Home Amakuru Mu Mahanga Icyamamare muri KACI, John cena yaserutse ku rubyiniro yambaye ubusa mu bihembo...

Icyamamare muri KACI, John cena yaserutse ku rubyiniro yambaye ubusa mu bihembo bya Oscar 2024

0

John cena wamenyekanye mu mukino wo gukirana uzwi nka ’Kaci’ (WWE) yaserutse ku rubyiniro yambaye ubusa mu bihembo bya Oscar 2024 byatanzwe mu ijoro ryakeye.

Mu ijoro ryakeye nibwo muri Amerika hatanzwe ibihembo bya Oscar 2024 ku nshuro ya 96 aho byahawe abakinnyi bitwaye neza muri sinema mu mwaka washize wa 2023.

Muri ibi birori, John Cena yaje gutungurana ubwo yajyaga ku rubyniro yambaye uko yavutse.

Uyu mugabo wari wahawe guhamagara abatsindiye igihembo cya Best Costume Design, yaje ku rubyiniro yambaye ubusa aho ku bugabo bwe yari yahisheho ibahasha.

Yageze ku rubyiniro abantu baratungurwa nyuma yo kumubona yambaye uko yavutse, ubugabo bwe yabuhisheho ibahasha yari irimo izina rya filime yatsindiye igihembo.

Ibi John Cena yakoze byatunguye abatari bake maze batangira kwibaza impamvu yabyo.

John Cena yaje gutungurana ubwo yajyaga ku rubyniro yambaye uko yavutse.

Icyatumye uyu mugabo aza gutyo, ni uko yari ari kwizihiza imyaka 50 ishize muri ibyo bihembo hagaragaye umugabo na we waje ku rubyiniro yamabaye ubusa.

Robert Opel ni we mugabo waje ku rubyiniro yambaye ubusa mu bihembo bya Oscar byatangwaga ku nshuro ya 46. Yazirikaanwe ndetse anahabwa icyubahiro na John Cena waje na we yambaye ubusa.

Ubwo John Cena yamaraga gutangaza filime Poor Creatures nk’iyatsindiye igihembo, hahise haza abantu baramwambika ava ku rubyiniro yambaye.

Shyira Comments yawe kuri iyi nkuru