivugabutumwa mu gihugu cya Canada, yatwaye igihembo cyiswe “Best Book of the Year 2024” mu birori byabaye taliki 12 Nyakanga 2024 mugihugu cya Canada mu mujyi wa Ottawa.

N’umwanditsi akaba n’umuvugabutimwa, Jotham Ndanyuzwe yegukanye igihembo mpuzamahanga

Ibi bihembo mpuzamahanga bihabwa abanditsi bakoze ibikorwa by’indashyikirwa bitangwa n’ikigo cy’abanya-Canada yitwa:The Legacy Book Awards.

Mu kiganiro Jotham yagiranye n’ikinyamakuru Ibyamamare yavuzeko yishimiye iki gihembo yahawe kuko byamweretse ko Hari icyo igitabo yanditse cyamariye abasomyi.

Yagize ati ” Byanejeje cyane kuba igitabo nanditse cyarakiriwe neza kandi kikagira abo gihindura, cyari muri category ya psychology, personal development book nk’igitabo gifasha guhindura imitekerereze y’abantu, haba mubuzima busanzwe, imibereho yabantu uko abantu babana mubuzima bwa buri munsi”

Jotham Ndanyuzwe yashimiye abantu Bose bakomeje kumushyigikira ndetse yishimira ko yatwaye iki gihembo mugihe yitegura guhabwa inkoni y’ubushumba akimikwa nk’umupasiteri.

Yagize ati “Ndashimira abantu bose banshyigikiye natangiye kwandika ibitabo ntaziko nazagera kuri ururwego bibaye mugihe narimo nitegura ibirori bizaba taliki 3 na 4 Kanama 2024, nzahabwamo inshingano zubushumba”

abikesha igitabo yise “Love Across All Languages”

Jotham Ndanyuzwe arashimira abantu Bose bakomeje kumuba Hafi yaba mu ivugabutumwa n’ubwanditsi bw’ibitabo by’umwihariko itangazamakuru, umuryango we, inshuti n’urusengero abarizwamo.

GROUPE UBUMWE, Urubyiruko rw’abaslamu bifatanyije nabafite imyemere itandukanye niyabo muyandi madini biyemeza kujya basura abababaye bari kwamuganga, kumwaka basura abarwayi basaga 3500.

0
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

GROUPE UBUMWE ni umuryango w’urubyiruko watangiye ugizwe n’abasengera mu idini ya Islam baharanira inyungu rusange.

Uyu muryango watangiye ugizwe n’aba Islam ubu bamaze kwaguka bifatanya n’abandi bafite imyemerere itandukanye niyi dini ryabo harimo abakristu basengeta muyandi madini biyemeza kujya bafatanya gukora ibikorwa by’urukundo bibanda cyane Kujya kwa muganga basura abarwayi, gufasha abatishoboye, ipfubyi, abapfakazi,….. byumwihariko igikorwa cyo gusura abarwayi kubitaro bitandukanye bya KIBAGABAGA, RUBAVU, MUHIMA, CHUK aho ku mwaka, GROUP UBUMWE isura abarwayi barenga 3500.

Karekezi Abubakar, Ubuyobozi wa Group Ubumwe

GROUP UBUMWE yashinzwe le 01/08/2016 yitwa GROUP ISLAMU mu RWANDA ishinzwe na Karekezi Abubakar (anariwe muyobozi wayo kugeza izi saha, nyuma yaho yaje guhindura izina kuberako abenshi batayisangagamo kubera izina ryayo cg bakumvako ari iyabaslam gusa.

Mu kiganiro ibyamamare twagiranye na Karekezi Abubakar yavuzeko gufasha bidasaba kuba utunze byinshi ahubwo bisaba kugira umutima utanga kandi ugira impuhwe ukita kubababaye.

Yagize ati ”Buriwese yagira umutima wo gufasha, kuko abantu benshi bakeneye ubufasha”

Yakomeje agira ati“Uzaze kwa muganga tujyane gusura abarwayi urebe uko abantu bakeneye ubufasha, abana bakeney ubufasha bwo kwiga, abadafite aho bataha, hariyo benshi bababaye bakeneye gufashwa….”

Karekezi Abubakar avugako mubikorwa biyemeje byo gufasha bakirworwa n’amikoro kubera ubushobozi bukeya.

Yagize ati “Dufite imbogamizi nyinshi cyanee zo kuba tutabona support zo kugirango dukomeze gukora ibikorwa kuko usanga abadusaba ubufasha barenze ubushobozi dufite kandi tuba tugomba kubafasha.”

Yakomeje agira ati”muburyo bwo kuba GROUP UBUMWE yarushaho kuba nziza ndetse turimo kureba uburyo yazaba Non government organization (NGO) kuko twagiye tubisabwa n’abantu benshi batandukanye, kuko bifuzako GROUP UBUMWE yakomeza gukora ibikorwa bitandukanye muburyo burambye, kuko abenshi bamaze kubona umusaruro wayo.”

Kubindi bisobanuro wasura imbuga za GROUP UBUMWE ikoresha cg ukavugana numuyobozi wayo karekezi abubakar kuri whatsapp cg ugahamagara 0782723024

KANDA HANO UKURIKIRANE GROUP UBUMWE KURI TIKTOK 

KANDA HANO UKURIKIRANE GROUP UBUMWE KURI INSTAGRAM 

KANDA HANO UKURIKIRANE GROUP UBUMWE KURI YOUTUBE 

KANDA HANO UKURIKIRANE GROUP UBUMWE FACEBOOK 

Karekezi Abubakar avugako mubikorwa biyemeje byo gufasha bakirworwa n’amikoro kubera ubushobozi bukeya

Umuhanzi City Tycoon agiye gushyira hanze VIDEO izaba ihenze cyane mu muziki nyarwanda aho yamutwaye asaga miliyoni 35

0
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Umuhanzi w”umunyarwanda, Ntwari Jean Yves uzwi nka City Tycoon ubarizwa muri Amerika, muri leta Philadelphia agiye gushyira hanze amashusho y”indirimbo nshya yise “Katerine” yamutwaye akayabo k”amafaranga angana na miliyoni 35 z”amanyarwanda, izajya hanze nyuma y’amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu Rwanda.

Katarina, ni indirimbo nshya ya City Tycoon imaze iminsi mikeya Audio yayo igiye hanze, iyi ndirimbo iri muzikunzwe n”abantu benshi kumbuga zumvirwaho umuziki kubera uburyo abantu batandukanye bagiye bayikorera challenge.

Mu kiganiro City Tycoon yagiranye n”ikinyamakuru Ibyamamare yavuzeko iyi ari imwe mu ndirimbo zizaba zihenze mu mateka ye ya MUZIKA ndetse na MUZIKA Nyarwanda.

Yagize “Ni indirimbo irigukorwa n”abatunganya amashusho bakomeye cyane ndetse bamaze kubaka izina muri Amerika, nashoyemo amafaranga menshi kugirango izabe indirimbo mpuzamahanga.

Yakomeje agira ati “Ni indirimbo nashoyemo amafaranga agera kuri miliyoni 35 z”amafaranga y’u Rwanda, irimo imododa zihenze, abanyamideli babigize umwuga nibo nifashishije kugirango ishusho rizaze riryoheye ijisho.”

Iyi ndirimbo nijya hanze ishobora kuzaba Ariyo ibahe indirimbo ifite amashusho ahenze cyane kurusha izindi mu mateka y’umuziki Nyarwanda, mu ndirimbo tuzi zatwaye akayabo k’ama miliyoni mu Rwanda, harimo indirimbo ya Urban Boy bise ‘Tayali’ bakoranye n’umunya-Nigeria, Iyanya bavugako yabatwaye miliyoni 20, indi ndirimbo bivugwako ihenze cyane niy’umuhanzi Eleement aherutse gushyira hanze yise ”Milele” amashusho yayo yakorewe muri Kenya bivugwako yamutwaye asaga miliyoni 30.

KANDA HANO WUMVE “KATARINA” YA CITY TYCOON 

City Tycoon avugako yiteguye gushyira hanze album muri uyu mwaka akaba ateguza abakunzi b’umuziki Nyarwanda kuzumva indirimbo zizaba ziyigize.

NYAMIRAMBO: Ishyaka PDI ryasabye abaturage kuzatora abadepite bayo na Paul Kagame wa FPR

0
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi, PDI, ryakomereje ibikorwa byo kwiyamamariza kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko no kwamamaza umukandida Paul Kagame bahisemo gushyigikira ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu mu karere ka Nyarugenge.

PDI yasabye abanyamuryango bayo bo mu Karere ka Nyarugenge mu mirenge ya Nyakabanda, Rwezamenyo n’ahandi bari bateraniye kuri stade ya Kigali i Nyamirambo, kuzatora umukandida watanzwe n’Umuryango wa FPR Inkotanyi ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu ari we Paul Kagame no gutora abadepite ba PDI kugira ngo izabashe gufatanya n’abandi gushyira mu bikorwa gahunda ye nziza yo guteza imbere u Rwanda.

Perezida w’Ishyaka PDI, Sheikh Mussa Fazil Harerimana, yagaragarije abaturage ko batibeshye guhitamo gushyigikira umukandida wa FPR Inkotanyi kuko yagejeje u Rwanda kuri byinshi.

Yagaragaje kandi ko ishyaka PDI riri gusaba Abanyarwanda amajwi aryinjiza mu Nteko kugirango rijye gufatanya n’abandi bazaba batorewe kuyinjiramo. Yakomeje avuga ko mu Nteko bazaba baharanira gushyira mu bikorwa gahunda ya Perezida wa Repubulika y’imyaka itanu iri imbere bityo ko Abanyarwanda bakwiye kubagirira icyizere.

Yagize ati “Turi gusaba amajwi atuma tujya mu Nteko kugira ngo dufatanye n’abandi kujya impaka, gutegura no gushyiraho amategeko azatuma byose bishoboka. Icya kabiri dusaba ni ukugira ngo badutore ya guverinoma izaba irimo ba minisitiri batandukanye tubabaze uko bari gukora kugira ngo gahunda ya Perezida ishyirwe mu bikorwa dufatanyije n’abandi.”

Ishyaka PDI ryari rifite mu Nteko Ishinga Amategeko imyanya ibiri ariko ni ku nshuro ya mbere ryiyamamaje ku mwanya w’Abadepite ritari kumwe na FPR Inkotanyi.

Rishimangira ko kwiyamamaza ku giti cyaryo bishingiye ku kuba mu myaka rimaze ryaraherekejwe rikaba rimaze gukura ku buryo ryizeye ko Abanyarwanda bazarigirira icyizere rigatorwa.

Perezida w’Ishyaka PDI, Sheikh Mussa Fazil Harerimana

 

Ibyo wamenya kuri Kandida Depite, Cyurimpundu Celine Numero 59 uhagarariye abagore mu Ntara y’amajyepfo..

0
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Cyurimpundu Celine, usanzwe umenyerewe mu myidagaduro mu Rwanda, akaba umwe mubantu bamenyekanye cyane kubea gushakira amasoko ibyamamare bitandukanye ni umwe mubari n’abategarugori bari kwiyamamaza ku mwanya w’abadepite mucyiciro cyahariwe abagore mu Ntara y’amajyepfo.

Cyurimpundu Celine, nimero 59 uhagarariye abagore 30/100 bazatorwamo abajya guhagararira abandi munteko inshinga amategeko y’u Rwanda arasaba abanyarwanda kumushyigikira.

Celine, uzwi cyane mugushakira amasoko ibyamamare, yagiye akora ibikorwa bitandukanye bifasha abaturage harimo guhuza abahinzi n’ibigo by’ubucuriri bituma babona telephone ngendanwa zo kwifashisha, imodoka zibafasha gutwara umusaruro, matela nibindi bikoresho byibanze bitandukanye.

Mukiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Ibyamamare, Cyurimpundu Celine yavuzeko umwihariko we ari uko yatangiye ubuvugizi mbere Yuko atangira kwiyamamariza umwanya w”ubu Depite.

Celine yagize ati “Ibikorwa byanjye byagiriye umumaro abaturage bingeri zose harimo abahinzi,aborozi,abajyanama  bubuzima,ibyamamare n’abana n’ubumuga”

Celine ahamyako Yatangiye gukora ubuvugizi kuva akiri muto bityo asaba abanyarwanda kumugirira icyizere bakamutora.

Cyurimpundu Celine arasaba abanyarwanda kumushyigikira
Celine akunze kugaragara mubikorwa bimuhuza n’abahinzi abafasha mukwiteza imbere
Celine yagiye afasha abahinzi kuryama neza abashakira ibiryamirwa birimo matera

Gad Rwizihirwa, yashyize hanze indirimbo yise “Humura” ikubiyemo Ubutumwa busobanura uburinzi n’urukundo Imana ikunda abantu bayo (Video)

0
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Umuhanzi uri kuzamuka neza mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Gad Rwizihirwa yashyize hanze indirimbo nshya yise “Humura”

Uyu musore ufite ubuhanga buhebuje n’ijwi ryiza riyunguruye avugako indirimbo yise”Humura” ikubiyemo Ubutumwa busonanura urukundo n”uburinzi Imana ikunda abantu bayo.

Mu kiganiro Gad yagiranye n’ikinyamakuru Ibyamamare yagize ati “Igaragaza ukuntu undi wese umuntu yakwishingikirizaho ashobora kumutenguha kuko abantu ari abanyantegenke. Ivuga nanone ingororano abizera bazabona mwisi ndetse no mwijuru.”

Gad Rwizihirwa avugako “Humura” Ariyo ndirimbo yambere ashyize hanze.

Yagize ati “HUMURA nindirimbo y’ambere nshize hanze ariko nanditse nizindi nyinshi kandi ndimo kuzitegura kuburyo vubaha ndabagezaho iya yakabiri nayo igiye kurangira.”

Kanda Hano urebe indirimbo “Humura”

Uyu muhanzi asaba abakunzi b’umuziki kumushyigikira bakumva ibihangano bye bakumva Ubutumwa bwiza Imana imunyuzamo.