Home Blog Page 14

Dj Brianne yabatijwe mu mazi menshi yemera kwakira Yesu nk’umukiza

0

Gateka Esther Brianne wamenyekanye mu ruganda rw’imyidagaduro nka Dj Brianne yabatijwe mu mazi menshi.

Dj Brianne umaze kubaka izina mu kuvangavanga imiziki, yabatijwe kuri iki Cyumweru tariki ya 9 Kamena 2024 muri Elayono Pentecost Blessing Church.

Akaba yabatijwe na Prophet Ernest Nyirindekwe, ni nyuma y’igihe gito ahishuye ko agomba kubatizwa akavuka bushya.

Abatijwe nyuma y’iminsi amaze kubagwa aho yabazwe inshuro ebyiri, bivugwa ko yari afite uburwayi bwo mu nda ari bwo yabazwe.

Dj Brianne ni umwe mu gitsina gore kirwanyeho akaba amaze kugira aho agera mu gihe hari igihe yagezemo nta cyizere cy’ubuzima bitewe n’ubuzima bushaririye yakuriyemo ari naho yakuye igitekerezo cyo gushinga umuryango yise La Perle Foundation wita ku bana bari mu buzima bwo ku muhanda.

Gateka Esther Brianne wamenyekanye mu ruganda rw’imyidagaduro nka Dj Brianne yabatijwe mu mazi menshi.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Umunyarwenya Doctall Kingslay uri mu bakunzwe muri Nigeria yashimangiye ko yiteguye guha ibyishimo abakunzi b’urwenya i Kigali

0

Umunyarwenya Doctall Kingslay , umunya-Nigeria ukunzwe cyane kumbugankoranyamba bitewe n’uburyo akoramo urwenya yijeje ibyishimo bisendereye abazitabira igitaramo afite mu mujyi wa Kigali cy’urwenya.

Doctall Kingslay umaze iminsi agaragaza ko yihebeye u Rwanda ndetse yanihaye izina rya Ntakirutimana yageze mu mujyi wa Kigali ku wa 6 Kamena 2024

Doctall Kingslay witabiriye igitaramo cya ‘Iwacu Summer Comedy Festival’ yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa 7 Kamena 2024 yizeza abakunzi b’urwenya ibyishimo bisendereye.

Uyu munyarwenya yahamijeko akunda u Rwanda ndetse abanyarwanda abafata nk’avandimwe be ndetse yemezako u Rwanda ari igihugu cye cya Kabiri.

Iserukiramuco ‘Iwacu Summer Comedy Festival’ byitezwe ko rizabera i Kigali mu ihema ry’ahasanzwe habera imurikagurisha i Gikondo mu ijoro ryo ku wa 9 Kamena 2024.

Mu banyarwenya batumiwe muri iri serukiramuco harimo Doctall Kingslay wo muri Nigeria, Seth Seka wanateguye iri serukiramuco, Joshua, Rusine, Fred Rufendeke, Prince na Umushumba mu gihe bizayoborwa na Anitha Pendo ari kumwe na MC Nario.

Ibiciro byo kwinjira muri iki gitaramo ni ibihumbi 5 Frw, ibihumbi 10 Frw, ibihumbi 20 Frw n’ibihumbi 30 Frw mu gihe ameza y’abantu umunani azaba agura ibihumbi 200 Frw.

Iki gitaramo cyabereye ahitwa Lake Side View ku mucanga uri ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu, ahari hakoraniye abanyarwenya barimo Rusine, Joshua, Seth wo muri Zubby Comedy, Mavide na Pazzo n’umuhanzi Kevin Kade wishimiwe bikomeye.

Iserukiramuco ‘Iwacu Summer Comedy Festival’ byitezwe ko rizabera i Kigali mu ihema ry’ahasanzwe habera imurikagurisha i Gikondo mu ijoro ryo ku wa 9 Kamena 2024.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Leta yafunze umupasiteri washyize mu mubuyobe abakristu barenga 250 ababwira ko bagiye gutegereza Yesu mu shyamba

0

Umuyobozi w’agatsiko kiyise Apostlic batavugwaho rumwe, Ishmael Chokurongerwa w’imyaka 56, yongeye gufungwa by’agateganyo nyuma y’uko ashyize mu buyobe abaturage barimo abana barenga 250 ababwira ko bagiye gutegereza Yesu.

Uyu mupasiteri yitabye umucamanza wa Norton ku wa kane.Afunganwa na bamwe mu bayobozi barindwi bo mu idini rye.

Amakuru atangazwa n’ibinyamakuru byo muri Zimbabwe ari naho ibi byabereye, bitangaza ko mu ishyamba riherereye mu burengerazuba bwa Zimbabwe mu bilometero 34 uvuye mu murwa mukuru i Harare bahatahuwe abana benshi barenga 250 babaga mu ishyamba nta byangombwa na bicye bafite barakuwe mu ishuri.

Leta ivuga ko iperereza ryakozwe na polisi ryagaragaje ko abenshi bari munsi y’imyaka 18 bakoreshwa imirimo itandukanye ku nyungu z’ubuyobozi bw’aka gatsiko.

Muri iyi sambu yubatswemo n’urusengero , Polisi kandi yahasanze imva 16, Icyenda yari iy’abantu bakuru na barindwi ku bana bato.Uyu mupasiteri yatwaye aba bana ababwiraga ko Umwami Yesu agiye kugaruka gutwara abe, bityo ko nta kamaro ko kwiga.

Umuvugizi wa Polisi ya Zimbabwe, Paul Nyathi yatangaje ko ibyakorerwaga abo bana, ari uguhutaza uburenganzira bwabo, dore ko mu ishyamba basanzwemo usibye ibyo kwigishwa ijambo ry’Imana ngo banahingishwaga mu mirima iri muri iryo shyamba.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Igice cya kane cya filime ‘Bad Boys: Ride or Die’ kigiye kwerekanwa i Kigali

0

Igice cya kane cya filime ‘Bad Boys: Ride or Die’ cyasohotse ku wa 5 Kamena 2024, kigiye kwerekanwa i Kigali muri Canal Olympia iri mu hantu herekanirwa filime nshya zikijya hanze.

Byitezwe ko ku wa Gatanu tariki 7 Kamena 2024 aribwo kuri Canal Olympia bazerekana iyi filime iri mu zitegerejwe bikomeye ku Isi.

Iyi filime yatwaye arenga miliyoni 100 z’Amadorali ya Amerika, Will Smith yayihuriyemo na Martin Lawrence, icyakora ntiyasohokera igihe kubera ko Willy Smith yari yakomanyirijwe n’ibigo bitunganya iyi filime kubera urushyi yakubise Chris Rock mu bihembo bya Oscars.

Igice cya kane cy’iyi filimi cyatunganyijwe na Sony mu gihe cyayobowe na Adil El Arbi na Bilall Fallah ari nabo bayoboye ibice byabanje.

Bad Boys yakunzwe na benshi ubwo igice cya mbere cyasohokaga mu 1995. Cyinjije miliyoni 141$. Icya kabiri cyagiye hanze mu 2003 cyinjije miliyoni 273$, igice cya gatatu cyo cyasohotse mu 2020.

Abakunzi bayo bari bafite impungenge ku gusohoka kw’iyi filime nyuma y’uko mu 2022 sosiyete zitunganya filime muri Amerika zirimo Sony na Netflix zahagaritse imishinga zari zifitanye na Will Smith kubera urushyi yakubise Chris Rock.

Igice cya kane cya filime ‘Bad Boys: Ride or Die’ cyasohotse ku wa 5 Kamena 2024

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Bad Rama urembejwe n’uburwayi yasabye abanyarwanda amasengesho

0

Umwe bagize uruhare mu iterambere ry’umuziki w’u Rwanda mu myaka yatambutse Bad Rama arembejwe n’uburwayi na we yaburiye igisobanuro kugeza no ku baganga.

Uyu mugabo uri mu bafite izina mu myidagaduro y’u Rwanda ari gusaba amasengesho nyuma y’uburwayi bumumereye nabi nubwo atazi neza ubwo aribwo kuko n’abaganga babuyobewe.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Bad Rama yavuze ko arembye bikomeye ndetse akeneye amasengesho y’abamukurikira kuko abaganga bayobewe n’ubwoko bw’indwara afite.

Yagize ati “Nshuti zanjye maze icyumweru mu buribwe bukomeye, abaganga babuze indwara bansubiza mu rugo nanubu sinzi icyo ndwaye. Umubiri uri kundya, nkagira umuriro mwinshi munsengere uburibwe buhagarare, murakoze.”

Kugeza ubu uburwayi uyu mugabo arwaye ntiburamenyekana aho we ahamya ko amaze igihe cyingana n’iminsi irindwi abaganga batari bamenya icyo yaba arwaye.

Bad Rama washinze sosiyete ya The Mane Music, yanyuzemo abahanzi nka Marina, Queen Cha, Marina, Jay Polly, Calvin Mbanda n’abandi bagiye bakorana batandukanye.

Bad Rama arembejwe n’uburwayi na we yaburiye igisobanuro kugeza no ku baganga.

 

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Ani Elijah wifuzwa na Rayon Sports yayibenze ku munota wa nyuma asinyira Police FC izasohokera u Rwanda

0

Ani Elijah wifuzwa na Rayon Sports yayibenze ku munota wa nyuma aza gusinyira Police FC izasohokera u Rwanda mu Nyafurika CAF Confederation Cup.

Police FC yasinyishije rutahizamu Ani Elijah wakiniraga Bugesera FC, amasezerano y’imyaka ibiri.

Ibi byabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri rishyira ku wa Gatatu nk’uko byemezwa na n’ikinyamakuru, Inyarwanda

Bitangazwa ko Ani Elijah yishyize umukono ku masezerano y’imyaka ibiri, atanzweho Miliyoni zisaga 40.

Police FC yaguze amasezerano ye muri Bugesera FC ndetse banamuha amafaranga ye bwite yo gusinya umwaka wa kabiri.

Ani Elijah asinyiye Police FC nyuma y’uko yashatswe na APR FC gusa akaza kubivamo ubwo uyu musore yaburaga ibyangombwa byo gukinira u Rwanda.

Ikipe ya Police FC yasinyishije uyu musore iri kwitegura gusohokera u Rwanda mu mikino ya CAF Confederation Cup.

Police FC yasinyishije rutahizamu Ani Elijah wakiniraga Bugesera FC
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

RIB iraburira abanyarwanda bakoresha WhatsApp, uburyo wakora ubwirinzi kugirango utinjirirwa n’abagizi ba nabi

0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruraburira abakoresha ‘WhatsApp’ uburyo bw’ubwirinzi bukumira abashaka kuyinjiramo nyuma y’uko bigaragaye ko hari abantu bamwe biba amakuru muri telefone z’abandi banyuze ku rubuga rwa WhatsApp.

Mu butumwa bw’amashusho Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Murangira B. Thierry, yanyujije ku rubuga rwe rwa X, yibukije abakoresha WhatsApp uburyo bashobora kurinda konti zabo n’amakuru bahererekanya kuri uru rubuga.

Dr Murangira avuga ko impamvu y’ubu butumwa ari ukugira inama abakoresha uru rubuga kwirinda kwibwa WhatsApp zabo ko bagomba gukoresha uburyo bwa ‘Two-step verification’.

Yagize ati: “Waba uzi akamaro ka ‘Two-step verification’ yateganyijwe muri WhatsApp yawe?”

Uko wabikora ni ukujya ahanditse ‘Settings’ winjire muri ‘Account’ urebe ahanditse ‘Two-step verification’ ukande ‘enable’ cyangwa ‘accept’, bagusaba guhitamo imibare 6 y’ibanga ukayemeza ugashyiramo na ‘Email’ yawe maze ugakora ahanditse ‘Save’.

Uyu mubare w’ibanga niwo umuntu abazwa igihe agiye kugenzura niba WhatsApp ye ikiri yayindi ntawayinjiyemo.

Igihe umuntu ahinduye terefone, cyangwa ashaka gushyira ku gihe WhatsApp ye cyangwa wahinduye numero wakoreshaga, akora update icyo gihe umuntu aba arinze abamamyi kwinjira muri WhatsApp ye ngo bamwibe amakuru.

Ubu uburyo bwa ‘Two-step verification’ ni ubw’umutekano burinda konti yawe ya WhatsApp mu gihe yaba yibwe cyangwa igiye gukoreshwa n’undi muntu utari wowe.

Irinda kandi igakumira undi muntu uwo ari wese kuba yakwimurira WhatsApp cyangwa andi makuru yawe ayirimo ku kindi gikoresho cy’ikoranabuhanga (telefone cyangwa mudasobwa) mu gihe utabimuhereye uburenganzira.

RIB ihamya ko hari abakoresha urubuga rwa WhatsApp bakoresha amayeri bakiba kode zibafasha kwinjira muri WhatsApp z’abandi.

Iyo umuntu yibwe WhatsApp icyo gihe ntaba akimenya ibyo WhatsApp ye ikoreshwa kuko uwayishimuse ashobora kuyikoresha mu bujura, guhutaza abandi, kubiba inzangano n’ubugizi bwa nabi.

Ati “ Mu mayeri abashaka kwiba konte yawe ya whatsapp bakoresha, bagerageza gushyira WhatsApp muri phone yabo ariko bakoresheje numero y’uwo bashaka kwiba, hari message WhatsApp yohereza kuri telephone irimo ya numero (verification code) ubwo uwo ushaka kwiba ahita akoherereza message ngo hari ka message kayobeye iwawe, akagusaba ko ukamusubiza. Hano ntukwiriye kumwoherereza iyo message kuko uba umuhaye code yawe ya WhatsApp, ubwo ihita ikuvaho kuko uba wamuhaye urufunguzo. Muri make uba wayimweguriye”.

Kimwe n’izindi porogaramu zo kuri internet, konti yawe ya WhatsApp ishobora kwibwa, gukoreshwa mu buriganya, iterabwoba, ndetse no guhungabanya umutekano w’abandi, kwirinda ibi byose usabwa gukoresha ubwirinzi bwa ‘Two-step verification’.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Igiciro cya Lisansi na mazutu cyagabanutse

0

Urwego Ngenzuramikorere, RURA, rwatangaje igiciro cya Lisansi cyagabanutse aho aho litiro ya lisansi yashyizwe kuri 1,663Frw ivuye kuri 1,764Frw.

Igiciro cya lisansi cyagabanutseho amafaranga 101 Frw

Ni mu gihe mazutu yagabanutseho amafaranga 32 Frw.

Ni mu gihe litiro ya mazutu izajya igura 1,652Frw ivuye kuri 1,684Frw.

Itangazo ry’uru rwego ryo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 5 Gicurasi 2024, rivuga ko ibi biciro bigomba gutangira gukurikizwa guhera kuri uyu mugoroba saa tatu( 21h00).

RURA ivuga ko ibi biciro bishingiye ku ihindagurika ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli riri kugaragara ku isoko mpuzamahanga.

Itangazo ryatanzwe na RURA
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Umunyamakuru wari ukunzwe cyane wari amaze iminsi asaba abagiraneza ubufasha bwo kwivuza yapfuye

0

Umunyamakuru wari mubakunzwe cyane mugihugu cya Kenya, Mary Njambi, wamamaye cyane nka Jahmby Koikai, yitabye Imana aguye mu bitaro bya Nairobi Hospital.

Jahmby Koikai yari amaze igihe arembejwe n’uburwayi asaba ubufasha bwo kujya kuvurizwa mu mahanga.

Koikai yari amaze iminsi yandikiye inzego nkuru z’igihugu harimo na Perezida amusaba ko yamufasha kujya kwivuriza muri Amerika.

Jahmby Koikai yakoraga kuri Radio, yari umushyushyarugamba ukomeye mu mujyi wa Nairobi niwe wayoboraga ibirori byinshi byaberaga muri uyu mujyi, kumbuga nkoranyambaga yakurikirwaga n’abantu benshi cyane aho nko kuri instagram yakurikirwaga n’abarenga ibihumbi 200.

Mary Njambi, wamamaye cyane nka Jahmby Koikai, yitabye Imana aguye mu bitaro bya Nairobi Hospital.
Jahmby Koikai yari amaze igihe arembejwe n’uburwayi asaba ubufasha bwo kujya kuvurizwa mu mahanga.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Ubuyobozi bw’Ibirwa bya Maldives bwatangaje ko butazongera gutuma abantu bafite pasiporo zo muri Israel babyinjiramo

0

Ubuyobozi bw’Ibirwa bya Maldives bwatangaje ko butazongera gutuma abantu bafite pasiporo zo muri Israel babyinjiramo, kubera intambara icyo gihugu gikomeje gushyamiranamo n’Umutwe wa Hamas ugenzura Intara ya Gaza muri Palestine.

Ni icyemezo cyatangajwe ku wa 02 Kamena 2024, mu itangazo rigenewe itangazamakuru ryaturutse mu Biro bya Perezida wa Maldives, Dr. Mohamed Muizzu, akaba yaragifashe amaze kuganira n’abandi bayobozi bo muri guverinoma bamufasha gufata ibyemezo, ndetse itegeko rigishyigikira rikaba rigiye guhita rishyirwaho.

Uyu mwanzuro Ibirwa bya Maldives kandi biwufashe mu kugaragaza ko bidashyigikiye na gato ibikorwa bya Israel byo kugaba ibitero muri Palestine, birimo n’icy’indege giherutse kugabwa mu Mujyi wa Rafah cyane cyane mu nkambi yawo, ibyasize Abanye-Palistine 45 bishwe abandi basaga 200 bagakomereka.

Perezida wa Maldives, Dr. Mohamed Muizzu kandi yatangaje ko agiye gukora ibishobaka byose akifatanya n’Abanye-Palestine, ku ikubitiro akaba agiye kohereza intumwa ze muri icyo gihugu zikareba icyo abaturage bacyo bakeneye, ndetse agashyiraho n’ikigega cyo kubakusanyiriza inkunga.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Israel, yahise isaba Abanya-Israel kwirinda kujya mu Birwa bya Maldives, inabwira Abanya-Israel bari muri ibyo birwa gushaka uko bahava kuko baramutse bagiriyeyo ikibazo leta yabo itabona uko ibafasha.

Ni icyemezo cyatangajwe ku wa 02 Kamena 2024, mu itangazo rigenewe itangazamakuru ryaturutse mu Biro bya Perezida wa Maldives, Dr. Mohamed Muizzu
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748