Home Amakuru Mu Rwanda Umunyamakuru Ismael Mwanafunzi, n’umugore we bibarutse imfura y’umuhungu

Umunyamakuru Ismael Mwanafunzi, n’umugore we bibarutse imfura y’umuhungu

0

Ismael Mwanafunzi, umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamukuru, RBA, n’umugore we Mahoro Claudine wahoze ari umunyamakuru, kuri uyu wa 11 Werurwe 2024 bibarutse imfura y’umuhungu.

Mwanafunzi yatangaje ko kuri iyi tariki bakiriye umwana mu muryango ariko ko nta byinshi yabitangaza ho.

Yagize ati “Nta byinshi ndibuvuge, urabizi Mwanafunzi ntabwo akunda ko ubuzima bwe bwite bujya ku ka rubanda, gusa twakiriye umwana mu muryango we, ukaba Iwacu”.

Ismael Mwanafunzi n’umugore we Mahoro Claudine barushinze ku wa 01 Nyakanga 2023 mu bukwe bwabereye mu Ntara y’Amajyepfo mu karere ka Huye mu busitani bwa Indangamurage.

Uyu mugabo azwi mu biganiro bicukumbuye, yabaye umunyamakuru wa Isango Star ari naho yamamariye kuri ubu akaba akora kuri RBA byumwihariko kuri Radio Rwanda.

Umugore we Mahoro Claudine yakunzwe mu biganiro bitandukanye kuri Radio/Tv 10.

Ismael Mwanafunzi n’umugore we Mahoro Claudine barushinze ku wa 01 Nyakanga 2023 mu bukwe bwabereye mu Ntara y’Amajyepfo mu karere ka Huye mu busitani bwa Indangamurage.
Shyira Comments yawe kuri iyi nkuru