Home Blog Page 15

Anita Okoye, wahoze ari umugore wa Paul Okoye yabonye impamyabumenyi ya kaminuza muri Amerika ababazwa nuko hariho izina ry’uwahoze ari umugabo we umaze iminsi mike ashatse undi mugore

0

Anita Okoye, wahoze ari umugore wa Paul Okoye yabonye impamyabumenyi ya kaminuza muri Amerika ababazwa nuko hariho izina ry’uwahoze ari umugabo we, Paul Okoye umwe mubahoze bagize itsinda rya P-Square uherutse gukora ubukwe nundi mugore.

Anita wabyaranye aba batatu na Paul Okoye, yasoje amasomo ye ya kaminuza muri American College.

Anita n’abana be, ubwo yari yagiye mu birori byo gufata impamyabumenyi ye ya kaminuza.

Uyu mugore yagize ati “Ndanezerewe cyane kuba nsoje amasomo yanjye ya MFA in Luxury and Brand Management”

Yakomeje agira agira ati “Ndanezerewe cyane ariko ndanababaye kubera ko impamya bumenyi yanjye iriho izina ry’umugabo twahoze tubana”

Mu minsi ishize nibwo hasakaye amakuru agaragaza amafoto , Paul Okoye yakoze ubukwe nundi mugore uzwi cyane mu myidagaduro yo muri Nigeria.

Inkuru z’itandukana rya Anita na Paul zavuzwe cyane muri 2022, ubwo uyu mugore yashyiraga hanze inkuru ivugako yamaze gutandukana n’uyu mugabo babyaranye abana batatu, byavuzweko umugore ariwe watse gatanya atanga impamvu 5 zituma yumva yatandukana n’umugabo we, harimo kuba batacyizerana, guta urugo kuko umugore aba muri America, umugabo akaba muri Nigeria.

Anita na Paul Okoye batandukanye bamaranye imyaka irenga icumi mu munyenga w’urukundo.
Anita na Paul batandukanye bafitanye abana batatu

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Umusore w’imyaka 19 wagaragaye mu mashusho akubita muburyo bubabaje umupolisi yafashwe yihishe muburiri bw’umukunzi we(Amafoto)

0

Umusore wo mugihugu cya Kenya, Ian Njoroge arikugarukwaho cyane muri iki gihugu kubera AMASHUSHO yamugaragaje ahondagura umupolisi wo kumuhanda muburyo bukabije.

Ian Njoroge bivugwako afite imyaka 19 y’amavuko yatawe muri yombi yihishe murugo rw’umukobwa bakundana aho bamusanze ari muburiri aryamye.

Ian Njoroge yagaragaye akubita umu polisi uri mukazi kumuhanda, yamushyize hasi

 

Mu munsi ishije nibwo uyu musore yagaragaye mu mashusho yasakajwe cyane kumbuga nkoranyambaga, aho agaragara akubita umupolisi wari mukazi ko gusaka ibinyabiziga, bivugwako uyu mupolisi Hari ibyo atemeranyijweho nuyu musore bigatuma umusore agira umujinya atangira guhondagura uyu mupolisi wari mu kazi.

Ian ubwo yafatwaga yavuzeko yabitewe n’umujinya kuko uyu mupolisi yari atangiye kumwaka amafaranga ubwo yari amufashe.

Uyu musore nahamwa n’icyaha cyo gukubita no gukomeretsa umupolisi uri mukazi, ashobora gukatirwa igihano cy’imyaka 10 y’igifungo n’izahabu ya miliyoni 2 z’amashiringi.

Ian yafatiwe murugo rw’umukobwa bakundana aho bamusanze ari muburiri

 

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Menya ibintu wakora mugitondo ukibyuka bigatuma wirirwana akanyamuneza umunsi wose

0

Rimwe na rimwe hari igihe ubona umuntu mwiganye cyangwa se uwo mukorana ahora atera imbere cyane kukurusha kandi wenda atakurusha umushahara, ukabona agera ku bikorwa bishya buri munsi ukibaza impamvu cyangwa se icyo akora ngo abigereho.

Ugendeye ku mitekerereze ya muntu bigaragara ko hari ibyo abateye imbere bakora mu gitondo cya kare mbere ya saa Mbili bikabafasha gutangira umunsi wabo neza, bikabaganisha ku iterambere.

Tugiye kurebera hamwe bimwe mu bintu abantu bateye imbere bakora buri wese yakora bikamufasha kurigeraho.

Kubyuka mu gitondo cya kare

Buri wese agomba kuzinduka cyane kabone nubwo yaba atagira akazi, byibuze saa Tatu za mugitondo.

Akenshi usanga abantu bateye imbere babyuka kare cyane, urugero nka Timothy Donald Cook, Umuyobozi w’uruganda rwa Apple yavuze ko umunsi we utangira saa Cyenda na 45 za mu gitondo.

Gukora imyitozo ngororamubiri

Abahanga mu by’imitekerereze ya muntu bavuga ko gukora imyitozo ngororamubiri buri gitondo bigufasha gutangira umunsi umeze neza, ndetse bigatuma utekereza neza.

Usanga abantu bateye imbere bakunda kuyikora ndetse bakayiha agaciro cyane kuburyo iyo atayikoze yumva hari ikintu ari kubura.

Kwishimira ibyo wagezeho cyangwa se ufite

Iyo ubyutse ugahita utekereza ku byo utarageraho bituma unaniza ubwonko utaranatangira umunsi. Umuco wo kwishimira ibyo wagezeho buri uko ubyutse ni mwiza kuko utuma uwutangira wishimye kandi unafite umuhate wo gukora cyane kugira ngo ugere ku bindi byinshi byiza.

Gufata umwanya wo kwitekerezaho no kwiha umutuzo

Nk’uko ubushakashatsi bubigaragaza, gufata umwanya wo kwitekerezaho bituma imikorere y’ubwonko ihinduka bikanongera ubushobozi bwo guhangana n’umunabi. Ushobora kubona hari ibitagenda neza ukabikosora.

Oprah Winfrey ni umuvugizi ukomeye w’icyo gikorwa avuga kuko byinshi mu byiza bye abikesha iyi migenzo. Igihe cy’umutuzo wo kwitekerezaho mu gitondo bifasha gutegura neza umunsi.

Gufata ibyo kurya bya mugitondo bifite intungamubiri

Bimwe mu bifasha umuntu gutangira umunsi neza harimo n’ibyo kurya afata mu gitondo. Iyo uriye indyo yuzuye mu gitondo bituma wirirwa ufite imbaraga bigatuma ukora akazi kawe neza.

Bimwe mu byo warya mu gitondo bikagufasha kumera neza harimo imbuto ndetse n’ibyo kurya bitera imbaraga.

Abahanga bavuga ko icyiza ari ukubanza ukamenya uko umubiri wawe uteye ukabona kumenya ibyo ugomba kuwugaburira mu gitondo.

Kugira ituze

Abahanga bavuga ko biba byiza gufata umwanya ukicara nk’ahantu runaka ugatuza. Ushobora kwicara ahantu hari ibiti, unywa ikawa cyangwa se icyayi, ubundi ugatuza mbere y’uko utangira umunsi wawe.

Ibi bigufasha gutangira umunsi wawe nta mihangayiko ufite.

Kwirinda kuzindukira ku mbuga nkoranyambaga

Muri iki gihe tugezemo cy’iterambere ry’ikoranabuhanga, usanga abantu babyukira ku mbuga nkoranyambaga bifashishije telefone zabo zigezweho bareba amakuru ari kuvugwa hirya no hino ku Isi bigatuma unaniza ubwonko ucyibyuka .

Abateye imbere siko babigenza kuko bo iyo babyutse babanza gukora biriya twavuze haruguru bakirinda kubyukira muri telefone mbere yo kugira ikindi bakora, abenshi bumva ko byatuma basubira inyuma mu mitekerereze yabo.

Kuganira nabo ukunda

Abahanga bavuga ko gutangira umunsi uhuza urugwiro nabo ukunda bigufasha kuwinjiramo neza wumva unezerewe bigatuma ukora neza kandi wishimye .

Kugira intego z’ibyo wifuza kugeraho cyangwa se gukora ku munsi

Iyo utangiye umunsi ufite intego z’ibyo wifuza kuwukoramo bituma utajagarara mu bintu byinshi. Icyo gihentiwahura n’umuntu ngo agusabe ko mujyana ahantu rukana ngo upfe kugenda kuko bihita byica akandi akazi kawe .

Iyo wateganyije ibyo ukora ntabwo ufata gahunda utari ufite, ibi bikurinda kwica akazi kawe kandi bikakurinda kuba umuntu utagira gahunda.

Niba wifuza kugera ku ntego zawe ni byiza ko watangira kujya ukora ibi bintu kuko biazgufasha cyane kugera ku nzozi wifuza.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Ibitego bya Dani Carvajal na Vinícius byafashije Real Madrid kwegukana Igikombe cya 15 cya UEFA

0

Ibitego bya Dani Carvajal na Vinícius Júnior byafashije Real Madrid kwegukana Igikombe cya 15 cya UEFA Champions League itsinze Borussia Dortmund 2-0 ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade Wembley mu Bwongereza ku wa Gatandatu, tariki ya 1 Kamena.

Umunyamerika Lenny Kravitz yaririmbye mu birori bibanziriza uyu mukino mu gihe igikombe cyinjiye muri stade giteruwe na Zinedine Zidane ndetse na Karl-Heinz Riedle bakiniye amakipe yombi mu myaka yashize.

Borussia Dortmund ni yo yihariye igice cya mbere yabonyemo uburyo umunani, burimo butatu bugana mu izamu, ariko ntiyabasha kububyaza umusaruro.

Bumwe muri bwo ni aho Karim Adeyemi yisanze imbere y’izamu wenyine, amaze gucenga Umunyezamu Thibaut Courtois, ariko Dani Carvajal na Antonio Rüdiger bakiza izamu.

Nyuma y’iminota ibiri, Niclas Füllkrug yateye igiti cy’izamu amaze kunyura mu rihumye ba myugariro ba Real Madrid, ariko umupira uvamo.

Dortmund yungukiraga ku kuba hagati ha Real Madrid hatahuzaga neza, yabonye kandi uburyo bw’ishoti ryatewe na Adeyemi, Courtois abyitwaramo neza. Uyu munyezamu yakuyemo kandi umupira wa Marcel Sabitzer mbere y’uko igice cya mbere kirangira.

Mu minota 45 ya nyuma, Real Madrid yahinduye umukino ndetse itangira kubona uburyo bugana ku izamu mu gihe igice cya mbere cyarangiye itazi uko risa.

Hashize iminota itatu gusa amakipe yombi avuye kuruhuka, Vinícius Júnior yakerewe ikosa, rihanwa na Toni Kroos wateye umupira mwiza, Umunyezamu Kobel awushyira muri koruneri yavuyemo amahirwe ya Dani Carvajal wawushyize ku mutwe, ariko umupira uca hejuru gato.

Dormund yanyuzagamo igasatira, yashoboraga kubona igitego ku mupira watewe na Füllkrug n’umutwe ku munota wa 63, ariko Courtois araryama awukubita ibipfunsi uvamo.

Byasabye gutegereza umunota wa 73, Real Madrid ifungura amazamu ku gitego cyatsinzwe na Dani Carvajal n’umutwe, ku mupira wari uvuye muri koruneri yatewe na Toni Kroos.

Nyuma y’iminota 10, iyi kipe yo muri Espagne yatsinze igitego cya kabiri cyinjijwe na Vinícius Júnior ku mupira wavuye kuri Toni Kroos nyuma yo gutakazwa n’abakinnyi ba Dortmund.

Byashoboraga kuba ibindi mu minota itatu ya nyuma ubwo Niclas Füllkrug yatsindaga n’umutwe ku munota wa 87, ariko umusifuzi wo ku ruhande agaragaza ko habayeho kurarira.

Iminota 90 n’itanu y’inyongera, yose yarangiye Real Madrid yatsinze ibitego 2-0, yegukana Igikombe cya UEFA Champions League cya 15, kikaba icya gatandatu mu myaka 11.

Marco Reus wasimbuye Karim Adeyemi ku munota wa 71 na Toni Kroos wasimbuwe na Luka Modric ku munota wa 85, bombi bakinnye umukino wa nyuma mu makipe yabo.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Cristiano Ronaldo yasutse amarira nyuma y’uko Al-Nassr akinira itsinzwe ikabura igikombe

0

Cristiano Ronaldo yasutse amarira nyuma y’uko Al-Nassr akinira yatsinzwe na Al-Hilal ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Umwami wa Arabie Saoudite wabaye ku wa Gatanu.

Ronaldo yapfukamye hasi ararira ubwo Al-Hilal y’abakinnyi icyenda yari imaze gutsinda Al-Nassr penaliti 5-4 nyuma y’iminota 120 yarangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1 i Jeddah.

Uyu mukinnyi w’imyaka 39 uheruka gukora amateka yo gutsinda ibitego 35 mu mikino 34 ya Shampiyona ya Arabie Saoudite, yihanganishijwe na bagenzi be bamufashije kugera ku ntebe y’abasimbura.

Kapiteni wa Portugal yatsinze ibitego 58 mu mikino 64 yakiniyemo Al-Nassr kuva ayigezemo muri Mutarama 2023 ku masezerano y’imyaka ibiri n’igice, aho yari avuye muri Manchester United.

Kubura Igikombe cy’Umwami byatumye Ronaldo amara imyaka ibiri y’imikino nta gikombe atwaye muri Arabie Saoudite. Irushanwa rimwe yatwaye muri iki gihugu ni iry’amakipe y’Abarabu [Arab Club Champions Cup] mu mwaka ushize.

Ruben Neves yahushije penaliti ku ruhande rwa Al-Hilal, aba ari na ko bigenda kuri Alex Telles wa Al-Nassr.

Al-Nassr yatsinze izindi penaliti enye zirimo iya Ronaldo mbere y’uko Umunyezamu Yassine Bounou akuramo iya nyuma, afasha Al-Hilal kwegukana igikombe cya kabiri muri uyu mwaka.

Aleksandar Mitrović ni we wari wafunguye amazamu ku ruhande rwa Al-Hilal ku munota wa karindwi mbere y’uko Umunyezamu David Ospina wa Al-Nassr ahabwa ikarita itukura ku munota wa 56.

Ku munota wa 88, Ayman Yahya yatsinze igitego cyatumye amakipe yombi ajya mu minota 30 y’inyongera, ariko hagati Ali Al-Bulayhi na Kalidou Koulibaly ba Al-Hilal bahabwa amakarita atukura ku munota wa 87 n’uwa 90.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Ikipe ya Patriots Basketball Club yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Banki y’Igihugu y’Iterambere (BRD)

0
Abayobozi ku mpande zombi ubwo bari bamaze gushyira umukono ku masezerano

Ikipe ya Patriots Basketball Club ikina muri shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bagabo, yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Banki y’Igihugu y’Iterambere (BRD).

Aya masezerano yashyizweho umukono ku wa Kabiri tariki ya 28 Gicurasi nk’uko bigaragara mu Itangazo ryagenewe Abanyamakuru.

Ni amasezerano y’ubufatanye azamara imyaka itanu, akubiyemo kuzafasha iyi kipe guteza imbere umukino wa Basketball biciye no mu bakiri bato.

Uretse ibi kandi, amakuru UMUSEKE wamenye avuga ko muri ubu bufatanye harimo ko iyi kipe ikubakirwa Gymnasé.

Umuyobozi Mukuru wa BRD, Kampeta Sayinzoga, yavuze ko ari iby’agaciro gakomeye kuba basinyanye amasezerano y’ubufatanye n’ikipe nka Patriots BBC ifite izina rinini mu Rwanda.

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko iyi Banki abereye Umuyobozi, isanzwe ishora Imari mu bikorera batandukanye harimo n’ibikorwa bya Siporo muri rusange.

Ndamage Clément uyobora Patriots BBC, yavuze ko bishimiye ubu bufatanye kandi bizeye buzafasha iyi kipe kongera gusubira mu irushanwa nka Basketball Africa League (BAL).

Iyi kipe ikunzwe na benshi mu mukino wa Basketball mu Rwanda, iheruka muri BAL mu 2021 ubwo yacaga agahigo ko kugera muri 1/2.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Umubyeyi w’umugore wa Kanye West yababajwe bikomeye n’uburyo umwana we yananutse kuva atangiye gukundana n’uyu mugabo

0

Umubyeyi wa Bianca Censori, umugore wa Kanye West yababajwe bikomeye n’uburyo umwana we yananutse kuva atangiye gukundana n’uyu mugabo, Abwira Kanye West ko niba Roho y’umukobwa we yarayitanze ikuzimu azitabaza abyafurika bakamuha umuti utuma umukobwa we agaruka ibuntu.

Bianca Censori yakoze ubukwe n’umuhanzi Kanye West muri 2022, ubwo uyu mugabo yari amaze gutandukana n’umugore we Kim Kardashian babyaranye abana bane.

Kuva Kanye West yatangira gukundana na Bianca aba bombi bagiye bagaragara inshuro nyinshi barikumwe muruhame bambaye imyambaro idasanzwe ndetse ivugisha benshi.

Umubyeyi wa Bianca  agendeye ku mafoto y’umukobwa we atarakundana na Kanye West, nuburyo asigaye ameze ubu, yagaragaje agahinda ndetse ahamyako adashidikanya ko kuba umukobwa we, Kanye West yaratanze roho ye ikuzimu.

Uyu mubyeyi abwira Kanye West yagize ati “Mbere umukobwa wanjye yari yuzuye ubuzima bwiza, ubonako ari umukobwa ufite ubwenge ariko narebye ifoto yuko asigaye ameze ubu ndatungurwa, nzajya gushaka igisubizo muri Afurika ndebeko Kanye yarekura roho y’umukobwa wanjye”

Bianca Censori yakoze ubukwe n’umuhanzi Kanye West muri 2022

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Hagiye gutangwa ibihembo bya Consumers Choice Awards, hahembwa ibigo naba rwiyemezamirimo bafite ibikorwa na serivisi zishimirwa na benshi.

0

Serivisi nziza ni kimwe mubituma umukiriya agira akanyamuneza bigatuma aho agiye guhahira cyangwa kwaka Serivisi ahagenda atikandagira, abashoramari, abacuruzi, abafite ibigo bitanga serivisi nabo bahora bakora icyashimisha ababagana kuko aribyo bibateza imbere ni naho havuye yamvugo ngo “Umukiriya ni Umwami”

Kirisimbi Events ni ikigo kimaze kuba ubukombe mugutanga ibihembo kubantu bakoze ibikorwa by’indashikirwa mu Rwanda ndetse biyemeje kujya bashimira abakoze neza kuruasha abandi buri mwaka.

Kuri uyu wa Kabiriri, taliki ya 21 Gicurasi 2024 nibwo hagomba kumenyekana abegukana ibihembo byise “Consumers Choice Awards” , ibi birori biteganyijwe kubera kuri Century Park Hotel and Residence kuva ku isaha ya sakumi n’ebyiri kugeza birangiye.

Emmanuel Mugisha , umuyobozi wa Karisimbi Events izwiho gutegura ibirori bigiye bitandukanye.

Ibi birori bihemberwamo ibigo , imiryango , ba rwiyemezamirimo n’abandi bafite ibikorwa na serivisi byakunzwe ndetse bikinakunzwe cyane n’abaturage bose muri rusange , ibi birori byiswe Consumers Choice Awards bigiye kuba ku nshuro ya gatatu bitegurwa na Kirisimbi Events isanzwe izwi kandi inakomeye kubera ibikorwa byabo.

Umuhango wo gutanga ibi bihembo bya Consumers Choice Awards uzaba ukomatanyirijwe hamwe na KimFest (Karisimbi International Multcultural Festival) kuburyo hazabera ibirori byo kurwego rwo hejuru birimo Kwerekana imideri , kwerekana ibikorwa by’indashikirwa , gutanga ibihembo , imbyino gakondo , umuziki wa live uzakorwa n’abahanzi b’abahanga , ndetse no gutambuka kw’itapi itukura bafotora.

Ibi birori bikunze kugaragaramo ibyamamare bikomeye ndetse n’abaherwe bayobora ibigo bizwi bigiye bitandukanye intego yabyo n’uguhemba abakora neza bakanatanga serivisi nziza bagamije gushimisha abakiriya , kugirango bizahoreho nk’uko umuyobozi wa Karisimbi Events , Mugisha Emmanuel yabivuze umwaka ushize.

 

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Menya akamaro ko kurya Umuneke buri munsi, Urubuto rw’umuneke ni kimwe mu biribwa bifasha umubiri w’umuntu kugubwa neza

0

Urubuto rw’umuneke ni kimwe mu biribwa bifasha umubiri w’umuntu kugubwa neza, kuko ifite intungamubiri z’amoko atandukanye ndetse n’imyunyungugu nka potasiyumu.

Benshi mu bakunda kugura imbuto bavuga ko imineke iryoha cyane, tukaba tugiye kureba umumaro wo kurya nibura umuneke umwe ku munsi, nk’uko bigaragara ku rubuga www.everydayhealth.com rwandika ku buzima.

Imineke ifasha kugabanya agahinda gakabije (depression)

Agahinda gakabije gaterwa na ‘serotonim’ iba yabaye nyinshi mu bwonko, mu mineke habamo ‘tryptophan’ ibasha kugabanya cyangwa gukuraho ibimenyetso by’agahinda gakabije.

Igabanya ibyago byo kurwara asthma

Ubushakashatsi bwakorewe mu Bwongereza bwagaragaje ko abana barya nibura umuneke umwe ku munsi bibagabanyiriza 34% byo kuba barwara asthma.

Imineke ni ingenzi mu buzima bwa buri munsi kuko yiganjemo intungamubiri zifasha umubiri kumererwa neza. Ni byiza gushyira imineke muri buri funguro ryacu kugira ngo turusheho kugira ubuzima buzira umuze.

Kurya imineke bituma amagufa amererwa neza

Intungamubiri ziboneka mu mineke zubaka amagufa ndetse zikayakomeza ku buryo atavunagurika uko yiboneye kose.

Irinda umubiri kurwaragurika

Mu mineke habamo ‘antioxydants’ nyinshi zikarema utunyangingo twinshi turwanya ikintu cyose cyatera indwara mu mubiri, nk’indwara y’umutima, diyabete na kanseri.

Ifasha ubwonko gukora neza

Imineke ikungahaye kuri potasium na magnesium, iyo myunyu ngugu ifasha ubwonko kugira icyerekezo kizima no gukora neza.

Kurya imineke bifasha mu kugabanya ibiro

Ku bantu bashaka kugabanya ibiro, imineke ni amahitamo meza cyane kuko ifasha mu gushongesha ibinure, bityo hehe no guhura n’umubyibuho ukabije.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Umuhanzi Confy wazengerejwe n’uburwayi bw’uruhu butuma atajya muruhame yateguje abakunzi be indirimbo nshya

0

Umuhanzi Confy uherutse kugaragaza ko yagize uburwayi bw’uruhu, butuma ruzana amabara, yagaragaje amafoto ye y’iki gihe, yerekana ko ubu burwayi bwakomeje, ndetse anateguza abantu ko agiye gushyira hanze EP y’indirimbo ze.

Kuri uyu wa Kane tariki 16 Gicurasi 2024, umuhanzi Confy yararikiye abakunda ibihangano bye ko abafitiye icyo abahishiye.

Mu butumwa yanyuje ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, Confy yagize ati “Tariki 19 Gicurasi, ndashyira hanze EP yanjye ya mbere ‘Ability’.”

 

Umuhanzi Confy

Ni ubutumwa buherekejwe n’amafoto y’uyu muhanzi, yo muri iki gihe, agaragaza ko ikibazo yagize cy’uruhu cyaje gukomera, ndetse uko cyari kimeze akikigaragaza byiyongereye.

Mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize wa 2023, Munyaneza Confiance uzwi nka Confy wari umaze igihe adashyira hanze indirimbo atanagaragara mu bikorwa bya muzika, yahishuye ko yahuye n’uburwayi bw’uruhu buzwi nka ‘Vitiligo’ butuma uruhu ruzana amabara adasanzwe bikaba byari byaratumye atigaragaza muruhame.

Icyo gihe yanashyize hanze amafoto agaragaza uko iki kibazo cyahinduye isura ye, yajemo amabara yera, aboneraho kubwira abantu ko byabanje kumutera igikomere ariko akaza kwiyakira.

Icyo gihe Confy yasabaga abandi baba bafite ikibazo nk’icye, kudaheranwa n’agahinda. Mu butumwa bwe yagize ati “Ntabwo bikwiye kuba umutwaro ku ruhu rwacu ahubwo dukwiye kubyakira mu mitima yacu, tukemera kuba abo turi bo.”

Confy wavugaga ko yaje gusanga iki kibazo gikwiye no kubera abagifite, umwihariko, aho yari yagize ati “Vitiligo ntabwo ari umutwaro ahubwo ni igice cy’akarangabwiza cy’uwo ndiwe. Nemeye kubyerekana nshize amanga.”

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748