Home Blog Page 4

ForteBet Ads Match of The Week

0

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Fatima Bosch wo muri Mexique ni we wambitswe ikamba rya Miss Universe,Mu bagore n’abakobwa bagera ku 120, umunyarwandakazi yaje muri 30 bambere

0

Fatima Bosch wo muri Mexique ni we wambitswe ikamba rya Miss Universe mu gihugu cya Thailand kuri uyu wa gatanu, mu irushanwa risojwe ryararanzwe n’ibibazo byinshi n’amakimbirane kugeza uwariyoboraga yeguye.

Uyu mukobwa w’imyaka 25 yasohotse ahaberaga irushanwa mu ntangiriro z’uku kwezi kw’Ugushyingo, nyuma y’uko ukuriye irushanwa amucyuriye mu ruhame imbere ya bagenzi be, akanamubwira ko azirukana abamushyigikiye.

Nyuma y’icyumweru ibyo bibaye, babiri mu bagize akanama nkemurampaka barasezeye, umwe muri bo ashinja abategura irushanwa uburiganya.

Irushanwa rya Miss Universe, ryatangiriye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ni rimwe mu marushanwa y’ubwiza amaze igihe kirekire ku isi.

Abasesenguzi bavuga ko amakimbirane aherutse agaragaza itandukaniro ry’imico n’imiyoborere hagati y’abanyamuryango b’iri rushanwa bo muri Thailand n’abo muri Mexique.

Mu bakobwa batanu ba mbere, uwa kabiri yabaye Praveenar Singh wo muri Thailand, abandi ni abo muri Venezuela, Philippines na Côte d’Ivoire.

Thailand yari yakiriye Miss Universe ku nshuro ya kane, kandi umukobwa wayihagarariye uyu mwaka yafatwaga nk’ufite amahirwe menshi nk’uko urubuga rw’abafana rwabigaragazaga.

Iri rushanwa ribaye ku nshuro ya 74 kuva mu 1952 ryerekana ko iri shyirahamwe rishaka gukomeza kuba irigezweho.

Mu bagore n’abakobwa bagera ku 120 bahataniraga iri kamba muri iri rushanwa harimo n’umunyarwandakazi Solange Tuyishime Keita, usanzwe aba muri Canada.

Tuyishime yaje muri 30 ba mbere, ari na bo batoranyijwemo batanu bagera ku cyiciro cya nyuma.

Tuyishime yaje muri 30 ba mbere, ari na bo batoranyijwemo batanu bagera ku cyiciro cya nyuma.

Tuyishime washinze Elevate International, ikigo kigamije gufasha abagore kwitinyuka bakajya mu buyobozi no kugira uruhare rufatika mu iterambere ry’imibereho y’abaturage.

Uretse ibyo, ni Ambasaderi wa UNICEF Canada, aho ashinzwe guharanira uburenganzira bw’abagore n’abana ku Isi hose.

Mu 2023, Tuyishime yahawe Ishimwe ry’Ikirenga rya “Order of Ottawa”, aho Meya Mark Sutcliffe yamushimiye nk’umugore ushobora kubona icyiza n’icyizere mu bihe bikomeye cyane.

Si ubwa mbere yari yitabiriye irushanwa ry’ubwiza, mu 2004, yatsindiye ikamba rya Miss New Brunswick. Nyuma yaho, aza no kuba umugore wa mbere ukomoka muri New Brunswick watsindiye ikamba rya Miss Canada International nk’uko biaragara ku rubuga rwe.

Fatima Bosch wo muri Mexique ni we wambitswe ikamba rya Miss Universe

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Meddy yakeje Richard Nick Ngendahayo ufite igitaramo gikomeye ategerejwemo muri BK Arena

0

Umuhanzi Ngabo Medard benshi bazi nka ‘Meddy’, kuri ubu usigaye yariyeguriye kuririmbira Imana yakeje Richard Nick Ngendahayo ufite igitaramo gikomeye ategerejwemo muri BK Arena.

Meddy yifashishije urukuta rwe rwa Instagram, ahajya ubutumwa bw’amasaha 24 yatangaje ko ategerezanyije amatsiko igitaramo cya Richard Ngendahayo.

Ati” Mu byukuri nanjye nari ntegereje uyu munsi, Imana iguhe umugisha Nyakubahwa! Wahaye umugisha ubwana bwanjye.”

Richard Nick Ngendahayo umaze ibyumweru bibiri ageze i Kigali nyuma y’imyaka 17 aba mu Mujyi wa Dallas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ategerejwe mu gitaramo gikomeye yise ” Niwe Healing Concert”, azakorera muri BK Arena, tariki ya 29 Ugushyingo 2025.

Mu gihe amaze ageze i Kigali, uyu muramyi amaze gukoramo ibikorwa binyuranye birimo gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, yasuye kandi Ingoro y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse aremera umunyarwenya Kadudu wo muri Gen-Z Comedy igishoro cy’amafaranga ibihumbi 500.

Kwinjira muri iki gitaramo ni amafaranga ibihumbi 5,000Frw mu myanya isanzwe ndetse n’ibihumbi 30Frw mu myanya y’icyubahiro.

Richard ni umuhanzi wubatse izina mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, yamenyekanye cyane mu ndirimbo zitandukanye zirimo ‘Sumuhemu’, ‘Wemere Ngushime’, ‘Mbwira ibyo ushaka’, ‘Niwe’, n’izindi nyinshi.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Perezida Kagame yatembereje Emir wa Qatar mu rwuri rwe, amugabira Inyambo mu kurushaho gushimangira ubucuti

0

Perezida Paul Kagame yatembereje mu rwuri rwe, ruherereye Kibugabuga, Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani ndetse amugabira inka z’Inyambo.

Kuri uyu wa Kane nibwo Emir wa Qatar, yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, rugamije gukomeza ubufatanye n’umubano w’ibihugu byombi.

Ubwo yageraga ku kibuga mpuzamahanga cya Kigali, giherereye i Kanombe, uyu Muyobozi w’Ikirenga wa Qatar yakiriwe n’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Perezida Paul Kagame.

Nyuma yo kumwakira muri Village Urugwiro, nk’uko bitangazwa n’ibiro bya Perezida Kagame, ku rubuga rwa X, Perezida Kagame yatembereje Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani mu rwuri rwe ruherereye Kibugabuga.

Perezida Kagame kandi yagabiye Emir wa Qatar inka zo mu bwoko bw’Inyambo nk’ikimenyetso cy’umuco Nyarwanda bisobanura ubucuti n’umubano mwiza hagati yabo n’ibihugu byabo.

Muri uru ruzinduko Emir wa Qatar arimo mu Rwanda, biteganyijwe ko azagirana ibiganiro na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, byibanda ku mubano w’ibihugu byombi n’izindi nzego bishobora gukoranamo.

U Rwanda na Qatar ni ibihugu bisanganywe imikoranire mu nzego zitandukanye ziterambere zirimo ubukerarugendo, ubwikorezi bwo mu kirere, urwego rw’umutekano n’izindi nzego zitandukanye.

Birenze ibi kandi, Qatar iri kugira uruhare mu gukemura ibibazo by’umutekano muke bimaze igihe biri mu Karere k’Uburasirazuba u Rwanda ruherereyemo, binyuze mu biganiro by’amahoro n’ubuhuza.

Emir wa Qatar yaherukaga kugirira uruzinduko mu Rwanda mu mwaka wa 2019, ndetse icyo gihe ku mpande zombi hasinywe amasezerano menshi arimo ubufatanye mu byerekeranye n’umuco, siporo, ubukerarugendo ndetse n’ingendo zo mu kirere.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Atlético Madrid yasuye u Rwanda: Ubufatanye bwa ‘Visit Rwanda’ burushaho gukomera

0

Itsinda ryatutse mu ikipe ya Atlético de Madrid, riyobowe n’umuyobozi ushinzwe ibijyanye n’ubufatanye, Guillermo Alonso Álvarez, ryasuye u Rwanda, mu ruzinduko rugamije gukomeza ubufatanye.

Iri tsinda ryakiriwe na Minisiteri ya Siporo n’umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere, RDB, ku wa Kane, tariki ya 20 Ugushyingo 2025.

Ibiganiro bagiranye byibanze ku kongerera imbaraga ubufatanye mu guteza imbere siporo, guteza imbere impano z’abakinnyi ndetse n’ubufatanye burimo kwamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda.

Iyi kipe ikina mu cyiciro cya mbere cya Shampiyona yo muri Espagne, iheruka gusinya n’u Rwanda amasezerano y’ubufatanye mu kwamamaza ubukerarugendo, yashyizweho umukono tariki ya 30 Mata 2025, akazageza mu 2028.

Aya masezerano agamije kwamamaza ibyiza by’ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri gahunda ya ‘Visit Rwanda’, aho iyi kipe yambara ibirango bya Visit Rwanda ku myambaro y’imyitozo n’iyo ikipe y’abagore ikinana, ku mbuga nkoranyambaga ndetse no ku kibuga cyayo cya Riyadh Air Metropolitano stadium.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Umunyamahirwe udasanzwe yateze 200 Frw atsindira miliyoni 2,465,813 FRW muri ForteBet

0

UMUNYAMAHIRWE W’UMUNYABWENGE YATEZE 200 FRW KU ‘GICE CY’UMUKINO KIBONEKAMO IBITEGO BYINSHI’, ATSINDIRA 2,465,813 FRW

Umwe mu banyamahirwe ba ForteBet yaciye ibintu kuri uyu mugoroba nyuma yo gutega 200 Frw gusa ku mikino itanu yatoranyije neza, ahitamo uburyo bwo ‘Igice cy’umukino kibonekamo ibitego byinshi’, by’umwihariko agashyira icyizere ku gice cya kabiri.

Uyu munyamahirwe yafashe icyemezo cy’igitangaje nyuma yo gukurikirana imikino itandukanye ikunze kubonekamo ibitego byinshi mu minota ya nyuma. Uko yateraga buri mukino, ni ko amanota (odds) yiyongeraga, kugeza ubwo igikubo cye cyageze ku 13,698.85.

Ku biceri 200 Frw gusa, iyi tike ye ifite nimero 25320574537029, yahise imuhesha 2,465,813 Frw, yishyuwe ako kanya nk’uko byemejwe na ForteBet.

Muri iyi mikino itanu, igikubo gito cyari 2.09, ariko uyu muterankunga w’imikino ntiyigeze agwa mu kantu. Yongeyeho n’imikino yo gutsindana mu rugo no hanze, bituma amafaranga ye yikuba inshuro ibihumbi.

Sura: www.fortebet.rw

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Aline Gahongayire yikomye abakwirakwije inkuru mbi kuri Vestine ati: ‘Ijambo ribi ryose ndyambitse ubusa mu izina rya Yesu’

0

Umuhanzi mu ndirimbo zo guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yatangaje ko ibyavuzwe ko Ishimwe Vestine yaba yaramaze gutandukana n’umugabo we Idrissa Jean Luc Ouédraogo, byaba atari ukuri.

Ku munsi w’ejo ku mbuga nkoranyambaga, hiriwe hacicikana amakuru y’ugutandukana kwa Ishimwe Vestine n’Umugabo we.

Gusa mu butumwa Aline Gahongayire yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze, yavuze ko amagambo Vestine amuvugwaho yo gutandukana n’umugabo we atamushimishije ndetse amusabira ku Mana ngo azubake rukomere.

Yagize ati” Ndagusengera kandi ndagutwikiriza amaraso ya Yesu. Mukobwa, uri umunyamugisha ku cyaba cyose.

Yakomeje ati ” Muri ubu buzima bwiza, buri gihe hari umwuka ugendera ku bushake bw’Imana.”

Gahongayire yavuze ko nka Mukuru we mu rugendo rwo kuramya Imana, atashimishijwe n’ amagambo yavuzwe kuri Vestine.

Ati” Ntesheje agaciro imbaraga zose mbi zarwanya umugambi w’Imana ku buzima bwawe.

Ijambo ribi ryose ryavuzwe ryavugwa cyangwa ryatekerezwa ku buzima bwawe,nditesheje agaciro mu izina rya YESU.”

Yakomeje ati” Ku mavi yawe, aho ni ho haba inyegamo y’abaramyi , ujye uhahungira kure .”

Komera kandi uhore utekanye. Ndizera ko Yesu waguhaye ijambo rimwe, ari we ukongera noneho akaguha ijambo rishobora gucecekesha imiraba yose y’ubuzima bwawe.

Nanze ikibi cyose cyakugirira nabi.
Uzubaka, uzabyara, uzaheka, uzaramya kandi uzahimbaza Imana.
Erega wahawe ijambo, kandi byemewe n’Uwaryivugiye.

Gahongayire yifurije Vestine gukomera muri ibi bihe bitamworoheye.

Ati” Guma mu kubaho kwa papa w’ibyiza.Nta ntwaro bacuriye kukurwanya izagira icyo igutwara.”

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Arsenal na Visit Rwanda batandukanye nyuma y’imyaka 8: Ubufatanye bw’amateka bugiye gusoza mu 2026

0

U Rwanda n’ikipe yo mu Bwongereza ya Arsenal, bemeranyije ko ubufatanye bwo kwamamaza ibikorwa bya ‘Visit Rwanda’ bwari bumaze imyaka umunani buzasozwa mu mpeshyi y’umwaka utaha wa 2026.

Ni mu itangazo RDB yashyize hanze kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 19 Ugushyingo 2025.

RDB, binyuze muri Visit Rwanda, yari umufatanyabikorwa w’ikipe yo mu Bwongereza ya Arsenal, aho iyi kipe yamamazaga ikirango cya ‘Visit Rwanda’ ku myambaro yayo mu rwego rwo kumenyekanisha u Rwanda no guteza imbere ubukerarugendo.

Binyuze muri ubu bufatanye bwatangiye mu 2018, u Rwanda rwakiriye abakerarugendo bagera kuri miliyoni 1.3 mu 2024, bwinjiza amafaranga angana na miliyoni 650 z’amadolari y’Amerika, bingana n’izamuka rya 47% ugereranije na mbere y’uko ubu bufatanye butangira.

Uretse kwamamaza ‘Visit Rwanda’, bamwe mu bakinnyi n’abatoza ba Arsenal barimo Alex Scott, Mathieu Flamini, Bacary Sagna, Jurrien Timber, Caitlin Foord, Katie McCabe na Laia Codina, basuye ibyiza nyaburanga by’u Rwanda birimo Pariki y’Ibirunga, Nyungwe, Akagera n’ahandi, bamenya byinshi ku muco Nyarwanda.

Si ibi gusa kuko abakinnyi ba Arsenal bagiye bitabira mu bihe bitandukanye igikorwa cyo ‘Kwita Izina’ abana b’Ingagi, kiba buri mwaka mu Rwanda, bigaragaza ubufatanye bwimbitse mu kurengera urusobe rw’ibinyabuzima muri rusange.

RDB igaragaza ko ubufatanye na Arsenal butagize ingaruka gusa ku kuzamura ubukerarugendo bw’u Rwanda, ahubwo bwagize n’uruhare runini mu guteza imbere siporo, binyuze mu kuzamura impano z’abato no gukundisha benshi siporo

Umuyobozi wa RDB, Jean-Guy Afrika, yashimye ibyo ubufatanye na Arsenal bwagezeho mu myaka umunani ishize, avuga kandi ko u Rwanda ruzakomeza gukorana n’andi makipe, cyane cyane yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu rwego rwo kurushaho kumenyekanisha igihugu.

Ati” Turishimira ibyo ubu bufatanye bwagezeho mu myaka myinshi twakoranye. Bwafashije abantu kumenya u Rwanda no kurusura mu buryo ibikorwa bisanzwe byo kumenyekanisha igihugu bitari kugeraho. Nubwo ubu tugiye gukomeza iyi gahunda mu yindi mikino no mu masoko mashya, turacyashimira Arsenal ku bw’inkunga yabo, ubufatanye n’ukwizera basangiye natwe mu rugendo rwo kwamamaza inkuru y’u Rwanda mu myaka umunani ishize.”

Yavuze kandi ko u Rwanda ruzakomeza gukorana n’ikigo cya Kroenke Sports & Entertainment, binyuze mu bufatanye buherutse gusinywa n’ikipe ya LA Rams n’ikibuga cya So-Fi Stadium cyo muri Los Angeles.

Umuyobozi Mukuru wa Arsenal Richard Garlick, nawe yagaragaje ko gukorana n’u Rwanda byarushijeho kongera umubare w’abakunda Arsenal muri Afurika.

Ati” Ubufatanye bw’ikipe yacu na Visit Rwanda bwari urugendo rw’ingirakamaro. Twakoranye mu kumenyekanisha ubukerarugendo no kubungabunga ibidukikije mu Rwanda, ndetse tunubaka umubano mwiza n’abafana bacu muri Afurika. Turashimira RDB ku bufatanye bwiza twagiranye.”

Tariki ya 23 Gicurasi 2018, u Rwanda rwasinye amasezerano y’imikoranire y’imyaka itatu na Arsenal, ayo masezerano yongereweho imyaka ine mu 2021 kugeza mu 2025.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Ibyo utigeze umenya kuri Miss Rwanda 2020—Naomie asobanura urugendo rutoroshye rw’inyuma y’amashusho meza ya banyampinga

0

Nishimwe Naomie wabaye Nyaminga w’u Rwanda wa 2020, yasobanuye ubuzima yabayemo nyuma yo kwambikwa ikamba, agaragaza ko iby’ubwiza n’ubwamamare abantu babona bidahura n’ukuri k’ubuzima bwa buri munsi.

Ni ibyo yagarutseho mu kiganiro yagiranye na The New Times, aho yasobanuraga ko ubuzima bwa ‘Miss Rwanda’, bushobora kugaragara nk’aho ari bwiza kandi butanga amahirwe, ariko inyuma yabwo harimo ibintu byinshi biruhije birimo bitagaragarira amaso.

Ati “Nubwo rubanda rukunze kubona ubwiza n’amahirwe yo kuba ‘Miss Rwanda, ukuri kw’ibibera mu kibuga bishobora kugorana cyane.”

Yasobanuye ko benshi bafata ririya kamba nkaho rizana ubuzima bwiza butarimo ibibazo, ariko igihe yarimaranye cyamwigishije ko kubera inshingano yarafite byamusabaga kwihangana gukomeye.

Yakomoje ku gitutu Nyaminga ashyirwaho kandi aba akiri muto ahawe inshingano zikomeye zo guhagararira abandi.

Ati “Rimwe na rimwe kumenyekana bishobora kuba byiza kandi rimwe na rimwe bishobora kuba bibi.”

Yongeraho ko kuba Nyaminga bihatira umuntu kuba intungane nubwo yaba ahanganye n’ibibazo bye bwite.

Miss Naomie yavuze uburyo yakiraga ubutumwa bw’abantu bamubazaga niba ajya ababara bavuga ko bifuza ubuzima bwe, batazi ibihe bikomeye yanyuragamo yambaye iri kamba.

Avuga ko nubwo ikamba ari ikintu cy’agaciro, uyifite akomeza kuba umuntu ufite amarangamutima ndetse uhura n’ibigeragezo.

Muri iki kiganiro, yanagarutse ku bice by’ubuzima bwe bwite biri mu gitabo aherutse gushyira hanze yise ‘More than a crown’, birimo ubuzima bw’urugo rwe n’umugabo we Michael Tesfay n’uburyo yagannye muganga w’ubuzima bwo mu mutwe ibizwi nka ‘Therapy’.

Yavuze ko gutinyuka kuvuga ku byerekeye ubuzima bwe bwite ari uburyo bwo gufasha abandi kumva ko batari bonyine mu byo banyuramo.

Ahishura ko we n’umugabo we batangiye kuganirizwa na muganga ‘Therapy’ batarashyingirwa, kandi ko bakomeje kuyigana na nyuma yo kubana, kuko bibafasha kumvikana.

Yongeyeho ko mu Rwanda hakiri imyumvire yo gufata ubu bujyanama nk’ikintu kidasanzwe, ari yo mpamvu yiyemeje kubivuga kugira ngo n’abandi babibone nk’ikintu gifasha, bitari ukugira intege nke.

Ati “Singombwa kugera aho mugirana amakimbirane akomeye. Niyo mubashakanye hari ushaka kwikorana ‘Therapy’ uramureka akayikora, kugeza igihe azabasha kubohoka mukaba mwabiganiraho.”

Miss Naomie yavuze ko yifuza kwigisha abantu ibijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe ndetse no gukomeza kubafasha agendeye ku buzima bwite yanyuzemo.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

ForteBet Ads Week47

0

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.