Home Blog Page 8

Padiri Jean Francois Uwimana, uzwi mu njyana ya hip hop mu Rwanda, yakiriwe bidasanzwe aturutse iburayi.

0

Padiri Jean-François Uwimana,ni umwe mubapadiri bamaze kwamamara mu Rwanda kubera kuririmba injyana ya hip hop itamenyerewe cyane mubabwiriza ijambo ry’Imana mu Rwanda.

Padiri Uwimana yageze mu Rwanda avuye ku mugabane w’iburayi mugihugu cy’Ubudage aho yari yaragiye kwiga.

Padiri Jean-François Uwimana amaze imyaka irenga 12 aripadiri abarizwa muri Diyosezi Gatolika ya Nyundo, mu burengerazuba bw’u Rwanda, yakoze ibyo benshi babona nk’agashya ndetse byatumye yigwizaho abakunzi benshi biganjemo urubyiruko rukunda ubutumwa atambutsa mubihangano bye yifashishije injyana ikunzwe n’abajene.

Ubwo yageraga ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, i Kanombe, Padiri Jean Francois Uwimana yakiriwe bidasanzwe ndetse agirana ikiganiro n’abanyamakuru bari baje kumwakira.

Padiri Jean Francois yavuzeko yishimiye kongera kugaruka mu Rwanda avugako aje mu biruhuko ariko aje kurangiza imwe mu mishinga y’indirimbo afite yavuye mu Rwanda adasoje.

Yagize “Nishimiye kongera kugaruka mu Rwanda, nje mubiruhuko ariko ntabwo ari ibiruhuko gusa ngomba no kurangiza imishinga y’indirimbo navuye mu Rwanda ntasoje”

Padiri Jean François yasabye abanyarwanda byumwihariko abakunzi b’umuziki gukomeza kumushyigikira bakumva ibihangano bye, ahamyako yaje mubiruhuko nibisoza azasubira mu Budage agakomeza gahunda ye y’amasomo no gukora umurimo w’ivugabutumwa.

Padiri Uwimana yageze mu Rwanda avuye ku mugabane w’iburayi mugihugu cy’Ubudage aho yari yaragiye kwiga.

Padiri Jean François Uwimana umaze igihe mu Budage ku mpamvu z’amasomo, akunzwe mu ndirimbo zirimo “Araturinda”, “Yaratsinze”, “Loved you”, “Nyirigira”, “Twigendere”, “Ni Yezu”, “Kana k’iwacu” n’izindi…

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Umunyarwandakazi umaze iminsi avugisha benshi kubera amashusho yambaye ubusa arashaka gukorana na Israel Mbonyi byaba ngomba akamubera umukunzi

0

Nyuma y’iminsi ku mbuga nkoranyambaga hasakazwa amashusho y’urukozasoni ya Gloria Bugie, Umunyarwandakazi uri mu bahanzi bari kuzamuka neza muri Uganda, yatangajeko ashaka gukorana indirimbo na Israel Mbonyi byaba ngombwa bakaba bajya no murukundo.

Gloria yavuzeko ashaka kureka kuririmba indirimbo z’isi agatangira kuririmba indirimbo zerekeza abantu ku marembo y’ijuru.

Mukiganiro yagiranye na The Cat umu bloger uzwi kumbugankoranyambaga, uyu mukobwa yumvikanye avugako mu bahanzi agomba gukorana nabo uwambere ari Israel Mbonyi ati “Israel Ndamukunda anyemereye twajya no murukundo niba ntamukunzi afite”

Hasabwe ko Gloria Bugie akorwaho iperereza nyuma y’uko hagiye hanze amashusho ye ari mu cyumba yambaye ubusa buri buri.

 

View this post on Instagram

 

A post shared by IBYAMAMARE (@ibyamamaretv)


Uyu mukobwa ubusanzwe ukomoka mu Rwanda amaze iminsi ari gukorera umuziki we muri Uganda, aho kuri ubu akunzwe bikomeye mu ndirimbo nka Nyash, Tukilimu, Sagala yakoranye na A Pass n’izindi zinyuranye.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Umuraperi Sean “Diddy” Combs watawe muri yombi yatanze miliyoni 50$ nk’ingwate yamufasha kuburana adafunze.

0

Umuraperi Sean “Diddy” Combs watawe muri yombi nyuma yo kugaragarizwa ibyaha akurikiranyweho yatanze miliyoni 50$ nk’ingwate yamufasha kuburana adafunze.

Uyu muraperi yatawe muri yombi ku mugoroba ku wa 16 Nzeri 2024 i Manhattan mu mujyi wa New York ndetse kuri uyu wa 17 Nzeri 2024 yitabye ubushinjacyaha agaragarizwa ibyaha bitatu ashinjwa birimo gukoresha izina rye cyangwa igitinyiro agashora abantu mu busambanyi nyuma yo kubatera ubwoba, gusahura no gucuruza abantu mu bikorwa by’ubusambanyi.

Ku wa Kabiri tariki 17 Nzeri 2024 abashinjacyaha bavuze ko Sean “Diddy” Combs yakoresheje izina rye nka rimwe mu mazina akomeye mu njyana ya Hip-hop agakanga abantu abahatira gukora ibikorwa by’imibonano mpuzabitsina.

Ubushinjacyaha buvuga ko Combs w’imyaka 54, yakoresheje ubwamamare bwe n’ubucuruzi, harimo na label ye yise Bad Boy Entertainment, mu gutwara abagore, ndetse n’abakora imibonano mpuzabitsina ku bagabo mu bitaramo byiswe “Freak Offs” ndetse bimwe na bimwe byafatwaga amashusho.

Uyu muraperi ashobora guhanishwa igifungo cy’imyaka 15 n’igifungo cya burundu aramutse ahamwe n’ibi byaha bitatu.

Umushinjacyaha Emily Johnson, yasabiye P Diddy kuburana afunze, agaragaza ko kumurekura byateza akaga ku baturage ndetse ko ashobora gutoroka ubutabera.

Marc Agnifilo wunganira uyu muraperi mu mategeko yasabye ko umukiliya we arekurwa hagatangwa ingwate y’urugo rwe ruri Miami rufite agaciro ka miliyoni 50$.

Yakomeje avuga ko P Diddy ari mubihe byo kwitabwaho n’abaganga bitewe n’ibiyobyabwenge byinshi yakoresheje mu myaka yashize bityo adakwiye kujyanwa muri gereza atarakira. Uru rubanza ruzasubukurwa kuri uyu wa 18 Nzeri 2024.

Diddy amaze igihe ashinjwa ibyaha bitandukanye bijyanye n’ihohotera rishingiye ku gitsina bivugwa ko yagiye akorera abagore n’abakobwa batandukanye.

Mu mpera ya 2023 umuhanzikazi Casandra Ventura wigeze gukundana na P Diddy yatanze ikirego mu rukiko amushinja kumufata ku ngufu no kumuhohotera mu myaka icumi bamaze bakorana, banakundana, gusa iki kibazo baje kugikemura mu bwumvikane kitageze mu nkiko mu Ugushyingo 2023.

Mu cyumweru gishize, uyu mugabo yongeye kuregwa n’umuhanzi Dawn Richard amushinja ihohotera rishingiye ku gitsina, ivangura rishingiye ku gitsina n’ubutekamutwe. Ni nabyo birego byatanzwe ku nzego z’ubugenzacyaha mu Mujyi wa New York aho yafatiwe.

Kuri uyu munsi kandi hagaragaye inyandiko zivuga ko ubwo inzego z’umutekano ziheruka gusaka ingo za P Diddy ziri i Los Angeles na Miami Beach mezi atandatu ashize, zahasanze ibiyobyabwenge hamwe n’imbunda za AR-15.

Diddy ni umwe mu baraperi bagize igikundiro ku Isi, akaba n’umwe mu bari bafite inzu zikomeye zagize uruhare mu kuzamura abahanzi benshi mu mateka y’umuziki barimo Mary J. Blige, Faith Evans, Notorious B.I.G., Usher, n’abandi.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Umuraperi Kanye West arifuriza abana be kumenya Imana ntibagendere munzira yakuriyemo aho ubukire afite abona ntacyo bumumariye

0

Umuraperi uri mubakunzwe muri Amerika, akaba ari mubahanzi batunze za miliyari z’amadorali ku isi, uyu mugabo w’abana bane utakibana na Nyina aribo, North, Saint, Chicago, na Psalm West.

Kanye West ahamyako nubwo afatwa nk’umukire utunze za miliyari abayeho atishimye bityo akaba atifuzako abana be bazabaho mubuzima nk’ubwe.

Yagize ati “Abana banjye ndabifuriza kuzabaho ubuzima buzi Imana, ubutunzi mfite mba numva ntacyo bumariye kuko namenye Imana ntinze nubu ndacyarwana n’ingaruka zibyo nakuriyemo kurinjye ntigeze nishimira nubwo byangejeje kubukire mfite ubu”

Mu nkuru dukesha ikinyamakuru Us Weekly Yakomeje agira ati “Namenye Imana ntinze ngerageza gushinga urusengero ngo abantu bayo mbigishe Ijambo ry’Imana ariko nabonye naratinze, ubukire mfite mba numva ari ubusa”

Kanye west w’imyaka 47 yashakanye na Kim Kardashian mu mwaka wa 2014 batandukana 2022 nyuma yuko batandukanye uyu mugabo yahise ashakana n’umugore wa Kabiri witwa Bianca Censori.

Kuva Kanye West yashaka na Bianca abantu benshi basigaye babibazaho cyane kubera imyambarire bagaragaza barikumwe ahateraniye abantu benshi.

Abana ba Kanye West na Kim Kardashian aribo, North, Saint, Chicago, na Psalm West.
Kanye West n’umugore we mushya bamaranye imyaka 2 ariwe Bianca

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Polisi y’u Rwanda, yasabye abatwara moto kubahiriza amategeko y’umuhanda, birinda amakosa arimo, gutwara abagenzi barenze umwe, gutwara imizigo irenze ubushobozi bwa moto.

0

Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe Umutekano wo mu muhanda (TRS), yasabye abatwara moto kubahiriza amategeko y’umuhanda, birinda amakosa arimo, gutwara abagenzi barenze umwe, gutwara imizigo irenze ubushobozi bwa moto no guhindura cyangwa guhisha nimero iranga ikinyabiziga (plaque)

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Kayigi, yavuze ko aya ari amakosa akorwa nkana n’abatwara moto akabangamira urujya n’uruza rw’ibinyabiziga kandi agateza impanuka.

Yagize ati: “Byakunze kugaragara ko hari batwara abagenzi kuri moto bagaheka abagenzi barenze umwe, n’abatwara imizigo minini, irengeje ubushobozi bwa moto ntitume babasha kureba inyuma, ibinyabiziga bikabageraho batabibonye ndetse bikaba byateza impanuka n’abahisha nimero za moto cyangwa bagahindura imwe mu mibare n’inyuguti zizigize bagambiriye kudatahurwa ku makosa bakoze. Turabibutsa ko biteza impanuka, dusaba abakibikora kubihagarika mu maguru mashya.”

Kuva mu mpera z’ukwezi kwa Nyakanga kugera mu mpera za Kanama, uyu mwaka, hafashwe abari batwaye moto 49 bari bahetse imizigo irenze ubushobozi bwa moto, 57 bari barahishe nimero iranga ikinyabiziga, mu gihe kuri uyu wa Mbere tariki ya 16 Nzeri, hafashwe moto 24 zari zitwaye abagenzi barenze umwe.

SP Kayigi yakomeje agira ati: “Ipikipiki yemerewe gutwara abantu babiri, uyitwaye n’umugenzi umwe kandi wambaye ingofero yabugenewe (Casque). Hari aho usanga uyitwaye yahetse abana babiri nta n’uwaramira undi igihe habaye ikibazo, bityo turongera kubihanangiriza tubibutsa kubahiriza ibikubiye mu bwishingizi bafite.”

Yavuze ko ibikorwa bya Polisi byo gufata abarenga ku mabwiriza agenga umuhanda n’uburyo bwo kuwugendamo bakabangamira urujya n’uruza bizakomeza, uzabifatirwamo wese akabihanirwa.

Yaburiye abazi ko bahinduye nimero ziranga ibinyabiziga byabo ko bakwihutira kubikosoza, batarafatwa kuko ibi ari ibikorwa bizakomeza abazabifatirwamo bakabikurikiranwaho.

Ingingo ya 31 y’Itegeko no 042/2023 ryo ku wa 02/08/2023 rigenga gutwara abantu n’ibintu ku butaka no mu mazi, ivuga ko Umuntu ukora umwuga wo gutwara abantu cyangwa ibintu mu nzira nyabagendwa akoresha ikinyabiziga gifite ubwishingizi kandi akubahiriza ibibukubiyemo.

Ingingo ya 276 mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko; Umuntu wese, ku bw’uburiganya, wandika, wandikisha ibintu bidahuye n’ukuri cyangwa ukora imenyekanisha ritari ryo afatwa nk’uwakoze icyaha cyo gukora ibihimbano.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenga miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Umunyarwandakazi Sandra Teta byavugwagako yongeye gukubitwa n’umugabo we akamwangiriza isura, yabihakanye ahamyako adaheruka gukubitwa.

0

Umunyarwandakazi Sandra Teta washakanye n’umuhanzi wo mu gihugu cya Uganda Weasel Manizo, yateye utwatsi amakuru yavugaga ko yongeye gukubitwa n’umugabo we.

Mu minsi yashize, nibwo ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amashusho y’umukobwa wavugaga ko Sandra Teta yongeye gukubitwa n’umugabo we akamukomeretsa mu maso.

Nubwo ibi byose byavuzwe, Sandra Teta yahakanye aya makuru avuga ko ameranye neza n’umugabo we, ndetse yerekana amashusho ari kumwe n’umugabo we hamwe n’abavandimwe be barimo Jose Chameleone basohotse.

Inkuru nk’izi zo gukubitwa kwa Sandra Teta zije nyuma y’uko uyu mugore atangaje ko umugabo we yamugize ‘Manager’ ibyashimangiraga ko babanye neza.

Ni mu gihe muri Kanama 2020 Teta yari yahukaniye mu Rwanda, nyuma y’uko Weasel yari yamukubise mu buryo bukomeye, nubwo muri Mata 2023 yongeye gusubira i Kampala yongera kubana n’umugabo we.

Umunyarwandakazi Sandra Teta washakanye n’umuhanzi wo mu gihugu cya Uganda Weasel Manizo, yateye utwatsi amakuru yavugaga ko yongeye gukubitwa n’umugabo we.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Kapiteni w’ikipe ya Rayon Sports Kevin Muhire yasabye abakunzi b’iyi kipe kuzitabira umukino uzabahuza na Gasogi United kuko ari wo bazakoresha biyunga na bo

0

Kapiteni w’ikipe ya Rayon Sports Kevin Muhire yasabye abakunzi b’iyi kipe kuzitabira umukino w’umunsi wa Kane wa Shampiyona bafitanye na Gasogi United ku wa Gatandatu kuko ari wo bazakoresha biyunga na bo.

Rayon Sports ntabwo yagize intangiriro nziza za Shampiyona dore ko imaze kunganya imikino ibiri yahuriyemo na Marines n’Amagaju kuri mu gihe uwa gatatu yari bukinemo na APR FC waje kugirwa ikirarane kubera iyi kipe y’ingabo z’igihugu iri mu mikino nyafurika.

Umukino w’Umunsi wa Kane wa Shampiyona iyi kipe idafite umuyobozi kuri ubu ikazawukina na Gasogi United ku wa Gatandatu tariki 21 Kanama saa Moya z’ijoro kuri Stade Amahoro.

Muhire Kevin akaba yasabye abakunda iyi kipe kuzaza kureba uno mukino kuko uhishe byinshi.

Ati “Abakunzi bacu turabatumiye ku mukino wa Gasogi United kuko ni wo twifuza gukoresha twiyunga na bo.Turashaka kureba niba koko ari abakunzi cyangwa abafana bazaze babitwereke kuri Stade kuko tuzanereka KNC ko tutari abagore nkuko yabivuze, ahubwo turi abagabo.”

Gasogi United ni yo iyoboye urutonde rwa Shampiyona kugeza ku munsi wa Gatatu aho ifite amanota arindwi mu gihe Rayon Sports ifite abiri ikaza ku mwanya wa 11.

Aya makipe yombi yaherukaga guhura ku mukino wo kwishyura wa Shampiyona y’umwaka ushize aho icyo gihe Gasogi United yari yatsinze Rayon Sports ibitego 2-1.

Kwinjira kuri uyu mukino ni ibihumbi bibiri mu myanya isanzwe yo hasi ibihumbi bitatu mu myanya isanzwe yo hejuru, ibihumbi 15 muri VIP, ibihumbi 30 VVIP, ibihumbi 100 Executive Seats ndetse n’ibihumbi 900 muri Executive Box.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

UMUHANZI UKOMEYE WA HIP-HOP SEAN “DIDDY” COMBS YAFASHWE ARAFUNGWA

0

Umuhanzi ukomeye wa hip-hop Sean “Diddy” Combs yafatiwe mu mujyi wa New York kubera ibyaha akekwaho bitatangajwe, nk’uko abayobozi babwiye umufatanyabikorwa wa BBC muri Amerika CBS.

Ifatwa rye mu gace ka Manhattan rikurikira ibitero byagabwe ku nyubako ze ebyiri i Los Angeles na Miami muri Werurwe mu rwego rw’ “iperereza rigikomeje” ku bijyanye no gicuruza abantu mu rwego rw’ubusambanyi.

Umwunganizi wa P Diddy, Marc Agnifilo, yavuze ko bababajwe cyane n’ifatwa rye kandi umukiriya we ari “umuntu w’inzirakarengane”.

Mu minsi ishize nibwo uyu muhanzi yatangiye kuregwa ibirego byinshi kuva ku ihohotera rishingiye ku gitsina kugeza ku ihohotera ryo mu rugo, harimo n’ibyahishuwe n’uwahoze ari umukunzi we, umuhanzikazi Casandra “Cassie” Ventura. Yahakanye ibyo aregwa byose.

Ifatwa rye ryakozwe mu rwego rwo gukora iperereza rikomeje gukorwa n’abashinzwe umutekano mu gihugu cya Amerika, nk’uko abashinzwe umutekano benshi babitangarije CBS.

Umushinjacyaha wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu majyepfo ya New York, Damian Williams, yemeje ko Diddy yatawe muri yombi mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Nyagatare : Umugore w’imyaka 22 yatangiye gukora bombo mu buki, amata n’isukari agamije kubaka uruganda rwambere rukomeye mu Rwanda

0

Mutoni Ruth ufite imyaka 22 ni umugore w’abana babiri ukora bombo mu buki, amata n’isukari akaba azikorera mu Karere ka Nyagatare mu Murenge wa Karangazi. Kuri ubu, afite intumbero zo kuzubaka uruganda rukorera bombo mu Rwanda ngo kuko yabonye ari ibintu bishoboka cyane.

Mutoni yatangiye gukora bombo mu 2020. Ni bombo zimeze nka shokora aho zifite umwimerere w’ubuki, isukari n’amata, zikaba zikozwe mu buryo zitera imbaraga uziriye wese.

Mu kiganiro yagiranye na KURA, Mutoni yavuze ko yatangiye gukora bombo akuye ubumenyi ku mugabo we. Yongeyeho ko yabanje kwitinya ariko gahoro gahoro agenda akora nke, abaziriye bakamubwira ko ziryoshye.

Ati “Ntangira kuzikora, nabyigiye ku mugabo wanjye, ntangira mbona ari ibintu bigoye ariko ndavuga nti reka ngerageze kuko mu Rwanda nta bombo dukora ziragera aho zimenyekana. Ntangira gutyo bigoranye ariko tukazikora, mu kwezi twakoraga bombo 100 cyangwa 150 kugeza ubwo abantu babimenyereye dutangira kuzongera noneho.”

Bombo ze zigura 100 Frw kuri buri imwe. Mu kwezi ashobora gucuruza bombo 300 kugeza kuri 500 bitewe n’uko nta mashini zifatika bafite.

Yavuze ko mu minsi ishize babonye ibihembo bya Youth Connect bituma bongera kwisuganya ku buryo batangiye gukora bombo 50 ku munsi kandi zikanabona amasoko zose.

Mutoni yavuze ko imbogamizi bafite mu gukora bombo ari ibikoresho bike n’uburambe buke ku buryo aramutse abonye ahantu yiyongerera ubumenyi byamufasha cyane.

Ati “Indi mbogamizi ni imashini zidufasha gutunganya ubuki n’amata ikabivanga, irahenda cyane bigatuma tudakora nyinshi. Indi ntabwo turabona ibyo dupfunyikamo neza ku buryo byadufasha. Amasoko ntabwo araba menshi na yo, urebye imbogamizi ni izo ngizo.”

Mutoni Ruth ufite imyaka 22 ni umugore w’abana babiri ukora bombo mu buki, amata n’isukari

Mutoni yavuze ko gukora bombo harimo inyungu nyinshi ku buryo wabikoze kinyamwuga byaguha amafaranga menshi.

Yongeyeho ko bishobora kukwinjiriza amafaranga menshi mu gihe wabikoze ubyitayeho unafite amasoko.

Yagiriye inama abakiri bato yo kwitinyuka cyane cyane igitsina gore, bagakora ibintu bibarimo kandi bakagerageza kuba inyangamugayo no gukora cyane ngo kuko kuri ubu urubyiruko n’abakobwa bahawe umwanya kandi ubuyobozi bubitayeho cyane.

Ati “Turi mu gihugu kiri gutanga amahirwe ku rubyiruko cyane cyane igitsina gore, rero nabagira inama yo gutinyuka bagashyira hanze impano ibarimo. Nibareke kwitinya cyangwa kumva ko bakorera abandi, oya rwose. Iyo mpano ikurimo wayibyaza umusaruro mu gihe wagize intumbero nziza.”

Kuri ubu Mutoni akoresha abakozi batatu amenyereza gukora bombo, akaba afite intumbero zo kuzubaka uruganda rutunganya bombo mu buki, amata n’isukari. Yavuze ko azashyirwa ari uko uru ruganda arwubatse kuko yabonye ko ari ibintu bishoboka.

 

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Menya bimwe mu bintu by’ibanze abagore bafite bikurura abagabo cyane.

0

Abagabo bakururwa n’abagore cyane kurusha uko bo babakurura, aha abenshi bibaza ikintu cyaba cyiri mu bagore cyaba gikurura abagabo cyane. Nubwo abagore bakurura abagabo, buri mugabo agira ibintu byinshi bitandukanye bimukurura ku mugore.

Mu nkuru yacu uyu munsi tugiye kureba bimwe mu bintu by’ibanze abagore bafite bikurura abagabo cyane.

1. Ubwiza: Ubwiza ni kimwe mu bintu by’ambere bikurura abagabo ku bagore ku buryo bwo hejuru. Ikizakubwira ko ubwiza buri ku isonga, nugera ahantu hari umukobwa mwiza uzasanga abantu bose b’igitsinagabo bifuza kuba bari iruhande rwe.

2. Ubwenge: Hari abagabo bakunda abakobwa bafite ubwenge, bityo ugasanga barihebeye babakobwa b’abanyabwenge kugira ngo bazabafashe mu buzima bwabo.

3. Imiterere: Imiterete ni ikindi kintu gikomeye gikurura abagabo kuko abenshi bakunda abagore bashingiye ku byo babonye inyuma, iyo umukobwa ateye neza, rimwe na rimwe afite ikibuno kinini cyangwa amabere ateye neza, ni kimwe mu bintu bikurura abagabo cyane.

4. Amafaranga: Hari abandi bagabo nabo bakururwa n’amafaranga, akumva ngo kuko uriya mukobwa afite amafaranga ngomba kumutereta.

Ibi tuvuze haruguru ni ibintu by’ibanze abagabo bose bahuriye bibasunikira gukunda igitsana gore. Umugore wese ufite ibyo bintu twavuze usanga akundwa cyane n’abagabo bagiye batandukanye.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748