Home Amakuru Mu Rwanda NYUMA YUKO ASEZEYE KURI RBA, ANITA PENDO YASIMBUYE SANDRINE ISHEJA KURI KISS...

NYUMA YUKO ASEZEYE KURI RBA, ANITA PENDO YASIMBUYE SANDRINE ISHEJA KURI KISS FM.

0
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Nyuma y’uko Anita Pendo asezeye kuri RBA, byakunze guhwihwiswa ko agiye kwerekeza kuri Kiss FM asimbuye Sandrine Isheja mu kiganiro ‘ Breakfast’ kiva ku wa Mbere kugeza ku wa Gatanu.

Anita Pendo umaze iminsi ashyize umukono ku masezerano, iki cyumweru turangije yakimaze ari kwihugura ku mikorere ya Kiss FM.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 6 Nzeri 20, Anita Pendo yatumiwe mu kiganiro ‘ Breakfast’ binahita byemezwa ko yinjiye mu muryango w’abanyamakuru b’iyi radiyo aho azatangirira akazi ku wa Mbere tariki 9 Nzeri 2024.

Anita Pendo yatumiwe mu kiganiro ‘Celebs Breakfast’ binahita byemezwa ko yinjiye mu muryango w’abanyamakuru b’iyi radiyo

Pendo wari umaze imyaka 10 mu kigo cy’Igihugu cy’itangazamakuru, RBA, mu minsi ishize yagisezeyeho ahamya ko yahagiriye ibihe byiza icyakora ntiyakomoza ku ho yerekeje.

Muri RBA Anita Pendo yamenyekanye mu biganiro nka Magic Morning, Friday Flight na The Jam nubwo hari n’ibindi yashoboraga kugaragaramo.

Anita Pendo ni umunyamakuru wamamaye cyane mu bitangazamakuru binyuranye akaba Umu-DJ n’umuyobozi w’ibitaramo bikomeye mu Rwanda.

Shyira Comments yawe kuri iyi nkuru
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.