Home Blog Page 2

Umukinnyi usiganwa ku magauru wo muri Uganda, yapfuye amaze gutwikwa n’uwahoze ari umukunzi we wamusutseho lisansi

0

Umukinnyi wasiganwaga ku maguru w’umunya-Uganda yapfuye nyuma y’iminsi micye arembeye mu bitaro byo muri Kenya, amaze gutwikwa n’uwahoze ari umukunzi we wamusutseho lisansi.

Ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku maguru muri Uganda ryatangaje ku rubuga X ko ribabajwe “no gutangaza urupfu rw’umukinnyi wacu” Rebecca Cheptegei.

Iri shyirahamwe rivuga ko Cheptegei yapfuye “kare muri iki gitondo bivuye ku rugomo rukorerwa mu ngo yakorewe”.

Umuryango we ntabwo uremeza uru rupfu ariko Dr Owen Menach ukuriye ibitaro bya Moi Teaching and Referral Hospital mu mujyi wa Eldoret yabwiye ibinyamakuru byaho ko Rebecca yapfuye nyuma y’uko ingingo zose zo mu mubiri we zihagaze.

Umukinnyi wasiganwaga ku maguru w’umunya-Uganda yapfuye nyuma y’iminsi micye arembeye mu bitaro byo muri Kenya

Rebecca yari asanzwe ari umusirikare mu ngabo za Uganda, kandi ni we mugore muri icyo gihugu ufite umuhigo wo kwiruka marathon akoresheje 2:22:47, umuhigo yaciye mu 2022 muri marathon ya Abu Dhabi muri United Arab Emirates.

Rebecca wari ufite imyaka 33, yarangije ari uwa 44 mu gusiganwa marathon mu mikino Olempike iheruka i Paris mu Bufaransa.

Abategetsi bavuga ko ku cyumweru gishize ubwo yari avuye gusenga we n’abana be babiri, yasagariwe na Dickson Marangach umugabo wahoze ari umukunzi we, ari iwe mu mujyi muto wa Endebess ari naho yitoreza mu burengerazuba bwa Kenya.

Marangach yamusutseho lisansi maze aramutwika nyuma y’intonganya hagati yabo, nk’uko byatangajwe n’abaturanyi babo.

Cheptegei yatabawe n’abaturanyi ajyanwa ku bitaro ariko yari yagize ubushye bugera kuri 80% by’umubiri we, nk’uko abaganga babitangaje.

Cheptegei, ukomoka mu karere ko hakurya y’umupaka muri Uganda, bivugwa ko yari yaraguze ubutaka mu ntara ya Trans Nzoia ya Kenya akabwubakamo inzu. Ako gace karimo ibigo byinshi abasiganwa ku maguru bitorezamo.

Raporo yatanzwe n’abategetsi baho ivuga ko we n’uwo wahoze ari umukunzi we bagiye bagirana ubushyamirane kubera ubwo butaka.

Se wa Cheptegei, Joseph Cheptegei, mu ntangiriro z’iki cyumweru yabwiye abanyamakuru ko uwo mugabo yashakaga kuriganya ubutaka umukobwa we. Yavuze ko asenga ngo “umukobwa wanjye ahabwe ubutabera”.

Marangach na we wahiye ku rugero rwa 30% mu gutwika Rebecca, na we muri iki cyumweru yari arimo kuvurirwa ku bitaro bimwe na Rebecca byo mu mujyi wa Eldoret, ari na byo bikuru muri ako gace, nk’uko abaganga babitangaje.

Ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku maguru rya Uganda rivuga ko “twamaganye ibintu nka biriya kandi turasaba ubutabera”.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru polisi ya Kenya yatangaje ko irimo gukora iperereza ku byabaye.

Rebecca wari ufite imyaka 33, yarangije ari uwa 44 mu gusiganwa marathon mu mikino Olempike iheruka i Paris mu Bufaransa.
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Bien-Aimé Baraza wamamaye mu itsinda rya Sout Sol yasesekaye i Kigali yakirwa na Bruce Melody

0

Umuhanzi wo mu gihugu cya Kenya Bien-Aimé Baraza wamamaye mu itsinda rya Sout Sol yasesekaye i Kigali, kuri uyu wa kabiri taliki ya 27 Kanama 2024.

Ubwo yageraga ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, yakiriwe n’umuhanzi Bruce Melodie bafitanye imishinga y’indirimbo, akaba aje mu Rwanda kugira ngo bafate amashusho yayo.

Bien Aime Baraza yakiriwe na Bruce Melody

Akigera mu Rwanda, yatangaje ko ahakunda cyane kandi ko iyo ari mu Rwanda aba yumva ari mu rugo atekanye, kuko yemeza ko ari mu rugo ha Kabiri.

Abajijwe icyo gukorana na Bruce Melodie bisobanuye, yavuze ko ari ibintu by’agaciro cyane, kuko yemeza ko Bruce ari umuhanzi ukomeye  kandi ufite impano.

Ati “Gukorana na Bruce Melodie bisobanuye buri kimwe kuri njye. Nahoze nifuza gukorana indirimbo n’umuhanzi wo mu Rwanda.

“Ndashimira Bruce Melodie kuba yaremeye gukorana nanjye, kuko ni umuhanzi mpuzamahanga ufite impano itangaje.”

Bien Aime Baraza ni umwe mubahanzi bakunzwe cyane muri Kenya, yavuzeko uretse Bruce Melody akunda mubahanzi bo mu Rwanda, Hari n’abandi yiyumvamo ndetse ashaka gukorana nabo harimo Mike Kayihura na Kivumbi King.

Bien Aime yavuzeko yiyumvamo u RWANDA NDETSE ahafata Niko murugo
Abanyamakuru bari baje kwakira Bien Aime Baraza ku kibuga cy’indege I kanombe

 

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Umuhanzi Wariva Hamim yashyize hanze indirimbo irimo inkuru y’urukundo ibabaje arikumwe na Yee Fanta(Video)

0

Umuhanzi urikuzamuka neza muri muzika Nyarwanda, Wariva Hamim yashyize hanze indirimbo nshya yise “Kuki wansize njyenyine” afatanyije na Yee Fanta.

Ni ndirimbo wumvako irimo amagambo y’urukundo ababaje aho uyu muhanzi aba abaza umukunzi we impamvu yamusize wenyine.

Mu kiganiro Wariva yagiranye n’ikinyamakuru Ibyamamare yavuzeko yishyira mu mwanya w’umuntu watawe n’umukunzi we.

Yagize ati ” Ni indirimbo y’urukundo umuntu aririmbira umukunzi we wamutaye amubaza uko amerewe, amubwirako amukumbuye ngo azagaruke amusuhuze”

Iyi ni ndirimbo ya 5 Wariva ashyize hanze nyuma yiyo yakoranye n’umuhanzi BUSHALI.

Wariva asaba abakunzi b’umuziki kumushyigikira bumva ibihangano bye kurubuga rwa YouTube nahandi humvirwa umuziki ndetse babisangiza n’abandi ahamyako iyo ari inkunga ikomeye ndetse bikaba byakomeza kumutera imbaraga akabaha ibihangano byiza.

Umuhanzi urikuzamuka neza muri muzika Nyarwanda 🇷🇼 Wariva

REBA VIDEO:

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Umubyeyi wa Lamine Yamal icyamamare mu mupira w’amaguru, yatewe ibyuma umubiri wose n’abagizi ba nabi

0

Mounir Nasraoui ubyara umukinnyi Lamine Yamal w’icyamamare mu mupira w’amaguru muri Espagne w’imyaka 17 y’amavuko, yatewe ibyuma inshuro nyinshi n’abagizi ba nabi ari muri parikingi.

Ibinyamakuru byo muri Esipanye byatangaje ko Mounir Nasraoui yasagariwe n’abantu ari mu mujyi wa Mataró, mu Majyaruguru ya Barcelone mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki 14 Kanama 2024, abamusagariye bakaba ari abantu yari yigeze guhura na bo ndetse baranavugana kuri uwo munsi mu masaha y’umugoroba.

Polisi yo muri Esipanye yatangaje ko abantu batatu bafashwe ku wa Gatatu, undi wa kane afatwa ku munsi wakurikiyeho, bakaba bakekwaho uruhare muri urwo rugomo.

Mounir Nasraoui we yajyanywe kuvurirwa mu bitaro biri i Barcelone arembye cyane, ariko mu masaha yakurikiyeho ngo yagiye yoroherwa.

Icyo gitero cyabereye hafi y’agace ka Rocafonda Yamal yakuriyemo.

Se wa Yamal ngo yari yabanje kugirana ikibazo n’itsinda ry’abantu yahuriye na bo mu nzira arimo atembereza imbwa, nyuma yaho baza kumusanga aho yari ari muri parikingi, bamutera ibyuma inshuro nyinshi.

Icyatumye babimutera ntabwo cyahise kimenyekana.

Lamine Yamal ukinira ikipe ya FC Barcelone yo muri Esipanye, ni umukinnyi wa mbere muto wamamaye cyane mu mateka y’ikipe y’Igihugu ya Esipanye, dore ko aherutse kuyifasha kwegukana igikombe cya Euro 2024, gihuza amakipe y’ibihugu ku mugabane w’i Burayi, ahabwa n’ishimwe ryo kuba ari we mukinnyi muto wari muri iryo rushanwa.

Spain’s Lamine Yamal celebrates after scoring their side’s first goal of the game during the UEFA Euro 2024, semi-final match at the Munich Football Arena, Germany. Picture date: Tuesday July 9, 2024. PA Photo. See PA Story SOCCER Spain. Photo credit should read: Bradley Collyer/PA Wire. RESTRICTIONS: Use subject to restrictions. Editorial use only, no commercial use without prior consent from rights holder.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Miss Irasubiza Alliance, yambitswe impeta ya fiyansaye ahamyako yahuye n’urukundo yari yarabuze

0

Miss Irasubiza Alliance wegukanye ikamba rya Miss Popularity muri Miss Rwanda mu 2020, yambitswe impeta y’urukundo n’umusore bamaze igihe mu munyenga w’urukundo.

Uyu mukobwa yishimiye gutangariza abamukurikira ku rubuga rwa Instagram, ko yemeye gushyingiranwa n’uyu musore waciye bugufi agatera ivi amusaba kuzamubera umugore.

Mu butumwa Irasubiza yanditse, yanejejwe no kuba agiyeg ushyingiranwa n’uwo umutima we wishimira afata nk’urukundo rwe rw’ubuzima asigaje ku Isi.

Yanditse agira ati “Navuze ngo ‘Yego’ ku rukundo rw’ubuzima bwanjye. Ndumva ndi umunyamugisha udasanzwe n’umunyamahirwe kuba narahuye n’umuntu wo kwizerwa, wuje urukundo rw’Imana, kandi duhuza cyane.”

“Wamfashije gukura mu buryo ntigeze ntekereza, kandi utuma niyumva nk’umukobwa mwiza cyane ku Isi. Mfite amatsiko y’ubuzima nsigaje ndi kumwe nawe bwo gutuza, bw’agatangaza no gushaka Umwami turi kumwe buri munsi. Ndi kumwe n’inshuti yanjye magara duhuza ubuziraherezo.”

Ni ubutumwa bwari buherekejwe n’umurongo wo muri Bibiliya Abakorinto 13:13 handitse ngo “Ariko none hagumyeho kwizera, ibyiringiro, n’urukundo, ibyo uko ari bitatu, ariko ikiruta ibindi ni urukundo.”

Muri Kamena nibwo Irasubiza yagaragaje uyu musore bakundana ku nshuro ya mbere abihishurira inshuti ze n’abamukurikira kuri Instagram.

Alliance Irasubiza ni umwe mu bakobwa bahataniraga ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, aho yegukanye ikamba rya Miss Popularity rimwe mu makamba afite agaciro mu irushanwa rya Miss Rwanda dore ko rinahabwa umukobwa ukunzwe cyane akaba ashyigikiwe na benshi.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Umuhanzikazi Sheebah wo muri Uganda yavuze uburyo Knowless yanze ko bakorana indirimbo, ati kuva ubwo ntiturongera kuvugana

0
{"data":{"pictureId":"0dff9cc848e848dc953e38d1e333fd78","appversion":"3.2.0","stickerId":"","filterId":"","infoStickerId":"","imageEffectId":"","playId":"","activityName":"","os":"android","product":"retouch","exportType":"image_export","editType":"image_edit"},"source_type":"vicut","tiktok_developers_3p_anchor_params":"{"source_type":"vicut","client_key":"aw889s25wozf8s7e","picture_template_id":"","capability_name":"retouch_edit_tool"}"}

Mu myaka yashize havuzwe ko Sheebah na Butera Knowless badacana uwaka nyuma y’uko uyu muhanzi wo muri Uganda yifuje ko bakorana indirimbo undi akamubera ibamba.

Ati “Ntekereza ko nta kibazo cyabayeho, twagerageje gukora indirimbo hanyuma ntiyaboneka muri studio, nta kintu kidasanzwe cyabaye, narabyakiriye rero ntabwo bikwiye gushyirwa kure cyane.”

Sheebah avuga ko amaze igihe atavugana na Butera Knowless icyakora ko mu gihe yabona uko bavugana bahuza bakaganira.

Ati “Tumaze igihe tutavugana ariko ngize amahirwe yo kumubona rwose twavugana kuko ndi umuntu mukuru, utareba ibibi byabayeho ahubwo uha agaciro ibyiza, nta kintu nafashe nk’ikibazo cyihariye rwose.”

 

Sheebah afite igitaramo mu mujyi wa Kigali

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Miss Kayibanda Aurore YAKOZE ubukwe (Amafoto)

0

Miss Kayibanda Aurore wambitswe ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2012, yasezeranye imbere y’Imana na Gatera Jacques mu muhango wabereye Marie Auxiriatrice ku Kimihurura.

Uyu muhango wabaye kuri uyu wa 15 Kanama 2024 wakurikiye uwo gusaba no gukwa wabaye mu cyumweru gishize, uyu ukaba ari umuhango na wo wakurikiye uwo gusezerana imbere y’amategeko wabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa 22 Gashyantare 2024.

Ubukwe bwa Miss Kayibanda Aurore burasorezwa mu muhango wo kwakira abatumiwe uteganyijwe kubera mu Intare Arena ku mugoroba wo ku wa 15 Kanama 2024.

Muri Mutarama 2023 ni bwo Gatera yafashe icyemezo yambika impeta Miss Kayibanda amusaba ko bazabana akaramata undi na we yemera atazuyaje.

Miss Kayibanda na Gatera bari basanzwe batuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ni na ho basezeraniye imbere y’amategeko mbere y’uko bemeranya gukorera ubukwe mu Rwanda ari na ho bazatura.

Miss Aurore Kayibanda yambitswe Ikamba rya Miss Rwanda mu 2012, mu 2015 aza kwerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yari agiye gukomereza amashuri.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Coach Gael yashyize iherezo ku ntambara ye na The Ben, bariyunga

0

Mugisha Benjamin (The Ben) nyuma y’imyaka ibiri yari amaze adacana uwaka na Karomba Gael (Coach Gael) bongeye guhura bashyira akadomo ku mwuka mubi wari umaze iminsi uvugwa hagati yabo.

Abakurikirana iby’imyidagaduro mu Rwanda basamiye hejuru amafoto ya The Ben na Coach Gael abagaragaza bari kumwe, basangira ubona ko bahuje urugwiro, ibintu byaherukaga mu myaka ibiri ishize bagitegurana umushinga w’indirimbo “Why” yahuje The Ben na Diamond Platnumz.

Ni amafoto yashyizwe hanze na The Ben ubwe yongeraho (Tag) Coach Gael aho ayo mafoto yari aherekejwe n’amagambo agira ati “Abavandimwe bongeye guhura. Reka twubake kandi dufate Isi.”

Ni amafoto yanyuze benshi mu bayagezeho kuri Instagram, bagaragaza ko bishimiye kongera kubabona bari kumwe.

Ally Soudy wagarutse kuri aya mafoto yagize ati “Ubundi, ubuzima ni bugufi tu.”

MC Nario we yashimiye Imana yandika agira ati “Hallelujah, Amen.”

Julien BmJizzo umenyerewe mu gutunganya amashusho y’indirimbo yanditse agira ati “Ndumva narira, urakoze Mana, The Ben na Coach Gael murakoze, ubu reka dukore.”

Mu by’ukuri The Ben na Coach Gael nubwo byavuzwe ko bafitanye ibibazo ariko bo ubwabo ntibigeze bajya mu itangazamakuru ngo bagaragaze ikibazo bagiranye nyuma yo guhurira ku mushinga w’indirimbo “Why”.

Gusa mu minsi ishize ubwo hasohokaga integuza y’indirimbo “Sikosa” ya Kevin Kade, The Ben na Element; yabaye nk’izura akaboze.

Iyi ndirimbo yatinze gusohoka bituma benshi bikoma Coach Gael bavuga ko yayitambitse kubera ibibazo afitanye na The Ben noneho byahujwe no gukoresha umuhanzi bafitanye amasezerano y’imikoranire muri 1:55 AM ayobora batamumenyesheje.

Ibibazo bya The Ben na Coach Gael ntibizwi neza gusa mu 2023 Madebeats wakoranye n’aba bagabo bombi ku mushinga w’indirimbo “Why” yemeje ko bihari.

Icyo gihe Madebeats, yagaragaje ko Coach Gael yishyuza The Ben abarirwa hagati y’ibihumbi 75$ na 100$.

Bivugwa ko aya mafaranga ari ayo Coach Gael yakoresheje ubwo hakorwaga indirimbo ‘Why’ The Ben yahuriyemo na Diamond Platnumz, ariko ikarangira The Ben amushyize ku ruhande akamwirengagiza.

Madebeats yavuze ko aya mafaranga ari ryo pfundo ry’ibibazo bimaze igihe hagati y’aba bagabo.

The Ben na Coach Gael
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Mu mujyi wa Kigali, habonetse abantu bakora isuku bidasanzwe, basukura intebe zo mu NZU, matela,amatapi nibindi bikoresho bigasubira umucyo nkuwo babiguranye.

0

ISUKU ICARA HEZA, abahanga bavugako isuku igira isoko kandi ahantu Hari isuku hatera umunezero kuburyo uwicaye ahantu Hari isuku aba anezerewe yisanzuye kandi ahumeka neza.

Hari abantu benshi badakunze kubona umwanya kubera Akazi kenshi bakabura uko bakora isuku mungo zabo cyangwa se ugasanga batabibashije kuko usanga biba bigoranye cg se badafite ibikoresho byabugenewe kuburyo bakora isuku NKUKO bikwiriye, kuri ubu abantu bashaka gukora amasuku twababoneye IGISUZO, abahanga mugora amasuku mu mujyi wa Kigali baragira bati “ISUKU ICARA HEZA”

Aba NIBO BAMBERE mu mujyi wa Kigali mu gukora amasuku, BAFITE abakozi BAFITE uburambe muri aka kazi bakoresha ibikoresho bigezweho kuburyo iyo baje kugukorera isuku basiga bakuyeho icyitwa umwanda cyose murugo rwawe.

NIBO BAMBERE mukoza intebe, Metela, amatapi, ibirahure n’amakaro byo mu nzu nibindi bikoresho byose byo murugo bikenewe gukorerwa amasuku.

Ukeneye ko bagukorera amasuku wabahamagara cg ukabandikira kuri 0789348058 cg 0784343748 bagahitanbakugeraho aho waba uherereye hose.

NIBO BAMBERE mukoza intebe Metela amatapi ibirahure n’amakaro byo mu nzu

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Relax Bar and Restaurant abahanga mugutegura AMAFUNGURO ameze neza bakorera mu mujyi wa Kigali rwagati muri karitsiye Matheus

0

Mu gihe usanga hari abantu benshi batarya ibiryo birimo amavuta kubera impamvu zitandukanye, bagorwa no kubona ahantu heza bafatira amafunguro mu mujyi wa Kigali rwagati. Relax Bar and Restaurant ibategurira amafunguro y’ubwoko bwose kandi ajyanye n’ibyifuzo by’umukiliya.

Relax Bar & Restaurant iherereye mu gace kubucuruzi kazwi nka ‘Cartier Matheus’ mu mujyi wa Kigali rwagati mu nyubako yitwa Florida house. Ukigera kuri iyi nyubako uzamuka ku nzu ya kane (4 floor).

Iyi Restaurant isanzwe izwiho umwihariko w’isuku, ibiryo biryoshye n’ibiciro byoroheye buri wese, yongereyeho utundi dushya ko gutekera abantu b’umwihariko. Harimo abatarya ibiryo bitekesheje amavuta, abashaka gukoresha komande, ndetse nabashaka ko babasangisha amafunguro aho bari.

Izi serivise nshya za Relax Bar and Restaurant zije ziyongera kuzindi basanzwe batanga nka buffet iboneka guhera saa tanu n’igice (11:00), Akabari n’akabyiniro kagezweho ndetse bakerekana n’imipira yose mpuzamahanga.

Wifuza gukora komande cg kubahamagara ngo bagusangishe amafunguro aho uri wahamagara kuri 0793903988 cyangwa 0788509852.

Iyo ugeze muri Relax Bar and Restaurant bakwakirana urugwiro
Muri RELAX BAR and Restaurant BAFITE ahantu heza wicara ugafata AMAFUNGURO nibyo kurya wisanzuye
Muri RELAX BAR and Restaurant harimo akabari n’akabyiniro abakunda kwidagadura niho basohokera muri weekend

Relax Bar and Restaurant iherereye mu mujyi rwagati muri karitsiye Mateus mu nyubako ya Florida House kuzamuka hejuru muri ETAJE ya KANE
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748