Home Amakuru Mu Rwanda Bien-Aimé Baraza wamamaye mu itsinda rya Sout Sol yasesekaye i Kigali yakirwa...

Bien-Aimé Baraza wamamaye mu itsinda rya Sout Sol yasesekaye i Kigali yakirwa na Bruce Melody

0
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Umuhanzi wo mu gihugu cya Kenya Bien-Aimé Baraza wamamaye mu itsinda rya Sout Sol yasesekaye i Kigali, kuri uyu wa kabiri taliki ya 27 Kanama 2024.

Ubwo yageraga ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, yakiriwe n’umuhanzi Bruce Melodie bafitanye imishinga y’indirimbo, akaba aje mu Rwanda kugira ngo bafate amashusho yayo.

Bien Aime Baraza yakiriwe na Bruce Melody

Akigera mu Rwanda, yatangaje ko ahakunda cyane kandi ko iyo ari mu Rwanda aba yumva ari mu rugo atekanye, kuko yemeza ko ari mu rugo ha Kabiri.

Abajijwe icyo gukorana na Bruce Melodie bisobanuye, yavuze ko ari ibintu by’agaciro cyane, kuko yemeza ko Bruce ari umuhanzi ukomeye  kandi ufite impano.

Ati “Gukorana na Bruce Melodie bisobanuye buri kimwe kuri njye. Nahoze nifuza gukorana indirimbo n’umuhanzi wo mu Rwanda.

“Ndashimira Bruce Melodie kuba yaremeye gukorana nanjye, kuko ni umuhanzi mpuzamahanga ufite impano itangaje.”

Bien Aime Baraza ni umwe mubahanzi bakunzwe cyane muri Kenya, yavuzeko uretse Bruce Melody akunda mubahanzi bo mu Rwanda, Hari n’abandi yiyumvamo ndetse ashaka gukorana nabo harimo Mike Kayihura na Kivumbi King.

Bien Aime yavuzeko yiyumvamo u RWANDA NDETSE ahafata Niko murugo
Abanyamakuru bari baje kwakira Bien Aime Baraza ku kibuga cy’indege I kanombe

 

Shyira Comments yawe kuri iyi nkuru
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.