Home Blog

Zuchu na Diamond bemejeko bakoze ubukwe

0

Mu mashusho mashya yasakaye kuri internet, Zuchu yagaragaye avugira mu ruhame ati:
“Mugabo wanjye, ubu twashyingiranwe.” 😍

Aya magambo yatumye abakunzi b’aba bombi bemeza ko urukundo rwabo rutakiri urw’ibanga, ahubwo rwatangiye ubuzima bushya bw’urugo! 💒

🎊 Byongeye gushimangirwa n’ubutumwa bwa Mama Dangote, washyize kuri Instagram amagambo yuzuye ibyishimo agira ati: “Imana ishimwe byagenze neza! Wakoze mwana wanjye Naseeb n’umugore wawe Zuchu.”

Ubu Diamond Platnumz na Zuchu bashimangiye ko ari “Mr. & Mrs.” imbere y’abafana babo n’imbere y’Imana.

Ni umuhango bivugwa ko wabaye ku Cyumweru tariki 1 Kamena 2025, ariko witabirwa gusa n’abo mu muryango ya hafi ku mpande zombi.

Ibyo kuba Diamond na Zuchu bakoze ubukwe mu ibanga byakomeje kuvugisha benshi, ndetse binashimangirwa n’amashusho yashyizwe hanze yumvikanamo uyu muhanzikazi yemeza ko bombi bakoze ubukwe.

Ibi bibaye mu gihe urukundo rwa Diamond Platnumz na Zuchu rwakunze kurangwamo gushwana kwa hato na hato, ndetse byanavugwaga ko bombi badakundana bya nyabyo, ahubwo ko ari ikinyoma bahibye mu rwego rwo gucuruza ibihangano byabo.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Umusore yareze umukobwa bakundanaga nyuma yuko amuhaye miliyoni 5 z’Amadorali yari amaze gutsindira muri tombora umukobwa agahita ayatorokana

0

Umusore witwa Lawrence Campbell, wo mu Mujyi wa Winnipeg muri Canada, yareze umukobwa bakundanaga nyuma y’uko amuhaye miliyoni 5 z’Amadorali ya Canada yatsindiye mu mikino y’amahirwe, undi agahita amusiga akayajyana, ntiyongere kumuca iryera.

Campbell avuga ko mu 2024 ari bwo yaguze itike yo gukina imikino y’amahirwe agatsinda, ariko akabura ibyangombwa byari gutuma abasha guhabwa amafaranga yatsindiye.

Icyo gihe ngo yasabye abayobozi b’ikigo cy’imikino y’amahirwe muri Canada, Western Canada Lottery Corporation (WCLC), ko Krystal Ann McKay, wari umukunzi we yafata ayo mafaranga mu izina rye.

Uyu musore yabwiye CTV News ko yari yizeye umukunzi we cyane kuko bari bamaze igihe kingana n’umwaka n’igice mu rukundo rwari rumeze neza kandi rufite icyerekezo.

Yagize ati “Twarabanaga kandi twari dufitanye na gahunda yo kubaka ejo hazaza turi kumwe.”

Nyuma yo guhabwa amafaranga bombi bafashe amafoto bari kumwe bari guha McKay sheki nini iriho miliyoni 5$.

Campbell ati “Yari amaze ibyumweru bitatu ambwira ngo nzamugurire itike, nanjye sinabikora. Umunsi umwe duciye iruhande rw’aho bagurisha amatike y’amahirwe, mubwira ko nshaka kuyimugurira.”

Nyuma y’uko uyu musore aguze itike mu mazina ye gusa ayiguriye umukunzi we nk’impano y’isabukuru, yaje gutsindira miliyoni 5 z’Amadorali ya Canada, byari ibyishimo kuri abo bombi nubwo bitatinze.

Nyuma y’iminsi mike, McKay yahise aburirwa irengero, ntiyongera kugaruka aho babanaga muri hoteli, akupa uburyo bwose bwatuma bavugana yaba kuri telefone no ku mbuga nkoranyambaga. Campbell yavuze ko nyuma y’igihe yaje kubona aho Mckay ari, asanga aryamanye n’undi mugabo.

Mu kirego yashyikirije urukiko rwa King’s Bench of Manitoba, avuga ko McKay yakupye uburyo bwose bari kuvugana ngo ndetse yanasabye urukiko ko rumuha icyemezo cyo kubuza Campbell kumwegera.

Abari ku ruhande rwa McKay babwiye CTV News ko ibyo ashinjwa atabizi.

Uyu musore arashinja kandi ibigo byari bishinzwe gutanga amafaranga y’imikino y’amahirwe, kuba byaramugiriye inama mbi ndetse ntibimuburire ku ngaruka zishobora guterwa no guha undi muntu uburenganzira bwo gufata igihembo mu izina ryawe.

Nyuma yo guhabwa amafaranga bombi bafashe amafoto bari kumwe bari guha McKay sheki nini iriho miliyoni 5$.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

CANADA : Nari Ngiye Gupfa, Imana Irankiza: Bertrand Beni Yasohoye Indirimbo y’Ubuhamya yise ‘Sinsanzwe’

0

Umuhanzi Bertrand Beni, utuye mu gihugu cya Canada, yashyize hanze indirimbo nshya yitwa Sinsanzwe, ikubiyemo ubutumwa bukomeye bwo kuramya no guhimbaza Imana. Ni indirimbo ishingiye ku rugendo rudasanzwe rw’uyu muhanzi mu buzima bwe, cyane cyane ubwo yari arwaye bikomeye.

Bertrand Beni amaze imyaka itanu aba muri Canada, aho yahisemo gukoresha impano ye yo kuririmba mu guhesha Imana icyubahiro, abinyujije mu ndirimbo zo kuramya. Sinsanzwe ni indirimbo ivuga ku buhebuje bw’umuntu mu byaremwe byose, ndetse n’ububasha Imana ifite bwo kumukiza ibikomeye, nk’uko byagaragaye mu nkuru yo muri Bibiliya aho Yesu yakijije umuntu wari wuzuye amadayimoni akayohereza mu ngurube ibihumbi bibiri.

Bertrand Beni yagize ati “Impamvu nayise Sinsanzwe ni uko Imana yaremye umuntu arusha agaciro ibindi byose. Nta kindi kiremwa yigeze yambara umubiri wacyo, ni umuntu wenyine. Bivuze ko umuntu atari usanzwe,”

Uyu muhanzi kandi avuga ko indirimbo ye yaturutse ku gitekerezo cyaje ubwo yari mu bitaro amaze kubagwa. Yagize ikibazo gikomeye ubwo ikinya cyamushiragamo,yumva ari hafi gupfa. Ariko mu gitondo yazanzamukanye imbaraga nshya, yumva ubuzima buragarutse, ari nabwo yibutse amafoto ye akiri umwana arwaye cyane, agaragaza ko Imana imufiteho umugambi udasanzwe.

Yagize ati “Numvise ko kuba nkiriho bitari impanuka. Nahise menya ko ntasanzwe, kuko Imana yandinze kuva nkiri muto, ndetse n’ubwo nari ndwaye bikomeye, yankijije.”

“Sinsanzwe” ni imwe mu ndirimbo 4 zizaba zigize EP nshya ya Bertrand Beni yise VISA, izasohoka vuba.

Umva indirimbo “Sinsanzwe”


Shaka Bertrand Beni kuri YouTube na kuri platforms zose zisakaza umuziki, ubone indirimbo yuzuyemo ubuhamya n’imbabazi z’Imana.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

🗣️ Zari Hassan aburiye abasore: “Mujye mureba ubwenge, ntimukarebe ikibuno gusa!” 💥

0
 Umugore w’abana batanu Zari Hassan w’imyaka 44 y’amavuko, yongeye kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga ubwo yakeburaga abasore bashaka abagore hashingiwe ku bwiza, ikibuno n’ikimero gusa, aho kureba ku bwenge bw’uwo bashaka kubana.
 
Zari yagize ati:
 
👉🏽 “Umukobwa ufite uburanga gusa adafite ubwenge, aba ari umutwaro. Ntacyo yamariye umugabo, ahubwo aba amutesha umutwe, apfusha amafaranga ubusa aya marira kuri cya kibuno ngo gikomeze gikurure abagabo. Ni igihombo.”
 
Uyu mugore umaze kubaka izina mu by’imideli n’ubucuruzi, yasabye abahungu gufata umwanya wo kumva no gusobanukirwa neza n’uwo bashaka kubana na we aho kwibanda gusa ku bihangano by’inyuma.
 
💬 Wowe ubitekerezaho iki? Ujya ubanza kureba ubwenge cyangwa ikimero? 🧠❤️🍑
 
#ZariHassan #RealTalk
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Atlético de Madrid yabaye ikipe ya mbere yo muri Espagne isinye amasezerano yo kwamamaza Visit Rwanda! 🇷🇼⚽️

0

Guverinoma y’u Rwanda yasinyanye amasezerano y’imikoranire hagati yayo na Atlético de Madrid yo muri Espange binyuze mu Rwego rw’Igihugu rw’Iterambere muri gahunda ya Visit Rwanda, isanzwe inamamazwa n’andi makipe atatu na yo akomeye ku Mugabane w’u Burayi.

Isinywa ry’aya masezerano, ryatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Mata 2025, nk’uko tubikesha Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB.

RDB ivuga ko “Visit Rwanda ibaye umufatanyabikorwa wa mbere wo ku Mugabane wa Afurika na Atlético de Madrid”, igaruka ku bigwi by’iyi kipe imaze kwegukana ibikombe 11 bya Shampiyona ya Espagne-La Liga.

Jean-Guy Afrika, Umuyobozi Mukuru wa RDB yavuze ko kuba u Rwanda rwinjiye mu mikoranire n’iyi kipe ya Atlético de Madrid bishimangira intego y’u Rwanda mu kuba nyambere mu ishoramari, ubukerarugendo ndetse no muri Siporo.

Ati “Indangagaciro z’iyi kipe zo kwigira, ikinyabupfura ndetse no kuba indashyikirwa, biri mu murongo w’Igihugu cy’u Rwanda mu rugendo rw’iterambere. Binyuze muri iyi mikoranire, tuzabasha kwerekana u Rwanda nk’ahantu heza hakurura abashoramari, habereye abifuza gutembera Isi, ndetse n’urubuga rwiza rwo guteza imbere impano no kwagura amahirwe y’urubyiruko rwa Afurika binyuze muri Siporo.”

Uretse kuba aya masezerano agamije gukomeza guha imbaraga gahunda yo gushishikariza abatuye Isi gusura u Rwanda, buzanagira uruhare mu gukurura abavuga ururimi rw’Ikinya-Espagne, mu bikorwa by’ishoramari, iby’ubukerarugendo ndetse n’ibikorwa mberamuco.

Uretse kuba aya masezerano agamije gukomeza guha imbaraga gahunda yo gushishikariza abatuye Isi gusura u Rwanda, buzanagira uruhare mu gukurura abavuga ururimi rw’Ikinya-Espagne, mu bikorwa by’ishoramari, iby’ubukerarugendo ndetse n’ibikorwa mberamuco.

Aya masezerano, ku ikubitiro azamara imyaka itatu, aho igice cya mbere cyayo kizageza tariki 30 Kamena 2028, aho ikipe ya Atlético de Madrid y’abagabo, izajya yambara ‘Visit Rwanda’ ku myambaro bakoresha mu myitozo ndetse no mu mikino itanu ya Shampiyona LaLiga, kimwe no mu mikino y’Igikombe cy’Isi cy’ama-Clubs.

Nanone kandi guhera mu mwaka utaha w’imikino ‘Visit Rwanda’ izajya igaragara ku myambaro y’abakinnyi b’ikipe y’abagore ya Atlético de Madrid, mu gihe cy’imyitozo.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

DJ Ira uherutse kwemererwa guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda yabuhawe(Amafoto)

0

Iradukunda Grace Divine wamenyekanye mu kuvanga imiziki nka DJ Ira uherutse kwemererwa guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda na Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Kabiri yabuhawe mu buryo budasubirwaho.

Kuri uyu wa 15 Mata 2025 ni bwo DJ Ira n’abandi bantu 35, bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda mu buryo budasubirwaho nyuma yo kurahira.

Abo bose uko ari 36 bari baherutse gusohoka mu Igazeti ya Leta ku rutonde rwagiye hanze ku wa 7 Mata 2025, rugaragaza ko bemerewe ubwenegihugu bw’u Rwanda.

Ku wa 16 Werurwe 2025 ni bwo DJ Ira yasabiye mu ruhame Perezida Kagame ubwenegihugu bw’u Rwanda. Perezida Kagame yamubwiye ko ku bwe abumwemereye ariko bisaba kuzuza ibisabwa kugira ngo abuhabwe.

Mu minsi ishize uyu mukobwa yari yabwiye IGIHE ko yatunguwe no kuba yarahamagawe n’abakozi b’Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka mu gihe kitageze no ku masaha 24, nyuma yo kwemererwa ubwenegihugu n’Umukuru w’Igihugu, bamusaba ko yajya kuzuza ibisabwa kugira ngo abuhabwe.

DJ Ira ni umwe mu bahanga mu kuvanga imiziki, umwuga yatangiye mu 2016 abifashijwemo na mubyara we, Dj Bissosso.

DJ Bissosso yinjije DJ Ira i Kigali muri Kanama 2015 avuye i Burundi ubwo yari arangije amashuri yisumbuye.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Michelle Obama yavuze ku mubano we na Barack Obama, agaragaza ko yamukunze nta mafaranga arabona, kandi akirengagiza byose yari afite kubera we.

0

Michelle Obama yavuze ku mubano we na Barack Obama, agaragaza ko yamukunze nta mafaranga arabona, kandi akirengagiza byose yari afite kubera we.

Ibi yabigarutseho ku wa 2 Mata 2025 mu kiganiro akorana na musaza we Craig Robinson bise ‘IMO Podcast’, aho baganiraga ku ngingo y’amafaranga hagati y’abakundana.

Craig yabajije Michelle ati “Wakwemera gukundana n’umusore udafite amikoro igihe uhuye na we?”

Michelle Obama adashidikanyije yasubije ati “Yego, nashakanye na we.”

Yakomeje asobanura uburyo yemeye gukundana na Barack Obama atarabona amafaranga, ndetse ko yanemeye kureka akazi yari arimo kugira ngo bombi bakorane.

Ati “Navuye mu kigo nakoreragamo igihe nahuraga na Barack. Yambwiraga ko azanyitaho kandi ko uko ndi kwitanga bitari ubusazi. Yambwiraga ko azamfasha.”

Michelle yakomeje avuga ko icyo gihe bagitangira gukundana, nta mikoro menshi Barack yari afite, gusa ngo yari afite intego yo kugira icyo ageraho kandi anamwitaho mu bushobozi buke yari afite.

Yakomeje agaragaza ko nta muntu ukwiye gukundana n’undi akurikiye amafaranga cyangwa ngo abe ari yo ashingiraho akundana n’undi, ahubwo ko icya mbere ari ugukundana n’umuntu ufite ubushake bwo gufatanya.

Yasoje agira ati “Nahitamo gukundana n’umuntu twafatanya kurusha ufite amafaranga menshi. Nahitamo kugira umuntu witeguye kunkorera ibintu bikomeye.”

Michelle Obama watangaje ibi, amaze imyaka 33 arushinze na Barack Obama wigeze kuba Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bakaba baranabyaranye abana babiri b’abakobwa.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Munyakazi Sadate ashaka kwegukana Rayon Sports kuri miliyari 5 abafana bagahabwamo miliyari imwe

0

Uwigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate, yavuze ko yiteguye gutanga miliyari 5 Frw akegukana iyi kipe mu gihe izaba ishyizwe ku isoko.

Mu butuma burebure yashyize ku rubuga rwa X yahoze ari Twitter, Sadate yavuze ko miliyari 1 Frw y’ayo mafaranga azatanga izasaranganywa amatsinda y’abafana kugira ngo yihanagure icyuya yabize, naho indi miliyari 1 Frw ikishyurwa amadeni kugira ngo yirinde birantega.

Sadate yagize ati ::
OFFRE YA ZAHABU KURI MURERA
————-‐—‐——————–

Ibahasha ya Miliyali 5 ishyizwe ku meza, par condition :

1. Miliyari imwe izasaranganywa Fan Club kugira ngo zihanagure icyuya zabize;

2. Miliyari imwe izishyurwa amadeni kugira ngo nirinde birantega;

3. Miliyari eshatu zizashorwa muri MURERA mugihe cy’Imyaka 3 bivuze miliyari buri mwaka;

4. Fan Club zizagumaho ariko ntizizongera gutanga Umusanzu, ayo zatangagamo umusanzu nzajya nzisura dukore ubusabane;

5. Ubuyobozi buzashyirwaho nanjye uzaba washoye akayabo;

6. Abafatanyabikorwa ba Gikundiro bazahabwa service za Zahabu cyane cyane Umufatanyabikorwa mukuru;

7. Nzashyiraho umurongo utishyurwa wo gutanga ibitekerezo muve ku ma Radio abarangaza;

8. Ikipe izaba ifite ibyibanze byose kugira ngo ibe urutirigongo rwa Sports Nyarwanda;

9. Nyuma y’imyaka 3 yo kwivugurura hazashorwa izindi miliyari 5 zizakora ibitangaza, Hazashingwa kandi izindi disciplines nka Volley, Basket, Amagare,…;

10. Nyuma y’Imyaka 3, Murera izaba ijya gukina hanze igendera muri ka Private Jet kanjye bwite, ubwo sinshaka kuvuga kuri za Bus kuko izaba ifite Bus yakataraboneka, Ambulance 2 ziyiherekeza aho igiye hose, Staff van 2, Moto ebyiri ziyigenda imbere,

NB:

1. iyi offer iri valide kugera kuwa 25 Ukuboza 2025, nshaka kuzizihiza anniversaire yanjye nkata 🎂 nabakunzi banjye bo muri Gikundiro turi munyanja y’ibyishimo;

2. Habayeho ibiganiro byibanze nkabona bitanga ikizere nahita nshyira muri Murera miliyoni 100 zo kuyifasha kurangiza championnat neza;

3. Murera itwaye igikombe offer yazamukaho 20% naho ikibuze offer yamanukaho 20%

Ngaho abarushanwa nimuze turushanwe.

Sadate Munyakazi

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Abantu bicara umwanya munini mukazi baragirwa Inama yibyo bakora kugirango barinde urutirigongo rwabo kwangirika

0

Abakorera mu biro n’ahandi hakorerwa imirimo isaba kuguma ahantu hamwe, bagwa mu mutego wo kwicara mu ntebe bagakora akazi ubutaruhuka, barambirwa bakihengeka cyangwa bakamera nk’abaryamye mu ntebe nyamara inzobere mu buvuzi zivuga ko ibyo ari nko kunywa uburozi ubureba.

Umuhanga mu bijyanye no kugorora umuburi (Physiotherapist), Mutabazi Jean de la Paix, yatangaje ko ibifasha abantu kurinda urutirigongo rwabo kwangirika ari uko mu kazi kose bakora birinda kurenza isaha imwe bicaye ahantu hamwe, badahaguruka.

Mu kiganiro yagiranye na RBA, yavuze ko abantu benshi bumva ko kwicara neza ari kuba ufite intebe nziza zifasha umugongo, kuba yicara atunamye ariko ibyo byose bitabarinda ibibazo by’umugongo mu gihe bamara amasaha menshi bicaye.

Yagize ati “Kirazira kugira ngo umuntu arenze iminota 60 ari mu mwanya umwe atabasha kuva muri ibyo byicaro, akenshi ibyo bituma umugongo uruha.”

Yavuze ko andi makosa akorwa n’abantu, ari ukugerageza kuruhura igice kimwe cy’umugongo mu gihe yumva umugongo umaze kunanirwa, nko kwicara wihengetse, kugereka akaguru ku kundi, cyangwa kwegamisha intebe.

Avuga ko ibyo birushaho guhuhura urutirigongo rugahetama, nyamara icyaba cyiza ari uguhaguruka ukananura umugongo.

Ati “Wakagombye guhaguruka ukagendagenda iminota mike cyane, niyo yaba umunota umwe, icyo gihe uba utabaye umugongo wawe.”

Inama atanga ni ukwirinda gushyira ibintu byose ukenera hafi yawe, kandi ukimenyereza kwihereza icyayi, impapuro, n’ibindi umuntu akenera mu kazi aho kubituma umukozi.

Mutabazi yongeyeho ko igihe cyose umuntu yicaye akwiye kwicara neza urutirigongo rwe rukoze imfuruka igororotse kuko ari umuti ariko bikanoroshya akazi.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Nubwo nta muhanzi wo mu Rwanda urashyirwa kurutonde rw’abahatana, Bruce Melodie yahize kuba umuhanzi wambere uzazana Grammy Awards i Kigali

0

Umuhanzi Itahiwacu Bruce [Bruce Melodie] ku nshuro ya kabiri yongeye kuvuga ko bitinde bishyire kera azegukana Grammy Awards kimwe mu bihembo bikomeye mu muziki ku Isi.

Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze kuri uyu wa 01 Mata 2025, yongeye gushimangira ko bizatinda ariko agashyira agacyura Grammy Award i Kigali, ndetse asaba abantu kuzamwibutsa ibi yavuze.

Bruce Melodie ahamya ko ibyo ari ibintu byigaragaza, ndetse ko umuntu utabibona yaba atareba kure.

Muri ubwo butumwa yagize ati “Niba ahazaza hanjye utabonamo Grammy, ntabwo ureba neza bihagije (Ntabwo ureba kure). Ubu butumwa muzabunyibutse”

Ntabwo ari ubwa mbere Bruce Melodie agaragaza ko azashyira akazana Grammy Award mu Rwanda, kuko ku nshuro ya mbere yabivuze mu Ugushyingo 2023.

 

View this post on Instagram

 

A post shared by IBYAMAMARE (@ibyamamaretv)

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa Threads muri icyo gihe, yagize ati “Mwite ku magambo yanjye, umunsi umwe nzazana ibihembo bya Grammy mu rw’imisozi igihumbi.”

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748