Home Blog

Kalimpinya Queen yanditse amateka: Aba Nimero 1 mu Gusiganwa mu Modoka mu Rwanda nyuma yo kwegukana Mille Collines Rally 2025!

0

Nyuma y’amezi arindwi n’amasiganwa atanu, u Rwanda rwongeye kubona nimero ya mbere mushya mu mukino wo gusiganwa mu modoka. Ni Kalimpinya Queen.

Uyu mukobwa wabaye igisonga cya gatatu cya Nyampinga w’u Rwanda 2017, yabigezeho ku wa 6 Ukuboza 2025, ubwo we hamwe na Ngabo Olivier bakinana muri Subaru Impreza, begukanaga Rally des Mille Collines yabereye i Rwamagana.

Kalimpinya yagiye gukina iri rushanwa yizeye kwegukana Shampiyona dore ko Giancarlo Davite bari bahanganye, ataryitabiriye.

Gutsinda ni kimwe kuko habaho no gutsinda wemeje abo muhanganye. Ni byo Kalimpinya yakoreye i Rwamagana kuko yashimangiye ko ari we ukwiye Igikombe cya Shampiyona cya 2025 nyuma yo gutsinda isiganwa risoza umwaka.

Mu duce dutandatu twakiniwe mu mihanda ya Munyaga, Musha, Rwamagana, na Cyaruhogo, Kalimpinya Queen wakinanaga na Ngabo Olivier bakoresheje isaha imwe, iminota 53 n’amasegonda 14, barusha iminota 31 n’amasegonda 31 Rutuku Mike wakinanaga na Gasarabwe Alain mu gihe ku mwanya wa gatatu hasoreje Dusingizimana Salvator wakinanaga na Kubwimana Emmanuel.

Mu modoka esheshatu zakinnye iri rushanwa, ebyiri zari zitwawe na Murengezi Bryan wari kumwe na Mpano Avy-Michel na Hakizimana Jacques wakinanaga na Ish-Kevin ni zo zitasoje isiganwa.

Kalimpinya yegukanye Shampiyona y’Igihugu nyuma y’imyaka itatu atangiye gukina amasiganwa y’imodoka nk’umupilote.

Uyu mukobwa winjiye mu mukino wo gusiganwa mu modoka mu 2019 nk’umupilote wungirije, ni we mupilote rukumbi wakinnye amasiganwa atanu yabaye muri Shampiyona y’Igihugu ya 2025 yose akayasoza.

Ayo ni ‘1st Sprint Musha Rally- GMT’ yegukanye muri Gicurasi, Rwanda Mountain Gorilla Rally yabayemo uwa cyenda muri Nyakanga, ‘2nd Sprint Nyirangarama Rally’ yabayemo uwa kane muri Nzeri, Huye Rally yabayemo uwa gatatu mu Ukwakira na Rallye des Mille Colline yegukanye.

Mugenzi we bakinana, Ngabo Olivier ni we wasoje umwaka ari we ‘co-pilote’ w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda yo gusiganwa mu modoka.

Mu cyiciro cy’abakinisha imodoka zikururira imbere, uwegukanye irushanwa ni Rutabingwa Gratien naho mu bapilote bungirije uwa mbere yabaye Munyaneza Irénée bakinana.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Lando Norris yanditse amateka: Yegukanye Formula 1 ya 2025 ahigitse Verstappen na Piastri!

0

Umwongereza Lando Norris ukinira McLaren yegukanye Formula 1 ya 2025, nyuma yo kwitwara neza mu mwaka wose, ahiga abarimo Max Verstappen na Oscar Piastri bakinana.

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 7 Ukuboza 2025, ni bwo mu muhanda wa Yas Marina Circuit muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu hakiniwe isiganwa rya Abu Dhabi Grand Prix ari na ryo rya nyuma rya 2025.

Wari umunsi udasanzwe kuko abakinnyi batatu ari bo Lando Norris, Max Verstappen, Oscar Piastri, buri wese yari afite amahirwe yo kwegukana Shampiyona ya Formula 1.

Max Verstappen yagerageje gucunga bagenzi be ngo yegukane iri siganwa, naho Lando Norris akomeza kumugenda runono acunganwa no kutajya ku mwanya wa kane kuko ari bwo yari gutakaza igikombe.

Uyu mukinnyi wahabwaga amahirwe kurusha abandi kuri iyi nshuro yasoreje ku mwanya wa gatatu agira amanota 423, arusha amanota abiri Verstappen wabaye uwa mbere ku rutonde rusange rwa Formula 1.

Oscar Piastri w’amanota 410, yasoreje ku mwanya wa gatatu muri rusange nubwo kuri uyu munsi yabaye uwa kabiri.

Umwongereza kabuhariwe Lewis Hamilton wakinaga umwaka we wa mbere muri Ferrari, ntabwo yigeze ahirwa kuko yasoreje ku mwanya wa gatandatu n’amanota 156.

Lando Norris w’imyaka 26, yagize umwaka mwiza kuko mu marushanwa 24 akinwa, 18 muri yo yari muri batatu ba mbere, ndetse arindwi muri yo arayatwara.

Uyu mukinnyi winjiye muri Formula 1 bwa mbere mu 2019, yashimye uruhare rw’ikipe ye n’umuryango we nyuma yo kuyitwara ku nshuro ya mbere mu mateka.

Ikipe ya McLaren yabaye iya mbere, Mercedes iba iya kabiri, Red Bull Racing iba iya gatatu, Ferrari iba iya kane, mu gihe Williams yabaye iya gatanu.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Umwogoshi Wa mu Nigga yagaragaje uko byamutunguye kwogosha Davido i Kigali

0

Nsabimana Didier wamamaye ku izina rya Wa mu nigga, mu mwuga wo kogosha n’ubugeni yasangije imbamutima ze nyuma yo kwisanga ari kogosha icyamamare Davido.

Yabigarutseho mu kiganiro yagiriye kuri shene ya YouTube ya Isimbi TV, asobanura uko yakiriye ubutumwa bumusaba gukorera Davido isuku yo mu mutwe, mbere y’igitaramo yari agiye gukorera muri BK Arena.

Wa mu nigga yatangaje ko yakiriye ubutumwa bugira buti “Muraho, muduhe nimero zanyu, Davido arifuza ko umwogosha”, bwoherejwe n’usanzwe yambika Davido uzwi ku izina rya Holly An Dro.

Wa mu nigga yavuze ko ubwo yakiraga ubu butumwa yari kumwe na Joshua umuyobozi wa Kigali Protocol, ndetse ahita amusaba ko yamuherekeza kuri hotel ya Pinnacle aho uyu muhanzi yarari kuba.

Ati” Nari ndi kumwe na Joshua wo muri Kigali Protocol aje ngo mwogoshe, ndamubwira nti bashaka ko nogosha Davido.”

Akomeza avuga ko yahise asaba Joshua ko amuherekeze nka ‘Manager’ we, aho yari bwogoshere Davido, ndetse mu kuhagera yasanze Davido aryamye yakirwa n’ureberera inyungu ze mu muziki, Asa Asika.

Ati” Narabasuhuje nsohora ibikoresho byanjye, ava mu cyumba cye araza (Davido) aransuhuza bisanzwe nk’umuntu baziranye. Uwo muntu wampamagaye arambwira ati ‘Ndabizi uri umuhanga mu kogosha nakurebye ku mbuga nkoranyambaga, ndizerako umukorera neza.”

Yakomeje agira ati” Ndamwogosha ndamurangiza ndamwoza, ndamubwira ndashaka ifoto, arambwira ngo buretse yambare yitunganye.”

Wa mu nigga avuga ko mu kwinjira aho yari bwogoshere Davido, telefone ye yari yayatswe, nuko amaze kumwogosha aribwo yamubajije niba ari Umunyarwanda, nuko amuha ifoto.

Yakomeje avuga uburyo yabonye Davido ari umuntu urenze cyane, ati” Ni nanjye namuhamagaraga izina rye abandi numvise bamuhamagara Boss. Davido ni wa muntu basiga amavuta, bafungira umukandara.”

Wa munniga amaze kwandika izina mu kogosha ibyamamare aho yogoshe abarimo Juma Jux, Harmonize n’abandi.

Yatangaje kandi ko mu 2023, ubwo Davido yazaga mu Rwanda muri Trace Awards nabwo yari yasabwe ko yajya kumwogosha ariko byicwa nuko yasanze asinziriye.

Wa mu nigga avuga ko ibihe nk’ibi byamukundishije cyane umwuga akora wo kogosha, ati “Kariya kazi kankuye ahantu hatari heza, nta handi hantu nabonaga mpfite amahirwe yo kuzatoborera ngo mbe nagaragara.”

Yakomeje agira inama urubyiruko rusuzugura akazi, ati “ Numuyede avamo umufundi”, abasaba gukunda ibyo bakora no kubishyiramo imbaraga ndetse abibutsa ko icyo uzaba cyo ntaho kijya.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Abantu 25 bapfuye abandi 50 barakomereka nyuma y’inkongi yibasiye akabyiniro mu Buhinde

0

Abantu 25 bapfuye abandi 50 barakomereka nyuma y’inkongi yibasiye akabyiniro kari mu Buhinde mu gace ka Arpora muri Leta ya Gao nkuko byemejwe n’ubuyobozi.

Iyo nkongi yadutse mu gicuku cyo kuri uyu wa 07 Ukuboza nyuma yuko icupa rya gaze rituritse nkuko byemeje n’ikinyamakuru Press Trust of India cyo muri icyo gihugu.

Polisi yatangaje ko abahitanywe n’iyo nkongi barimo ba mukerarugendo bane n’abakozi 14 b’akabyiniro, mu gihe Umuyobozi wa Goa, Pramod Sawant, yategetse ko hakorwa iperereza kuri ibyo byago asezeranya ko ababigizemo uruhare bose bazahanwa bikomeye.

Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi, yihanganishije imiryango yagize ibyago, yemeza ko yavuganye na Sawant ngo harebwe icyakorwa.

Yavuze ko imiryango yagize ibyago izahabwa amadolari ya Amerika 2.200 naho imiryango y’abakomeretse igahabwa amadolari 550.

Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje abashinzwe ibikorwa by’ubutabazi bashyira abantu benshi mu mbangukiragutabara ndetse n’umwotsi mwinshi uzamuka hejuru.

Inkongi z’umuriro zikunze kwibasira u Bihinde, ahanini ziterwa no kuba inyubako zitujuje ibisabwa ndetse muri Gicurasi abantu 17 bahitanywe n’inkongi yibasiye inyubako yo mu Mujyi wa Hyderabad, mu gihe mbere yaho gato abantu 15 bahitanywe n’iyibasiye hoteli iherereye i Kolkata.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Inter Miami ikinamo Lionel Messi yegukanye Igikombe cya Shampiyona muri  Amerika ku nshuro ya mbere mu mateka

0

Inter Miami ikinamo Lionel Messi yegukanye Igikombe cya Shampiyona muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku nshuro ya mbere mu mateka, itsinze Vancouver ibitego 3-1.

Uyu mukino wabaye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, tariki ya 6 Ukuboza 2025.

Umukino ugitangira, ku munota wa munani myugariro wa Vancouver Whitecaps, Edier Ocampo, yitsinze igitego ariko mu gice cya kabiri mugenzi we ukina mu kibuga hagati Ali Ahmed aracyishyura.

Byasabye umwihariko wa Lionel Messi wo gutanga imipira ivamo ibitego, aho yawuhaye Rodrigo de Paul ku munota wa 70 ashyiramo icya kabiri, anafasha Tadeo Allende kubona undi wavuyemo icya gatatu.

Muri uyu mwaka w’imikino, Messi yakinnye imikino 28, igera kuri 26 abanza mu kibuga, atsinda ibitego 29, atanga imipira 19 ivamo ibindi bitego.

Messi w’imyaka 38 yujuje ibikombe 48 amaze kwegukana mu mateka ye. Harimo ibyo yatwaranye na FC Barcelone FC, bitandatu ari kumwe n’Ikipe y’Igihugu ya Argentine, bitatu akinira Paris Saint-Germai na bine agejejemo muri Inter Miami.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Umuhanzi Davido yageze i Kigali

0

Icyamamare mu muziki, David Adedeji Adeleke, wamenyekanye nka Davido yageze i Kigali mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki 5 Ukuboza 2025, aho aje mu gitaramo ahuriramo n’umuhanzi Kitoko Bibarwa ndetse n’abandi bahanzi.

Akigera i Kigali nta byinshi yatangaje ku gitaramo gitegerejwe na benshi kikaza kubera muri BK Arena ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu.

Davido ari mu bikorwa byo kuzengura Isi amurika album ye nshya yise ‘5Ive’. Kugeza ubu amatike yo kwinjira muri iki gitaramo yamaze gushira ku isoko.

Uretse Davido, abandi bahanzi barimo Kitoko, Juno Kizigenza, Riderman, Kid From Kigali, Ariel Wayz n’abandi barimo abavanga imiziki nka DJ Alisha, DJ Toxxyk na DJ Marnaud baraza gutanga ibyishimo ku bitabira igitaramo.

Abakunzi b’umuziki wa Davido biteganyijwe ko bazagira umwanya wo gusabana na we mu birori byiswe ‘Meet&Greet’ bizaba ku wa 6 Ukuboza 2025 bikabera muri ‘The Pinnacle Kigali’.

Umuhanzi Davido yamenyekanye mu ndirimbo zitandukanye zirimo; With you, 10 Kilo, Offa me, Away, Feel, Unavailable n’izindi.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Rayon Sports ikeneye miliyoni 200 Frw mu kwiyubaka bushya: Impinduka zikomeye muri Mutarama 2026

0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko hakenewe miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda yo kubaka ikipe binyuze mu kugura abakinnyi n’abatoza muri Mutarama 2026.

Yabigarutseho mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku wa Kane, tariki ya 4 Ukuboza 2025, cyari kigamije kugaragaza ibikorwa bateganya gukora mu gihe cy’amezi atatu bazamara muri iyi nzibacyuho.

Yagize ati: “Rayon Sports ubu ngubu, tumaze igihe nta ntsinzi tubona, n’izo twabonaga mbere wabonaga zitaryoheye abakunzi bacu.

Kimwe rero mu byihutirwa, turifuza kuzana abatoza n’abakinnyi bashya biyongera ku basanzwe bahari[…]. Ibyo byose bizasaba amafaranga. Iyo dukoze imibare dusanga kwinjizamo abakinnyi dukeneye ubwabyo bikeneye hagati ya miliyoni 100 Frw na 200 Frw.”

Yakomeje avuga ko amafaranga yo kugura abakinnyi bazayashakira ahashoboka hose.

Ati: “Ayo mafaranga azaturuka mu banyamuryango ndetse n’abafatanyabikorwa. Ni ugukomeza kunoza imibanire n’abafatanyabikorwa ndetse no gushaka abandi bashyashya. Ikindi ni ugukora ubukangurambaga bw’imbaraga zihagije ku mushinga wacu wa Gikundiro, wa *702#.”

Yaboneyeho ko ibi bizafasha kumenya imibare ya nyayo y’abakunzi ba Rayon Sports kugira ngo babashe kubaka n’imiyoborere idaheza uwo ari we wese.

Ku bijyanye no kuzana Umutoza mushya usimbura Afhamia Lotfi uherutse kwirukanwa kubera umusaruro muke, Murenzi yavuze ko mu cyumweru gitaha cyangwa igikurikira azaba yabonetse.

Ati: “Turifuza ko umutoza aboneka bitarenze icyumweru n’igice, bikabije bikaba bibiri. Muri uku kwezi dusigajemo imikino ahari itanu cyangwa itandatu. Turifuza ko nibura yazareba n’imikino nk’itatu, kugira ngo twinjire ku isoko na we ubwe yaramaze kureba uko ikipe ihagaze.”

Murenzi yatangaje kandi ko basanze iyi kipe ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, mu gihe kuri konti zayo hariho arenga gato kuri miliyoni 20 Frw.

Gikundiro ntiyagize itangiriro nziza muri Shampiyona dore ko mu mikino icyenda imaze gukina yatsinze ine, itsindwa itatu inganya ibiri bituma iri ku mwanya wa gatandatu n’amanota 14, irushwa na Police FC ya mbere amanota umunani.

Iyi Kipe yambara Ubururu n’umweru iri kwitegura umukino w’Umunsi wa 10 wa Shampiyona izakiramo Musanze FC ku wa Gatanu, tariki ya 5 Ukuboza 2025, kuri Kigali Pelé Stadium guhera Kumi n’Ebyiri n’igice.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Umuhanzikazi Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye nshya “Boda Boda

0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye nshya “Boda Boda”, ikubiyemo ubutumwa bureba abakundana uruzira uburyarya, anakebura abarurutisha ibintu.

Muri iyi ndirimbo, Bwiza yasohoye kuri uyu wa Kane, tariki ya 4 Ukuboza 2025, mu magambo yayo atangamo inama yo gukundana udakurikiye ubutunzi ku mukunzi wawe, kuko hari ubwo usanga afite umutungo ariko nta rukundo agira, ndetse abandi bakaba bafite urukundo ariko bashyize imbere imibonano mpuzabitsina.

Hari aho agira ati “Bafite inoti ntibafite affection, bafite Love ariko bashyize imbere sex.”

Mu ndirimbo “Boda Boda”, Bwiza akomeza avuga ko adatewe igitutu n’inshuti ze zarwubatse mbere ndetse ko kuba uwo bakundana nta butunzi bwinshi afite nta kibazo abibonamo.

Ati “Utanafite imodoka twanatega moto. Na Boda Boda twayipanda [twayurira] ukampeka sinakwita ku bandeba.”

Amashusho y’indirimbo “Boda Boda” yafatiwe mu Rwanda, bigizwemo uruhare n’itsinda riyobowe na John Elarts, wanagize uruhare mu ndirimbo zirimo n’iyo uyu muhanzikazi yahuriyemo na The Ben bise “Best Friend.” Ku rundi ruhande, amajwi y’iyi ndirimbo yatunganyijwe na Prince Kizz afatanyije na Loader, anononsorwa “Mastering” na Bob Pro.

Boda Boda ni yo ndirimbo ya mbere Bwiza ashyize hanze mu mwaka wa 2025, nyuma y’uko muri Gicurasi 2025, yasohoye album ye ya Kabiri yise “25 Shades” ikubiyeho indirimbo 12.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

Umunyamahirwe yashoye 450,000 frw, atsindira 2,452,412 Frw muri Fortebet

0

UMUNYAMAHIRWE YASHOYE 450,000 Frw KU BIKUBO BYIZEWE, ATSINDIRA 2,452,412 Frw

Umunyamahirwe wigaragaje nk’umukinnyi wicisha bugufi ariko wiyizera, yongeye kwerekana ko gushora mu bikubo byizewe bishobora gutanga inyungu nini. Uyu mukunzi wa Fortebet yashoye 450,000 Frw ku mikino yizeye ko izatsinda, maze ibyishimo biramurutira byose nyuma yo kwegukana 2,452,412 Frw.

Itike ye ifite nimero 3533338735799999 kuri www.fortebet.rw
yagaragaje uburyo bukomeye bwo gutegura imikino, aho yahisemo gukoresha:

Over 0.5

Over 1.5

Ndetse anongeraho imikino ibiri yahisemo  ikipe itsinda ndetse ikanagira over 1.5

Muri iyi mikino harimo n’amakipe akomeye nka Barcelona na Manchester City, imikino yagaragaraga nk’ifite amahirwe menshi yo gutsinda.

Uyu munyamahirwe yahisemo gukina ibikubo biri munsi ya 1.40, uburyo bwongerera amahirwe yo gutsinda kuko biba bifite ibyago bike byo kumena. Ni icyemezo cyarangiye kimugejeje ku ntsinzi idasanzwe.

Ibaze ibyishimo— amafaranga 450,000 Frw yahindutse 2,452,412 Frw mu ijoro rimwe!

Turamushimiye kandi tumwifurije gukomeza kugira amahirwe n’imbaraga z’umwaka mushya!

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.

PDG Brenda Thandi Mbatha yahawe igihembo gikomeye na Sena y’u Bufaransa kubera uruhare rwe rwihariye mu bucuruzi.

0

Umunyarwandakazi umaze kwamamara ku mugabane w’iburayi, PDG Brenda Thandi Mbatha yahawe  impamyabushobozi y’icyubahiro na Sena y’u Bufaransa abikesha ubucuruzi akora, kwiteza imbere no gufasha abandi.

PDG Brenda Thandi Mbatha, ni umwe mu baherwe batuye mu Bufaransa, yahawe iyi mpamyabushobozi y’icyubahiro (Doctorat Honoris Causa) na Sena y’u Bufaransa kubera uruhare rwe rwihariye mu bucuruzi bw’imitungo itimukanwa.

Ni umuhango wabereye i Paris mu cyumweru gishize, witabirwa n’abayobozi n’intumwa zaturutse mu bihugu birenga 80.

PDG Brenda Thandi yavuze ko amaze imyaka 15 akora ubucuruzi bw’imitungo itimukanwa, kandi ko iyi mpamyabushobozi ari igihamya cy’uko imbaraga n’ubutwari bye byagaragaye n’isi yose, nubwo yatangiye inzira ye adafite impamyabushobozi cyangwa ubushobozi.

Brenda avuga ko yatangiye akazi afite imyaka 16 akora mu nkambi z’impunzi muri Congo Brazzaville muri ONG (Comité international de secours)Y’abafaransa, yabagamo abana b’imfubyi b’impunzi zaba centrafricaine,  Abarundi , Aba zairwa naba Nyarwanda, aho yahembwaga ifu y’igikoma akayigurisha kugira ngo abone amafaranga y’ubuzima bwa buri munsi.

Nyuma y’imyaka ibiri akazi gahagaze, yakomereje mu bucuruzi butandukanye nko kwambika abantu, aho yambitse ba Nyampinga, Abadepite n’abayobozi bakuru muri Congo Brazzaville. Amafaranga yavaga muri ubwo bucuruzi ni yo yamufashije gutangira no kwagura ibikorwa byo kugura inzu muri Brazzaville, hanyuma yerekeza mu Burayi.

Ati:“Natekerezaga kure… buri gihe amafaranga nakoraga nayazigamiraga kugira ngo nzagure inzu i Burayi. Inzu ya mbere nayiguze i Paris, kandi nyuma nakomeje no kugura izindi kugeza mu 2019.”

Kuri ubu afite inyubako zitandukanye zibarizwa mu Bufaransa no mu Bubiligi, zose zikodeshwa n’abakerarugendo ndetse n’abacuruzi batandukanye.

PDG Brenda Thandi yahawe impamyabushobozi y’icyubahiro (Doctorat Honoris Causa) na Sena y’u Bufaransa kubera uruhare rwe rwihariye mu bucuruzi bw’imitungo itimukanwa.

Yaguye ibikorwa ku mugabane w’Uburayi

Brenda yashinze amaduka atandukanye muri Congo Brazzaville no muri RDC, harimo: amaduka acuruza imyenda, Salon de coiffure,ibigo by’ubwikorezi,hamwe n’inyama n’ibindi.

PDG Brenda afite amangazine i Bruxelles acuruza ibiribwa by’Abanyafurika amaze imyaka irenga 5 abikora,supermarché i Paris acuruza ibiribwa by’Abanyaburayi mu myaka 6 nibindi byinshi.

Inama aha abakobwa n’abagore

Brenda ashimangira ko umwana w’umukobwa agomba gutangira gahunda y’iterambere ku myaka 18, akagira icyizere mu byo akora kandi akamenyekanisha ibikorwa bye.

Ati:“Kugira ngo ugire icyo ugeraho ugomba kwigomwa byinshi, ukaba inyangamugayo, ukagira ubushake no kwiyemeza. Kwamamaza ibyo ukora ni byo byanteje imbere kurusha ibindi.”

Afite n’umusanzu mu iterambere ry’u Rwanda, aho kuva mu 2007 afasha abana b’imfubyi abishyurira amafaranga y’ishuri ndetse PDG Brenda ari mubafashije umuhanzi Bruce Melodie kuzamuka murugendo rwe rwa muzika aho uyu muhanzi yanamuhangiye indirimbo yise “Brenda umukobwa witeje imbere”

 

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.