Home Blog Page 5

Solange Tuyishime Keita ukomoka Rwanda muri Miss Universe Yaserutse muri Bikini— Atangaza Inkuru Ikomeye y’Umubiri We n’Urugendo rutoroshye Yaciyemo

0

Solange Tuyishime Keita ukomoka mu Rwanda na bagenzi be bahatanye mu irushanwa rya Miss Universe riri kuba ku nshuro ya 74, baserutse mu mwambaro wa Bikini berekana ubwiza bwabo mu myambaro yo kogana.

Uyu mubyeyi w’abana bane ari mu bantu 121 bahataniye iri kamba kuva ku wa 1 Ugushyingo, aho uzahiga abandi azamenyekana ku wa 21 Ugushyingo 2025, mu birori bizabera mu nyubako ya Impact Challenger Hall yo mu Mujyi wa Nonthaburi muri Thaïlande.

Mbere y’uko aserukana na bagenzi be yabanje kwandika ubutumwa burebure ku rukuta rwe rwa Instagram, agaragaza ko atewe ishema n’umubiri we. ni ubutumwa yashyizeho ari kumwe n’abana be batatu, arangije agaragaza ko umubiri we wakoze amateka.

Mu butumwa yanditse, yahishuye urugendo rutoroshye yaciyemo mu myaka ishize. Yagaragaje ko yabyaye abana bane mu mezi 23, harimo n’umwe w’umumarayika yapfushije.

Solange Tuyishime Keita ukomoka mu Rwanda

Yavuze ko bitari byoroshye nyuma yo kubyara yongera kwiyubaka bundi bushya, agaragaza ko mu myaka 13 ishize bitashobokaga kuri we, gutinyuka kongera kwambara bikini ku karubanda.

Ati “Buri munsi ndeba uyu mugore mu ndorerwamo, nkamubwira nti ‘ntewe ishema nawe’.”

Tuyishime Keita yavuze ko umubiri we ari urwibutso rw’urugendo rw’ubuzima, harimo ibikomere byo kubyara abazwe, amaribori, ububabare, imbaraga, n’amahitamo yo kubaho neza no kubungabunga ubuzima.

Yashimiye abagore bamuhumuye barimo abamamaye mu mikino itandukanye ndetse no mu myidagaduro barimo Allyson Felix, Naomi Osaka, Serena Williams, Shelly-Ann Fraser-Pryce na Alex Morgan.

Ati “Nshimira buri mugore wiyubaka, buri mubyeyi uri kongera kubona urumuri rwe, n’umukobwa wese uri kwiga gukunda uruhu rwe.”

Nicole Peiliker wo mu Birwa bya Bonaire na Tuyishime Solange Keita wo mu Rwanda ni bo bakuru bahatanye muri iri rushanwa rya Miss Universe. Bose bafite imyaka 42.

Uzegukana ikamba rya Miss Universe 2025, azaba asimbuye Victoria Kjær Theilvig wo muri Denmark w’imyaka 21, waryegukanye mu mwaka washize. Ushaka guha amahirwe Tuyishime uhagarariye u Rwanda muri Miss Universe wajya muri Playstore cyangwa muri Apple Store ugashaka ‘application’ y’irushanwa.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Umuraperi Sandra Miraji yagarutse mu muziki nyuma y’imyaka myinshi mu kiruhuko

0

Sandra Miraji uri mu bagore ba mbere bake batinyutse gukora injyana ya Hip Hop mu Rwanda, yatangaje ko inshingano nyinshi yagize mu myaka yashize zatumye abakunze ibihangano bye bicwa n’irungu, ateguza kongera gushyira hanze indirimbo nshya mu minsi ya vuba.

Yabigarutseho mu kiganiro yatanze kuri Podcast nshya yatangije, aho yavuze ko ibihe bishize bitatumye aha umuziki abakunzi be kubera kugira inshingano nyinshi atigeze atangaza.

Ati “Ntabwo naretse umuziki, nagize inshingano nyinshi ziryamira umuziki. Ariko ntabwo nawureka ni ubuzima. Iyo mbyutse mba ndi mu muziki, aho ngiye hose aba ari njye n’umuziki. Inshingano zambanye nyinshi ubu, gusa ndaza kubaha akantu vuba.”

Sandra Miraji yabajijwe impamvu yatangije Podcast ye avuga ko zari inzozi ze, ariko yagiye agira birantega zatumye atabishyira mu ngiro.

Ati “Zari inzozi maze imyaka ijya kugera kuri ibiri nshaka kubikora ariko bikanga, ni ikintu nari mfite mu bintu nshaka gukora muri uyu mwaka. Ntabwo nabashije kubigeraho mu gihe cyashize ariko byari biri mu mutwe wanjye, ndabikunda.”

Iyi Podcast ye nshya yise “Miraji On Pod’’ avuga ko azajya atangaho ibiganiro ku buzima bwe bw’umuziki, acishemo atumire n’ibindi byamamare.

Uyu mugore yongeye kumvikana nyuma y’uko mu 2019 yari yashyize hanze indirimbo yise “Hagenimana”, yasohoye nyuma y’imyaka itatu adakora umuziki kuko yaherukaga kugaragaza ingufu mu 2016.

Ubwo yasohoraga iyi ndirimbo ye mu 2019, yavugaga ko yafashe igihe gihagije ngo yige uko yakora umuziki ukanamwinjiriza mu buryo bw’amafaranga kuko igihe yari awumazemo utari uhagaze neza. Gusa nyuma aza gutangaza ko nyuma y’igihe gito yavuze ko agiye kuwureka, ndetse yari amaze igihe ntawe uzi akanunu ke.

Sandra Miraj ari mu bagore bake batinyutse injyana ya Hip Hop mbere, avuga ko yayikomoye ku rukundo yakundaga umuziki wo muri iyi njyana, ndetse akaba yarafatiraga kuri Nicki Minaj, agikunda n’uyu munsi.

Sandra Miraj yakoze indirimbo zabiciye zirimo izo yise Andi mahirwe yakoranye na Bull Dogg, Isezerano yakoranye na Butera Knowless, Byakaze,Impeta y’urupfu yakoranye na Green P,Icyemezo yakoranye na P Fla na Jody, Powa powa n’izindi.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

APR WBBC yatsinze REG WBBC amanota 82-71, yegukana Igikombe cya Zone 5 cyaberaga i Nairobi

0

APR WBBC yatsinze REG WBBC amanota 82-71, yegukana Igikombe cya Zone 5 cyaberaga i Nairobi muri Kenya.

Uyu mukino wa nyuma wahuzaga abakeba wabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 15 Ugushyingo 2025.

Ikipe y’Ingabo yawugiyemo imaze imikino 11 idatsinda REG WBBC mu marushanwa yose.

APR yatangiranye umukino imbaraga nyinshi, abarimo Italee Lucas na Destiny Philoxy bayitsindira amanota menshi. Agace ka mbere karangiye iyoboye umukino n’amanota 22 kuri 12 ya REG WBBC.

Mu gace ka kabiri umukino waryoshye urushaho kwihuta, cyane ko REG yari yatangiye gutsinda ibifashijwemo na Kayana Taylor. Aka gace Ikipe y’Ingabo yagatsinze ku manota 18-16.

Igice cya mbere cyarangiye APR WBBC iyoboye umukino n’amanota 40 kuri 28 ya REG WBBC.

Ikipe ya Sosiyete y’Igihugu Ishinzwe Ingufu yasubiranye imbaraga mu gace ka gatatu, Kristina King na Byukusenge Gloriose bakorera mu ngata Kayana.

Aka gace karangiye REG WBBC yagabanyije ikinyuranyo gisigara iri amanota abiri 57-59.

Agace ka nyuma k’injyanamuntu amakipe yombi yagatangiranye imbaraga ari nako akomeza kwegerana cyane mu manota.

Uko iminota yicumaga, Kamba Yoro Diakité, Italee Lucas na Philoxy bakomeje gukina neza cyane no gutsinda amanota.

Umukino warangiye APR WBBC yatsinze REG WBBC amanota 82-71 yegukana Igikombe cya Zone 5 cyaberaga i Nairobi muri Kenya.

Ikipe y’Ingabo ntiyaherukaga gutsinda REG WBBC kuko imikino yari imaze kuba 11 itayitsinda mu marushanwa yose.

Aya makipe yombi kongeraho Kenya Ports Authority azahagarira aka karere mu Mikino Nyafurika ya ‘Africa Women’s Basketball League’ izabera i Cairo mu Misiri tariki ya 5 kugeza ku ya 15 Ukuboza 2025.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Umugabo w’imyaka 36 yiciwe mu rugo yari yagiye gukizamo umugore n’umugabo barwanaga

0

Umugabo w’imyaka 36 yiciwe mu rugo yari yagiye gukizamo umugore n’umugabo barwanaga, bamukubita igiti mu mutwe ahasiga ubuzima.

Uyu mugabo yagiye gukiza mu rugo yumvaga barwana ku wa 13 Ugushyingo 2025. Amaze gukubitwa igiti mu mutwe yajyanywe kwa muganga apfa akihagera.

Umurambo we wahise ujyanwa mu buruhukiro mu gihe hagitegerejwe gusuzuma icyamuhitanye.

Polisi kandi gace kandi abandi bagabo babiri bishwe bigakekwa ko bari babanje kwiba amatungo.

Polisi yasabye abaturage kureka kwihanira bakageza ibibazo byabo ku nzego z’umutekano.

 

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Cardi B Yibarutse Umwana we wa Mbere na Stefon Diggs: Intangiriro nshya mu buzima bwe n’urukundo rushya

0

Umuraperikazi Belcalis Almanzar wamamaye nka Cardi B yibarutse umwana we wa mbere na Stefon Diggs wamamaye muri NFL, bamaze igihe bari mu rukundo.

Mu magambo yanditse kuri Instagram aherekejwe n’amashusho agaragaza imiterere ye nyuma yo kubyara yambaye imyambaro y’umukara, Cardi B yavuze ko ubuzima bwe bwagiye bugira impinduka mu bihe bitandukanye.

Ati “Ubuzima bwanjye bwagiye bugira uruhurirane rw’ibihe bitandukanye. Icyiciro gishize cyari intangiriro y’ibihe bishya. Gutangira bundi bushya ntibyoroshye ariko byari ngombwa kandi byampaye byinshi!”

“Nazanye umuziki mushya na album nshya ku isi! Nzana n’undi mwana mu buzima bwanjye, indi mpamvu yo gukomeza kuba ikindi gice cyiza cyanjye, indi mpamvu yo kwikunda kurusha ikindi gihe cyose cyangwa undi uwo ari we wese kugira ngo nkomeze guha abana banjye urukundo n’ubuzima bakwiye.”

Cardi B kandi yatangaje ko yatangiye kwitegura urugendo rw’ibitaramo by’uruhererekane biri imbere agiye gukora.

Ati “Nta kintu kizambuza guha abafana ibirori by’akataraboneka! Nize byinshi, nakize byinshi kandi ndishimira ubwiza bw’umugore ndi guhinduka.”

Uyu mwana wa Cardi B wavutse aje yongera umuryango we, usanzwe urimo abana batatu yari afitanye n’uwahoze ari umugabo we Offset.

Aba barimo umukuru yise Kulture ufite imyaka irindwi, Wave ufite imyaka itatu na Blossom ufite umwaka umwe wavutse nyuma yo gutandukana kwabo mu 2024.

Cardi B na Stefon Diggs batangiye kuvugwa mu rukundo muri Gashyantare 2025 ubwo babonwaga bari kumwe, mbere yo kwemeza urukundo rwabo muri Gicurasi.

Stefon afite abana barimo uwitwa Nova n’uwo yabyaranye na Aileen Lopera usanzwe ari umunyamideli kuri Instagram witwa Charliee Harper Diggs-Lopera.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Liberia yakuriyeho Viza Abanyarwanda bajya muri iki gihugu

0

Guverinoma ya Liberia yakuriyeho Viza Abanyarwanda bajya muri iki gihugu banyuze ku mupaka, inzira y’amazi ndetse no mu kirere.

Ibi byemejwe mu masezerano yasinywe ku wa Gatatu, tariki ya 12 Ugushyingo 2025, mu mujyi wa Monrovia, ahagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’impande zombi, hagaragajwe ko Liberia binyuze mu Ishami ryayo ry’Ububanyi n’Amahanga yashyize umukono ku masezerano yo gushyiraho Komisiyo Nshingwabikorwa y’Ubufatanye no gukuraho viza ku Banyarwanda.

Guverinoma ya Liberia yasabye abakora ku byambu, ku mipaka n’izindi nzego zibishinzwe gushyira mu bikorwa iyi gahunda kugira ngo Abanyarwanda babashe kwinjira mu gihugu nta nkomyi.

Gahunda nshya ya Liberia yo gukuriraho Viza Abanyarwanda ije yunganira gahunda y’u Rwanda yo gukuraho viza ku baturage b’ibindi bihugu byose bya Afurika, mu rwego rwo koroshya ingendo no guteza imbere ubucuruzi n’ubufatanye mu Karere no ku Mugabane w’Afurika

Ubufatanye hagati ya Rwanda na Liberia busanzwe bushingiye ku mibanire myiza mu bya dipolomasiyo, ubukungu n’ubucuruzi.

Gukuraho Viza ku Banyarwanda bizorohereza urujya n’uruza rw’abaturage mu nzego zirimo ubucuruzi no guteza imbere ubukerarugendo hagati y’ibihugu byombi.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

ForteBet Ads Match Of The Week

0

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Israel Mbonyi agiye gukora igitaramo “Icyambu” ku nshuro ya Kane

0

Ku nshuro ya kane, Israel Mbonyi igitaramo ‘Icyambu’, amaze imyaka itatu akorera muri BK Arena.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be igitaramo ‘Icyambu’ gitegerejwe kuzabera muri BK Arena ku wa 25 Ukuboza 2025.

Muri iki gitaramo, Israel Mbonyi azataramira abakunzi be baririmbana nyinshi mu ndirimbo ziri kuri album ye ya gatanu yise ‘Hobe’ aherutse kumurikira mu Intare Conference Arena.

Kuva mu 2022 Mbonyi yatangiye gukorera ibitaramo muri BK Arena kuri Noheli. Inshuro zose yabikoraga yuzuzaga iyi nyubako itinywa n’abatari bake mu bahanzi bitewe n’uburyo kuyuzuza bisaba imbaraga.

Mu myaka yose Israel Mbonyi amaze akora ibi bitaramo, mu 2024 nibwo yabonye imibare iri hejuru y’abitabiriye igitaramo cye kuko abarenga ibihumbi 10 bari bakoraniye muri BK Arena.

Ubwo aheruka gukora iki gitaramo, Israel Mbonyi yizihizaga imyaka icumi amaze mu muziki yatangiye mu 2014 ubwo yasohoraga album ye ya mbere yise ‘Number one’.

Mu 2017, Israel Mbonyi yamurikiye muri Camp Kigali album ye ya kabiri yise ‘Intashyo’, mu 2022 yaje kumurikira muri BK Arena album ye ya gatatu yise ‘Icyambu’ ari nabwo yatangije ibi bitaramo.

Mu 2023 Israel Mbonyi yamuritse album ye ya kane yise ‘Nk’umusirikare’ nayo yamurikiye mu gitaramo ‘Icyambu Live Concert 2’ cyabereye muri BK Arena ku wa 25 Ukuboza.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Umuhanzi Bobi Wine ushaka kuba Perezida yatunguye Abanya-Kisoro muri Uganda, yiyamamaza mu Kinyarwanda

0

Umuhanzi akaba n’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu wamamaye nka Bobi Wine, ushaka kuyobora Uganda yagaragaye mu bikorwa byo kwiyamamaza we n’umugore we Barbara Itungo Kyagulanyi bari kuvuga Ikinyarwanda.

Uyu mugabo n’umugore babikoze ubwo bari bari kwiyamamariza mu gace ka Kisoro. Bobi Wine yafashe ijambo arangije aravuga ati “Ndagusaba byose ubivuge, byose ubivuge.”

Barbara Kyagulanyi yahise afata ijambo ati “Murabona ko namwigishije? Mwumvise ko abizi. Mumpe amanota. Bagize ngo bampaye 100% kuko nakwigishije [aha yabwiraga umugabo]. Ngiye kuvuga ururimi mwumva. Turumvikana? Ibyo mvuga murabyumva? Naje kubasaba kuba umugore w’Umukuru w’Igihugu.”

Kuvuga Ikinyarwanda k’umugore wa Bobi Wine, Barbara Itungo Kyagulanyi, ntabwo ari ibintu byapfuye kuza gutyo, ahubwo aho akomoka muri Ntungamo abantu baho bavuga indimi zitandukanye zirimo n’Ikinyarwanda cyangwa Urunyankole. Aka gace kandi abagatuyemo bamwe bafite ibisekuruza mu Rwanda.

Bobi Wine ari kwiyamamariza kuyobora Uganda ahagarariye ishyaka National Unity Platform [NUP], aho amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe kuba ku wa 15 Mutarama 2026.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

RDC na Nigeria Zageze ku Mukino wa Nyuma mu Gushaka Itike ya World Cup 2026

0

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatsinze Cameroun igitego 1-0, Nigeria itsinda Gabon ibitego 4-1, zombi zigera ku mukino wa nyuma wa kamparampaka mu gushaka itike y’Igikome cy’Isi cya 2026.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane, tariki ya 13 Ugushyingo 2025, ni bwo muri Maroc habereye imikino ya ½ cy’imikino ya kamarampaka yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi.

Nigeria ni yo yabanje kwakira Gabon mu mukino wari ukomeye ku mpande zombi mu gice cya mbere cyarangiye nta kipe n’imwe ishoboye kureba mu izamu.

Mu gice cya kabiri ku munota wa 78 Akor Adams wa Nigeria yatsinze igitego cya mbere muri uyu mukino, ariko ku munota wa 89 Mario Lemina wa Gabon ahita acyishyura.

Iminota 30 y’inyongera yabaye inzozi mbi kuri Gabon kuko yatsinzwemo ibitego bitatu byose. Harimo icya Chidera Ejuke ku munota wa 97, na bibiri bya Victor Osimhen ku munota wa 102 na 110.

Nyuma y’intsinzi y’ibitego 4-1, Super Eagles yahise itegereza uko umukino wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) na Cameroun urangira kugira ngo imenye iyo bizahura.

Ni umukino waberaga kuri El Barid Stadium iri mu murwa mukuru wa Rabat, aho amakipe yombi yahanganye ariko igice cya mbere kikarangira nta yitsinze igitego.

Myugariro akaba na kapiteni wa Les Léopards, Chancel Mbemba, yabonye igitego ku munota wa kabiri w’inyongera kuri 90 y’umukino ahita ahesha ikipe ye kugera ku mukino wa nyuma.

Umukino wa nyuma uzayihuza na Nigeria uteganyijwe ku Cyumweru, tariki ya 16 Ugushyingo 2025. Ikipe izatsinda izahita ihatana n’andi makipe atandatu yo ku migabane itandukanye ku Isi kugira ngo ibone itike yo kuzakina Igikombe cy’Isi kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexique na Canada.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.