Home Amakuru Mu Rwanda Djihad na Pappy Nesta Batawe muri Yombi kubera Amashusho ya Yampano—RIB Iraburira...

Djihad na Pappy Nesta Batawe muri Yombi kubera Amashusho ya Yampano—RIB Iraburira Abakoresha Imbuga Nkoranyambaga

0

Cyprien Uzabakiriho wamenyekanye nka Djihad na Kwizera Nestor ukunda kwiyita Pappy Nesta batawe muri yombi bakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho ya Yampano ari gutera akabariro.

Djihad yafunzwe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Ugushyingo 2025.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yatangaje ko bafunzwe nyuma yo gukorwaho iperereza.

Ati “Ni byo bafashwe bakurikiranywe bafunze.ibi bintu bigomba gucika. Tuzakomeza dukore iperereza uwo rizajya rigaragaraza uruhare rwe amategeko azajya akurikizwa. Iperereza ntirizahagarara. Bitinde bitebuke uwo rizagaragaza ko yakwirakwije ariya mashusho y’urukozasoni azahanwa”.

Dr Murangira avuga ko Djihad yari yariyahanangirijwe ariko akabirengaho .

Djihad na Pappy Nesta bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kicukiro mu gihe iperereza rigikomeje ngo bakorerwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangiye iperereza kuri iki cyaha nyuma y’ikirego cyatanzwe na Yampano ku wa 9 Ugushyingo 2025.

Kugeza ubu abagera kuri batanu bamaze gutabwa muri yombi muri dosiye yo gukwirakwiza ayo mashusho ya Yampano .

Abafunzwe barimo Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo , Kalisa John uzwi nka K. John ,

Aba bo dosiye yabo iherutse gushyikirizwa Ubushinjacyaha.

RIB yataye muri yombi kandi uwitwa Ishimwe François Xavier ukekwaho kwaka abantu amafaranga kugira ngo abasangize aya mashusho.

Dr Murangira uvugira RIB ati ” Ibintu bintu ntabwo tuzabyihanganira kuko bisa nko gukoresha imbuga nkoranyambaga icyo zitashyiriweho.”

RIB ivuga ko izakomeza iperereza bityo uwo rizagaragaza ko yagize uruhare mu gukwirakwiza aya mashusho nawe agakurikiranwa.

Shyira Comments yawe kuri iyi nkuru
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.