Home Blog Page 12

Icyamamare muri KACI, John cena yaserutse ku rubyiniro yambaye ubusa mu bihembo bya Oscar 2024

0
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

John cena wamenyekanye mu mukino wo gukirana uzwi nka ’Kaci’ (WWE) yaserutse ku rubyiniro yambaye ubusa mu bihembo bya Oscar 2024 byatanzwe mu ijoro ryakeye.

Mu ijoro ryakeye nibwo muri Amerika hatanzwe ibihembo bya Oscar 2024 ku nshuro ya 96 aho byahawe abakinnyi bitwaye neza muri sinema mu mwaka washize wa 2023.

Muri ibi birori, John Cena yaje gutungurana ubwo yajyaga ku rubyniro yambaye uko yavutse.

Uyu mugabo wari wahawe guhamagara abatsindiye igihembo cya Best Costume Design, yaje ku rubyiniro yambaye ubusa aho ku bugabo bwe yari yahisheho ibahasha.

Yageze ku rubyiniro abantu baratungurwa nyuma yo kumubona yambaye uko yavutse, ubugabo bwe yabuhisheho ibahasha yari irimo izina rya filime yatsindiye igihembo.

Ibi John Cena yakoze byatunguye abatari bake maze batangira kwibaza impamvu yabyo.

John Cena yaje gutungurana ubwo yajyaga ku rubyniro yambaye uko yavutse.

Icyatumye uyu mugabo aza gutyo, ni uko yari ari kwizihiza imyaka 50 ishize muri ibyo bihembo hagaragaye umugabo na we waje ku rubyiniro yamabaye ubusa.

Robert Opel ni we mugabo waje ku rubyiniro yambaye ubusa mu bihembo bya Oscar byatangwaga ku nshuro ya 46. Yazirikaanwe ndetse anahabwa icyubahiro na John Cena waje na we yambaye ubusa.

Ubwo John Cena yamaraga gutangaza filime Poor Creatures nk’iyatsindiye igihembo, hahise haza abantu baramwambika ava ku rubyiniro yambaye.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Liverpool yanganyije na Manchester City ushobora kuba uwa nyuma wahuje Jurgen Klopp na Pep Guardiola

0
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Liverpool yanganyije na Manchester City igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa 28 wa Shampiyona y’u Bwongereza (Premier League) wabaye ku Cyumweru, tariki 10 Werurwe 2024 kuri Anfield Road.

Wari umukino ukomeye cyane kuko amakipe yombi ahanganiye Igikombe cya Shampiyona. Si ibyo gusa kuko ushobora kuba uwa nyuma wahuje Jurgen Klopp na Pep Guardiola kuko Klopp yamaze gutangaza ko azatandukana na Liverpool ubwo uyu mwaka uzaba urangiye.

Manchester City yatangiye neza uyu mukino isatira ariko itarabona uburyo bwiza yatsindamo ibitego kuko ubwo Phil Foden yabonaga butabyaraga umusaruro.

Ku munota wa 19, Darwin Núñez yahinduye umupira imbere y’izamu Luis Díaz atsinda igitego ariko umusifuzi w’igitambaro avuga habayeho kurarira.

Ku munota wa 23, Manchester City yafunguye amazamu ku mupira wavuye muri koruneri, John Stones akawusunikira mu ncundura.

Mu minota 35, Liverpool yasatiriye cyane ishaka igitego cyo kwishyura ariko bayibera ibamba. Igice cya Mbere cyarangiye Manchester City yatsinze Liverpool igitego 1-0.

Liverpool yatangiranye imbaraga igice cya kabiri, bidatinze ku munota wa 48, Nathan Aké yasubije inyuma umupira ariko Núñez awutanga umunyezamu Ederson Moraes amukorera ikosa, umusifuzi atanga penaliti.

Yatsinzwe neza na Alexis Mac Allister yishyura igitego ku munota wa 50. Umunyezamu Ederson wari wababaye yahise asimburwa na Stefan Ortega.

Ku munota wa 58, Man City yazamutse neza ariko Álvarez ateye umupira mu izamu, umunyezamu Caoimhin Kelleher awukuramo.

Ku munota wa 60, Mohammed wari umaze iminsi mu mvune yinjiye mu kibuga asimbuye Dominik Szoboszlai. Liverpool yahise itangira gusatira bikomeye yiharira umukino.

Muri iyi minota Man City yakiniraga inyuma cyane ikina imipira Liverpool yabaga itakaje bityo ikazamuka yihuta ariko Phil Foden agahusha uburyo buke yabonaga.

Ku munota wa 83, Andrew Robertson yahinduye umupira imbere y’izamu, Mac Allister akubitana na Kyle Walker abakinnyi ba Liverpool basaba penaliti ariko umusifuzi avuga ko nta kosa ryabaye.

Ku munota wa 88, Haaland yacomekeye umupira Jérémy Doku yinjira mu rubuga rw’amahina acenga cyane ateye ishoti umupira ukubita igiti cy’izamu ugarukira umunyezamu Kelleher awufata neza.

Uwo mupira wahise uzamukanwa neza Salah yinjira mu rubuga rw’amahina agerageje kuwuhindura imbere y’izamu ashakisha Díaz, umunyezamu Ortega asohoka neza arawufata.

Amakipe yombi yakomeje gusatirana no mu minota umunani yinyongera ariko habura itsinda igitego cya kabiri, umukino urangira ari igitego 1-1.

Uku kunganya kunguye cyane Arsenal yahise ifata umwanya wa mbere yo yatsinze Brentford ibitego 2-1. Iyi kipe y’i Londres iyoboye urutonde rwa shampiyona n’amanota 64 inganya na Liverpool ya kabiri, ni mu gihe Manchester City iri ku mwanya wa gatatu n’amanota 63.

Aston Villa ni iya kane n’amanota 55, Tottenham ku wa gatanu na 53. Manchester United irakurikira n’amanota 47. Chelsea iri ku mwanya wa 11 n’amanota 36.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Umukinnyi wa filime Nyarwanda, Killaman yakoze ubukwe bwa Miliyoni 60 ashaka kwemeza abavugako atakora ubukwe

0
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Umukinnyi wa filime Niyonshuti Yannick wamamaye nka Killaman muri sinema nyarwanda, yakoze ubukwe bwa Miliyoni 60 z’amafaranga y’u Rwanda.

Killaman yakoze ubukwe n’umugore we Umuhoza Shemsa nyuma y’imyaka igera ku munani babana mu buryo butemewe n’amategeko.

Ubukwe bw’uyu mukinnyi wa Filime bwavugishije benshi ku mbuga nkoranyamba kubera ukuntu bwagenze n’uko bwari buteguye.

Ku mbuga nkoranyambaga hagiye hazengura amakuru yavuga ko ubu bukwe bw’uyu mugabo w’abana babiri bwatwaye miliyoni 40, ni mu gihe abandi bamukwenaga bavuga ko yasesaguye muri ubwo bukwe.

Nyuma y’ayo magambo, Killaman yaje gushyirwa avuga amafaranga nyirizina ubukwe bwamutwaye.

Aganira na Igihe, Killaman yashimangiye ko ubukwe bwe bwamusizemo imvune ndetse bunamutwara amafaranga asaga miliyoni 60.

Yagize ati: “Ubukwe bwose n’imyiteguro yabwo yantwaye miliyoni 60 Frw.”

Si ibyo gusa, Killaman n’umuryango we bagiye kujya mu kwezi kwa buki mu birwa bya Zanzibar.

Ku itariki 2 Werurwe 2024 nibwo Killaman yasabye anakwa Umuhoza Shemsa bari bamaze imyaka 2 babana mu buryo bunyuranyije amategeko. Ubu bafitanye abana babiri.

Umukinnyi wa filime Niyonshuti Yannick wamamaye nka Killaman muri sinema nyarwanda, yakoze ubukwe bwa Miliyoni 60 z’amafaranga y’u Rwanda.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Nyuma y’amezi atanu atandukanye n’umukunzi we ,Lupita Nyong’o yabonye umusore mushya bari mu munyenga w’urukundo

0
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Umukinnyi wa filime mpuzamahanga ukomoka muri Kenya, Lupita Nyong’o, nyuma y’amezi atanu atandukanye n’umukunzi we Selema Masekela, yagaragaje umusore mushya bari mu munyenga w’urukundo.

Lupita Nyong’o ari mu munyenga w’urukundo n’umunyakanada, Joshua Jackson, aho ba bombi bafotowe bagiye kugirana ibihe byiza muri Mexico ku isabukuru y’amavuko y’imyaka 41 ya Lupita Nyong’o.

Mu mashusho yo ku ya 3 Werurwe, Lupita Nyong’o yagaragaye afatanye akaboko na Joashua bambaye imyenda yo kogana bari mumazi ubonako urukundo rwabo rugeze aharyoshye.

Muri aya mashusho aba bombi bagaragara biruka kunkengero z’inyanja, basomana basangira ndetse basangiza abakunzi babo ibihe byiza bagiriye aha hantu.

Joshua Jackson na Lupita Nyong’o bahuye bwa mbere mu 2023 nyuma yo gutandukana kwabo bombi bombi – Joshua n’umugore we Jodie Turner-Smith na Nyong’o na Masekela.

Nkuko amakuru yatangajwe n’imbuga zitandukanye zo muri Amerika, Lupita yijihije isabukuru y’imyaka 41 ari kumwe na Joshua mu biruhuko i Puerto Vallarta, muri Mexico.

Lupita n’umukunzi we mu munyenga w’urukundo

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Umukinnyi wa Arsenal, Declan Rice akomeje kwibasirwa n’abafana kubera umubyibuho ukabije w’umugore we

0
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Declan Rice ni umwe mubakinnyi beza mu ikipe ya Arsenal, uyu mukinnyi yageze muri iyi kipe avuye muri West Ham aho yatanzweho akayabo ka miliyoni 95 z’amayero.

Rice, ni umugabo wubatse afite umwana w’umuhungu yabyaranye n’umukunzi we Lauren Frajer.

Rice na Frajer bakundanye kuva mumashuri yisumbuye, icyogihe Rice yari umwana uturuka mu muryango ukennye mugihe, uyu mugore we yari umwana wo mubakire, urukundo rwabo rwashinze imizi kuburyo aho Rice yajyaga hose uyu mukobwa yamugendaga iruhande yaba ku kibuga agiye gukina agapira nahandi uyu mukinnyi yajyaga babaga barikumwe.

Uyu mukinnyi kuva atangiye kuba icyamamare abakunzi b’umupira w’amaguru batangiye kwibasira umukunzi we, bavugako afite umubyibuho ukabije ndetse ataberanye n’uyu mugabo umaze kuba icyamamare.

Umwe mubafana bakoreshaumuyoboro wa “X”, yahoze ari Twitter, yashyize ahagaragara amafoto y’aba bombi  agaragazako nubwo akunda uyu mukinnyi atishimira imiterere y’umugore we.

“Deklan Rice ni umukinnyi mwiza, umutunzi w’imiliyoni, amaze kuba ikimenyabose muri siporo, ariko igitangaje ni uburyo afite umugore batajyanye, umugore ufite umubyibuho udasanzwe, umugore utajyanye n’amafaranga utunze”

Abantu batandukanye bakomeje kwibasira iyi couple, mugihe uyu mukinnyi we ubonako ntacyo bimubwiye ndetse ntaragira icyo abitangazaho kuva batangira kumuvugaho muri 2023.

Rice, ni umugabo wubatse afite umwana w’umuhungu yabyaranye n’umukunzi we Lauren Frajer.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Mr Blue yashimiye umugore we wamukuye kubiyobyabwenge

0
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Umuhanzi wo mugihugu cya Tanzania, Herry Sameer Rajab uzwi ku izina rya #MrBlue yavuze uburyo umugore we yamugobotoye inzira y’ibiyobyabwenge akamusubiza kumurongo muzima.

Uyu muhanzi uri mubagize igikundiro kidasanzwe mu mwaka wa 2000, ni umwe mu bahanzi bamaze igihe kinini mu muziki wa Bongofleva, kugeza nuyu munsi aracyakora umuziki.

Mu kiganiro yagiranye na BBC, Mr Blue yavuzeko igikundiro yagize mu muziki cyatumye yiyumva nk’umuntu urenze atangira kwinezeza cyane kurenza gukora umuziki wari umutunze nk’akazi.

Mr Blue afitanye abana batatu n’umugore we

Mr Blue yavuzeko hari igihe yahagaritse umuziki igihe kinini akakimara yibera munshuti ze binywera ibiyobyabwenge aho yaje kugobokwa n’umugore we.

Ygaize ati “Ndashimira cyane umugore wanjye kuko ari we wagize uruhare runini mu mpinduka zanjye, yakundaga kumbwira ibyo gukora hanyuma amaze gutwita mbona ko ngiye kugira umuryango, nibwo yambazaga niba nzaba umubyeyi ngikora nkibyo narindimo bisa n’ubuyobe” 

“Igihe natangiraga umuziki, nari umwana kandi nta ncuti nari mfite, ariko abantu baza bitwaza ko banzi, bari bariganye nanjye, bamwe bakaza bashaka ko dusangira itabi nanjye nkabikora nkaho nishimisha nishimana n’inshuti zanjye, byari ibintu bisekeje cyane, byatumye ntakaza umwanya kuburyo n’abinjiye mu muziki nyuma yanjye inyenyeri zabo zatangiye kwaka iyanjye irazima”

Mr Blue yinjiye mu muziki mu 1999, awinjijwemo n’abavandimwe be  aribo The Boy Stain na Obrey bagize uruhare runini cyane mu bijyanye n’umuziki we.

“Kuva mu 2003 kugeza 2004 ni bwo yasohoye n’indirimbo ye ‘Mr Blue’ ari yo ya mbere yamenyekanye.

Muri ibi bihe Mr Blue yashyize hanze album ye yambere yise “Mapozi” hariho indirimbo yitwa Mapozi ari nayo yamumenyekanishije cyane muri East Africa.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Menya amakosa 10 akorwa n’abagore mungo zabo bikaba byatuma bisenyera

0
Shot of a young couple having a disagreement at home
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Ni kenshi wumva abagore bavuga ko batanezerewe umubano wabo mu ngo n’abo bashakanye. Uku kutishima babishinja abandi nyamara ntibatekereze ko baba ari bo nyirabayazana w’umwiryane n’abagabo babo.

Muri iyi nkuru, turabagezaho amakosa 10 akorwa n’abagore mu mibanire n’abo bashakanye nkuko tubikesha urubuga Elcrema rwandika ku mibanire.

1. Gufata imibonano mpuzabitsina nk’ingurane

Abagore benshi bakoresha imibonano mpuzabitsina nk’igicuruzwa maze bagakangisha abagabo babo kudakorana na bo imibonano paka bagize icyo babaha. Ni ikosa rikomeye kwanga gutera akabariro n’uwo mwashakanye kuko ushaka amafaranga yo kugura ikanzu nshya, imodoka cyangwa ikindi ukeneye.

2. Kutiyitaho

Abagore benshi bagwa muri iri kosa nyuma yo gushaka. Mbere y’uko ubana n’umugabo wawe, uko ugaragara byari bifite agaciro cyane kuri wowe nyamara nyuma yo ‘kumufatisha’, waretse kwiyitaho nka mbere. Kuba waramubonye akaba ari uwawe byemewe n’amategeko si impamvu yo kureka kuba mwiza no kwita ku buranga bwawe. Umugabo wawe aba yitezeho gukomeza kubona umugore mwiza yashatse amuhisemo mu bandi. Jya ugerageza rero guhora ufite ubwiza nk’ubwo yagukundiye.

3. Amahane

Nta mugabo ukunda umugore w’umunyamahane. Si byiza kumva ko ibibazo byakemuka iteka ari uko uteye induru. Ntiwakwitega amahoro mu rugo igihe winubira buri kintu akoze kandi ukabigaragaza usakuza. Hari ubundi bwo gukemura ibibazo n’ubwumvikane buke byo mu rugo udateye amahane. Ntukwiye gutuka cyangwa usakurize umugabo wawe; uwo ni umugabo wawe, si umuhugu wabyaye.

4. Kutizera umugabo wawe

Iri ni irindi kosa rikomeye abagore bakora mu mibanire n’abo bashakanye. Birumvikana ntiwifuza gusangira umugabo wawe n’undi muntu uwo ari we wese ariko se niba utamwizera, kuki wemeye ko mubana? Si byiza ko ukimbirana n’abandi bagore ngo kuko ubakekana n’umugabo wawe. Undi mugore si we kibazo; ikibazo ni umugabo wawe. Aho kurwana n’abandi bagore, gerageza kumenya impamvu ukiri kumwe n’umugabo wawe nyamara akaba yiruka kuri uwo mugore wundi. Ni ukwitesha agaciro iyo urwaniye n’undi mugore mu ruhame murwanira umugabo.

5. Gufata abavandimwe b’umugabo wawe nk’abanyamahanga

Ntuzigere witega ko umugabo wawe azacika ku muryango we kuko yakurongoye. Ibi ni ikosa gutekereza utyo kandi ntekereza ko niba ukunda umugabo wawe by’ukuri, wagakunze ibye byose by’umwihariko abagize umuryango we. Iga gukunda abagize umuryango we kandi ntukabafate nk’abasabirizi. Bavuga ko bigorana kubana na nyokobukwe ngo kuko aba yumva usa n’aho uri gufata umwanya we mu buzima bw’umuhungu we nyamara kumusuzugura si wo muti w’ikibazo.

6. Kuganira ni iby’ingenzi iyo hari ibyo mutumvikanaho

Nta zibana zidakomanya amahembe. Umunsi umwe hari ubwo utazumvikana n’uwo mwashakanye ku ngingo runaka nyamara guca igikuba uca ibiti n’amabuye cyangwa ukabwira umuhisi n’umugenzi ibyo utumvikanaho n’umugabo nta cyo bizakemura uretse gusubiza ibintu irudubi. Iga uko wabwira umugabo wawe icyo utekereza mu buryo bwiza, mu mahoro kandi umwubashye. Kubahana biba bikenewe cyane kugira ngo umubano w’abashakanye urambe.

7. Kutihangana

Hari irindi kosa abagore bakore mu mibanire yabo n’abo bashakanye. Kwihangana biba bikenewe cyane kugira ngo umubano wanyu urambe. Ugomba kwiga kwihanganira uwo mubana. Niba udashobora kumwihanganira, icyiza ni uko wareka gufata icyemezo cyo kubana na we.

8. Kwirengagiza igifu (inda?) cye

Birumvikana ushobora kuba ufite akazi, uhugiye mu zindi gahunda kandi rwose gufatanya imirimo mito n’akazi kawe gusa hano hasaba ubwenge n’ubushishozi cyane. Ushobora kuba ufite umukozi ubufasha gutegura amafunguro mu rugo rwanyu gusa ukwiye kumenya ko kugira ngo wigarurire umutima w’umugabo bihera mu gushimisha igifu cye [Kugira ngo ugere ku mutima w’umugabo, ugomba guca mu nda ye]. Ugomba kugenzura no kumenya niba umugabo wawe abona amafunguro akwiye kandi ahagije, ntubiharire umukozi gusa. Nubona akanya, ujye utekera umugabo wawe amafunguro uzi akunda.

9. Inshuti mbi

Iri ni irindi kosa abagore bagwamo kandi risenya ingo nyinshi. Ni ngombwa ko uhitamo inshuti neza kuko si buri wese wagira icyo akumarira. Ntukwiye kubwira uwo ari we wese akakuri ku mutima cyangwa amabanga yawe. Ni bibi cyane kubwira inshuti zawe ibibi cyangwa intege nke z’umugabo wawe. Ni byo, rimwe na rimwe uba ukeneye umuntu muganira ariko ni ngombwa ko umenya niba ari we muntu ukwiye kandi ukagenzura ibyo umubwira.

10. Amabanga

Kugira ibyo uhisha cyangwa ukinga umugabo wawe ni bibi cyane kuko bituma agutakariza icyizere adatinze. Wowe n’umugabo wawe mugomba muri nk’ikipe itahiriza umugozi umwe, kandi ibi ntimwabigeraho hari amabanga muhishanya.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Abantu benshi bakomeje kwibaza ibyabaye ku mugore wa wa Kanye West bahuye ari umukobwa muzima none akaba agaragara nkuwataye ubwenge

0
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Bianca Censori, umugore wa Kanye West, yongeye kurikoroza ku mbuga nkoranyambaga, nyuma yo kugaragara mu ruhame yambaye ubusa.

Uyu mugore usanzwe afatanya n’umugabo we, guhanga imideli n’inkweto zo mu bwoko bwa Yeezy, akomeje kugarukwaho nyuma yo kwambara hafi ya ntabyo, akagenda mu muhanda i Paris mu Bufaransa.

Bianca yari kumwe n’umugabo we, abantu bamuha inkwenene y’uko yashyize hanze bimwe mu bice by’ibanga, ubusanzwe bitamenyerewe gushyirwa ku karubanda.

Nk’uko amafoto bafashwe batembera muri uyu mujyi abigaragaza, Bianca nta mwenda w’imbere yari yambaye, ku buryo imiterere y’igitsina n’ikibuno yose yagaragaraga.

Kanye West we, yari yambaye imyambaro y’umukara, ari kumwe n’abashinzwe umutekano, bagenda bacunze ko nta muntu usagarira uyu muryango.

Ye, umugore we na North West w’imfura ye, bamaze iminsi mu Bufaransa, aho bakoreye igitaramo gisogongeza abatuye iki gihugu album nshya yise’ Vultures 2’.

Uyu mugore atarakundana na Kanyewst yari yambaragara yikwije

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Mr. Ibu wamamaye muri filimi zo muri Nigeria yapfuye

0
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

John Ikechukwu Okafor [Mr. Ibu] muri sinema ya Nigeria yitabye Imana azize uburwayi.

Mr Ibu w’imyaka 62, yari amaze amezi atanu ahanganye n’uburwayi bwateraga kuva kw’amaraso mu bice by’amaguru, bwatumye acibwa ukuguru mu mpera z’umwaka ushize nyuma yo kubagwa inshuro zirenga zirindwi.

Uyu mugabo wari uzwi cyane muri Nollywood (Sinema ya Nigeria) yaguye mu bitaro bya Evercare Hospital biri i Lagos.

Iby’urupfu rwe byemejwe n’umujyanama we Mr Don Single Nwuzo wabitangarije Emeka Rollas, umuyobozi w’ihuriro ry’abakinnyi ba filime muri Nigeria.

Ni nyuma y’uko muri 2022 yatangaje ko abantu barimo n’abo mu muryango we bagerageje kumuroga inshuro nyinshi kubera kutishimira iterambere rye.

Muri Gashyantare 2024, Polisi ya Nigeria yatangaje ko yataye muri yombi abana ba Mr Ibu, bazira umugambi wo kuriganya Miliyoni 55 z’ama-Naira (arenga Miliyoni 76Frw) yatanzwe n’abagiraneza yo kuvuza umubyeyi wabo.

Uyu mukinnyi wa filime wanyuze benshi bitewe n’urwenya rwe, yamamariye muri filime zitandukanye zirimo “Mr Ibu”, “Mr Ibu in London”, “Police Recruit”, “A Fool At 40” n’izindi.

Mr Ibu w’imyaka 62, yari amaze amezi atanu ahanganye n’uburwayi bwateraga kuva kw’amaraso mu bice by’amaguru
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Menya ibintu bitanu byihariye kuri Isacco, umuhanzi w’umunyarwanda umaze kwigarurira imitima ya benshi iburayi(VIDEO)

0
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Umuhanzi w’umunyarwanda ISACCO ukorera umuziki i Paris mu gihugu cy’Ubufaransa ni umwe mu bahanzi bo mu Rwanda bari kwigaragaza cyane ku mugabane w’Iburayi ariyo mpamvu twahisemo kukubwira ibintu bitanu ukwiye ku menya kuri uyu musore, unafite indirimbo nshya.

Murwanashyaka Isaac uzwi nka ISACCO uyu mwaka wa 2024 awutangiranye imbaraga zidanzwe bitewe n’indirimbo yashyize hanze yise “On s’amuse” akaba ari nayo yitiriye alubumu ye.

ISACCO uyu mwaka wa 2024 awutangiranye imbaraga zidanzwe

Iyi ndirimbo ya Isacco ni imwe muzigezweho cyane mugace atuyemo i Paris, Uretse mu Bufaransa, iyi ndirimbo irikugarukwaho cyane muri East Africa byumwihariko mugihugu cya Kenya.

Iyi ndirimbo nshya ya Isacco avugako ari indirimbo yashyizemo imbagara nyinshi bitewe nizindi ndirimbo yari asanzwe akora aho avugako irimo udukoryo twinshi.

REBA AMASHUSHO

Ibintu bitanu ukwiye kumenya kuri Isacco.

1. Mu mwaka wa 2016 Nibwo Isacco yatwaye igihembo cye cyambere cy’umuhanzi mwiza w’umugabo muri Diaspora i Burayi ( best male artist in the diaspora 2016) icyo gihe yari afite indirimbo yakunzwe cyane yitwa “Nonaha”.

2. Mu mwaka wa 2017 Isacco yatwaye igihembo cy’umuhanzi mwiza w’umunyafurika wahize abandi iburayi ( Best African Diaspora 2017 )

3. Mu mwaka 2018 wari umwaka udasanzwe kuri Isacco ubwo yashyiraga hanze indirimbo yakunzwe cyane yise “Cheza” iyi ndirimbo yamukoreye amateka bituma atangira gutambuka mubinyamakuru mpuzamahanga bikorera iburayi harimo RADIO na TV bikorera muri DIASPORA byatumye atumirwa mubiganiro bya TRACE TV, RADIO AFRICA , RADIO RFI, RADIO ESPACE FM , BBLACK TV nibindi.

Kubera gukundwa cyane byatumye Isacco atangira gutumirwa mubitramo bikomeye ataramira abakunzi be muri SALLES zikaze nka ZÉNITH DE PARIS, OLYMPIA , ÉLYSÉES MONTMARTE, DOCK PULLMAN naza DOCK EIFFEL .

4. Umwaka wa 2020 ntabwo wabaye umwaka mwiza kuri Isacco kubera icyorezo cyari cyugarije isi cya COVID19, uyu muhanzi avugako nubwo atari yorohewe yabyitwayemo neza cyane ndetse ntiyigeze ahagarika gukora kuko aribwo yakoze indirimbo yise “Urampagije” hamwe niyo yise “Zunguza” yakoranye n’icyamamare cyo muri GUINÉE, Lil Saako.

5. Mu mwaka 2022, Isacco yongeye kwandika amateka yegukana igihembo cy’umuhanzi mwiza w’umwaka muri Diaspora iburayi ( best diaspora artist 2022 )

Isacco afite inzoga z’amashampanye yitiriwe

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.