Home Amakuru Mu Rwanda USA : Umuhanzi w’umunyarwanda City Taycoon yateguje abakunzi b’umuziki, amashusho y’indirimbo idasanzwe...

USA : Umuhanzi w’umunyarwanda City Taycoon yateguje abakunzi b’umuziki, amashusho y’indirimbo idasanzwe yashoyemo miliyoni 10

0

Umuhanzi w’umunyarwanda uba muri Leta zunze ubumwe za Amerika, Ntwari Jean Yves umaze kwamamara ku mazina ya @cit__taycoon , yateguje abakunzi b’umuziki indirimbo irimo amashusho adasanzwe.

City Tycoon ni umwe mubahanzi bakorera muzika yabo hanze y’u Rwanda ukomeje kwigaragaza cyane muruhando mpuzamahanga.

Ntwari Jean Yves umaze kwamamara ku mazina ya @cit__taycoon

Uyu muhanzi agiye gushyira hanze indirimbo yise “Shake and Whine” yamutwaye akayabo k’amafaranga arenga miliyoni 10 z’amafaranga y’u Rwanda.

Mu kiganiro City Taycoon yagiranye n’ikinyamakuru Ibyamamare, uyu muhanzi yateguje abakunzi be indirimbo avugako irikurwego mpuzamahanga bitewe n’amashusho ari muri iyi ndirimbo ahamyako iyi ari imwe mu ndirimbo yashoyemo amafaranga menshi kugirango ashimishe abakunzi b’umuziki we.

Yagize ati “Ngiye gushyira hanze indirimbo itandukanye nizo nsanzwe nkora, ni indirimbo ifite amashusho adasanzwe, ni indirimbo ihenze cyane nakoreshejemo abakobwa berekana imideli muri Amerika, ni indirimbo nashyizemo imbaraga nyinshi cyane ndetse intwara n’amafaranga menshi”

City Taycoon avugako iyi ndirimbo yise “Shake and Whine” yamutwaye amafaranga arenga miliyoni 10 z’amafaranga y’u Rwanda.

Yagize ati “Kubera ukuntu iyi ndirimbo nayitayeho, tugereranyije maze kuyitangaho amafaranga arenga miliyoni 10 z’amafaranga yo mu Rwanda”

Umva Shake and Whine

City Tycoon usanzwe aririmba indirimbo ziganjemo; Ikinyarwanda, Ikigande n’icyongereza amaze gushyira hanze indirimbo zitanduknaye harimo “Shake and Whine”, Sinzakubabarira yakoranye n’umuraperi, B-Trey, Usirete, Boy From Philly, The City is mine nizindi.

Iyi ndirimbo igaragaramo abakobwa bamurika imideli muri Amerika, uyu muhanzui avugako yabishyuye akayabo kugirango bayigaragaremo

 

Shyira Comments yawe kuri iyi nkuru