Home Amakuru Mu Rwanda Turahirwa Moses yibasiriye umuhanzi B-Trey umaze iminsi amushinja gushaka kujyana abahanzi mu...

Turahirwa Moses yibasiriye umuhanzi B-Trey umaze iminsi amushinja gushaka kujyana abahanzi mu butinganyi

0

Turahirwa Moses wa Moshions yongeye kubura intambara y’amagambo kuri B Threy nyuma y’uko mu minsi ishize uyu muraperi yamwibasiye amushinja gushaka gushora abahanzi mu bikorwa by’abaryamana bahuje ibitsina.

B Threy wigeze gukoranaho na Turahirwa mu kwamamaza imyenda ye, aherutse guteguza kuvugisha ukuri ku gukururira abahanzi mu cyobo amushinja kubagushamo ababeshyabeshya.

Ni amagambo yunganiraga Ish Kevin wari wikomye Turahirwa amusaba kutazongera kumuvugaho kuko nta bushuti bafitanye.

Mu magambo ye B Threy yagize ati “Ish Kevin ufite ukuri n’undi muhanzi yumvireho. Rekera aho gukururira abahanzi mu cyobo wagushijemo abandi ubabeshyabeshya, ndaza gushyira hanze ukuri, nturi mwiza ufite ibibazo n’ishusho ushaka kwambika urubyiruko itari nziza.”

B Threy abajijwe niba ataba ari kuvuga ibi kuko wenda imikoranire yabo itagenze neza, yagize ati “Ni umwe mu bantu babi bo gukorana ubucuruzi, ni ukwihisha mu buhanzi ngo bamubone muri iyo shusho kuko byari bigiye kumbaho n’undi byamubaho ariko mukeneye kumenya ukuri.”

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga akoresha, Turahirwa yavuze ko yahisemo gukura B Threy mu bo akurikira ndetse n’abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga kuko yamututse amwibutsa ko ibyo arimo ari umurengwe usiga inzara.

Nyuma y’ubu butumwa Turahirwa yatumye kuri B Threy amusaba kurekera aho kumuvuga bitaba ibyo bakazahurira kuri Moshions byaba ngombwa akamukura n’amenyo.

Ati “Mumugire inama tuzahurire ku rukiko rwa Moshions mukure amenyo.”

Shyira Comments yawe kuri iyi nkuru
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748