Home Blog

The Ben yatangaje igitsina cy’umwana agiye kwibaruka

0

Ubwo yari mu gitaramo cyo kumurika album ‘25 Shades’ ya Bwiza, The Ben n’umugore we, Uwicyeza Pamella batunguwe n’abakunzi babo babahaye impano y’imyenda y’umwana bateganya kwibaruka.

Nyuma y’uku gutungurwa, Ally Soudy wayoboye iki gitaramo afatanyije na Lucky Nzeyimana yaje gusaba The Ben na Uwicyeza guhishurira abakunzi babo igitsina cy’umwana bateganya kwibaruka.

Ni ibintu byasabye ko abafana babanza gutomboza icyakora The Ben abonye bikomeje kugorana ahita afata umugore we amuririmbira indirimbo ‘True Love’ aherutse gusohora.

Uwicyeza Pamella wagaragazaga intege nke, yasabye kuva ku rubyiniro The Ben asigara aririmbana n’abafana iyi ndirimbo. Mu gihe yaganaga ku musozo yabwiye abakunzi be ko bitegura kwibaruka umwana w’umukobwa.

Ati “Ibijyanye n’igitsina cy’umwana tugiye kwibaruka byo, azaba ari umukobwa kandi tuzamwita izina rifite aho rihuriye na bino bihugu kubera Igihango tugiranye namwe.”

The Ben na Uwicyeza Pamella bari kumwe ku Mugabane w’u Burayi, aho bitabiriye igitaramo cyo kumurika album ‘25 Shades’ ya Bwiza cyabaye mu ijoro ryo ku wa 8-9 Werurwe 2025.

Uretse iki gitaramo n’ibindi The Ben ateganya gukorera ku Mugabane w’u Burayi, hari amakuru ahamya ko umugore we, Uwicyeza Pamella ateganya kuba ari naho azibarukira imfura yabo.

The Ben na Uwicyeza Pamella bari kumwe ku Mugabane w’u Burayi

 

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Umuyobozi wa Group ya WhatsApp yarashwe arapfa nyuma gukura muri group uwo bari bamaze gushwana

0

Umugabo yashinjwe icyaha cyo kwica nyuma yo gukekwaho kurasa agahitana umuyobozi w’itsinda rya WhatsApp ry’aho batuye, nyuma y’uko amukuye muri iryo tsinda, nk’uko polisi yabitangaje ku wa Gatandatu, tariki ya 8 Werurwe.

Mushtaq Ahmed yarashwe arapfa ku mugoroba wo ku wa Kane, tariki ya 6 Werurwe, mu mujyi wa Peshawar, umurwa mukuru wa Khyber Pakhtunkhwa, intara ikora ku mupaka wa Afghanistan.

Nk’uko bigaragara mu nyandiko za polisi zabonwe n’AFP ndetse n’umuyobozi wa polisi y’aho, umugabo w’umunya-Pakistani witwa Ashfaq ni we warezwe icyaha cyo kwica Mushtaq.

Nk’uko bivugwa mu itangazo ryatanzwe na murumuna wa Mushtaq, ryabonwe na AFP, Mushtaq yari yakuye Ashfaq mu itsinda rya WhatsApp nyuma y’intonganya bari bagiranye.

Yakomeje avuga ko abo bombi bari bumvikanye guhura bagasubiza ibintu mu buryo, ariko Ashfaq ngo yahageze yitwaje imbunda, ahita arasa Mushtaq aramwica.

Mu itangazo rye, Ashfaq yavuze ko yababajwe no gukurwa mu itsinda rya WhatsApp, bikaba ari byo byamuteye uburakari.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Biravugwa ko Prince Kid yaba yatawe muri yombi n’inzego zishinzwe abanjira nabasohoka muri Texas, America.

0

DALLAS – Ishami rya Leta Zunze Ubumwe za Amerika rishinzwe abinjira n’abasohoka (ICE) ryafashe Dieudonne Ishimwe, w’imyaka 38, ukomoka mu Rwanda, ushakishwa n’igihugu cye kubera icyaha cyo gufata ku ngufu, ku wa 3 Werurwe i Fort Worth, muri Leta ya Texas.

Dieudonne Ishimwe uzwi nka Prince Kid yafatiwe muri Amerika nyuma y’uko Guverinoma y’u Rwanda isohoye impapuro zimuta muri yombi, ashinjwa icyaha cyo gufata ku ngufu. Nyuma yo gufatwa, yahise ahabwa inyandiko imumenyesha ko agomba kwitaba urukiko kugira ngo hakurikizwe amategeko arebana n’iyoherezwa ry’abashakishwa mu bindi bihugu.

Josh Johnson, uyobora by’agateganyo ibiro bya ICE Enforcement and Removals Operations Dallas, yagize ati: “Abanyabyaha bahunze ibihugu byabo bagerageza kwirinda kubiryozwa bakwiye kumenya ko tuzababona.”

Yakomeje avuga ati: “ICE izakomeza gukorana ubudahwema n’inzego z’umutekano ku rwego rw’igihugu, urw’uturere n’urw’imirimo ya leta kugira ngo dufate kandi twohereze ababangamira umutekano rusange mu miryango yacu.”

Ishimwe yari atuye mu mujyi wa Fort Worth nta byangombwa bimwemerera kuhaba mbere y’uko atabwa muri yombi. Ifatwa rye ryagizwemo uruhare n’urwego rw’ubutasi rwa FBI.

Uyu mugabo yinjiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu buryo bwemewe n’amategeko, ariko nyuma yaho arenga ku mategeko amwemerera kuhaba. Ku wa 29 Ukwakira 2024, Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwamushyiriyeho impapuro zimuta muri yombi ku cyaha cyo gufata ku ngufu.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Ishimwe Vestine uririmbana na Dorcas yasezeranye mu mategeko mu birori byagizwe ibanga rikomeye

0

Ishimwe Vestine uririmbana na Dorcas yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we bagiye kubana nk’umugore n’umugabo mu muhango wabereye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo.

Vestine yasezeranye n’umusore ukomoka muri Burkina Faso nk’uko amakuru atugeraho abihamya

Uyu muhango wabereye imbere y’umwanditsi w’irangamimerere kuri uyu wa 15 Mutarama 2025.

Muri uyu muhango nta muntu n’umwe wari wemerewe gufata amashusho cyangwa amafoto nk’itegeko ryatanzwe n’abareberera inyungu z’uyu muhanzikazi muri muzika.

Amakuru twamenye ni uko mbere yo gusezererana mu mategeko hara habanje umuhango wo gufata irembo wabaye ku wa mbere tariki 6 Mutarama 2025.

Uyu muhango wo kuri uyu wa Gatatu watumiwemo abantu bake cyane barimo abareberera inyungu z’umuhanzi Vestine banzuye ko nta n’umwe wemerewe gufata amashusho cyangwa amafoto kugira ngo umunezero w’uyu muhango utayoborwa n’ibikorwa bya buri wese.

Uyu mukobwa uzwi mu Rwanda kubera indirimbo ze zakunzwe cyane mu minsi yashize ni umwe mu bakunzwe cyane n’abatari bake mu muziki wo kuramya Imana.

Ishimwe Vestine uririmbana na Dorcas yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we bagiye kubana nk’umugore n’umugabo

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

VIDEO : ALIK BULAN UTANGA ICYIZERE MU BAHANZI BAKORERA MURI DIASPORA, YASHYIZE HANZE INDIRIMBO NSHYA

0

Ishimwe Manoa usigaye akoresha amazina ya Alik Bulan mu muziki, yatangiye umwaka ashyira hanze indirimbo nshya yise “Sad Feelings”.

Uyu musore kuri ubu uri mu bahanzi bakorera muzika hanze y’u Rwanda batanga icyizere cyo kuzagera kure, yashyize hanze indirimbo nshya igaruka ku nkuru y’ibyiyumviro benshi bahisha iyo bakumbuye abo bakunda mu gihe batandukanye batabishaka.

Ishimwe Manoa usigaye akoresha amazina ya Alik Bulan mu muziki

Ni indirimbo ifite umwihariko utandukanye n’izindi uyu musore yari asanzwe akora, uretse kuba icurangitse neza ifite n’umwihariko wo kugira amashusho meza ari ku rwego mpuzamahanga.

Nubwo iyi ariyo ndirimbo yambere Alik Bulan ashyize hanze muri uyu mwaka wa 2025, avuga ko ari integuza ku bakunzi be kuko arimo kubategurira album izaba igizwe n’indirimbo ziryoheye amatwi yabo.

Ati “Abakunzi ba Alik Bulan mubabwire ko aribwo dutangiye, bitegure kuko imiziki iri imbere niyo myinshi kandi myiza na album iri mu nzira”.

Indirimbo “Sad Feelings” isohotse ikurikiye izindi nka “Bend Rmx” yakoranye na Vex Prince n’iyitwa “Chanella” zose ziboneka ku rubuga rwa YouTube rwa Alik Bulan.

Reba hano amashusho y’indirimbo nshya “Sad Feelings” ya Alik Bulan

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Beyoncé yahaye inkunga ya miliyoni 2,5$ imiryango yo muri Los Angeles yagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro

0

Beyoncé Knowles-Carter abinyujije mu muryango yashinze wo gufasha witwa BeyGOOD, yahaye inkunga ya miliyoni 2,5$ imiryango yo muri Los Angeles yagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro imaze iminsi yibasiye uyu mujyi.

Imiryango izafashishwa aya mafaranga ni ikomoka mu duce tubiri twa Los Angeles twashegeshwe kurusha utundi aritwo Altadena na Pasadena, twibasiwe kuva ku wa 7 Mutarama 2025 iyi nkongi y’umuriro yatangira.

Uretse gutanga aya mafaranga, uyu muryango wa Beyoncé uzanatanga ubufasha burimo ibiribwa n’ibikoresho by’isuku ku nsengero n’izindi nzu ngari zakiriye abantu basenyewe badafite aho bari kuba.

BeyGood ya Beyonce yitanze aya mafaranga mu gihe izindi sosiyete zikomeye mu muziki na sinema zirimo Warner Music, Paramount, Walt Disney nazo ziherutse gutanga ubufasha ku bantu basenyewe n’iyi nkongi.

Kugeza ubu abantu 24 nibo bamaze gutakariza ubuzima muri iyi nkongi, inyubako zirenga 12,000 zarakongotse naho abantu ibihumbi n’ibihumbi bamaze guhunga uduce tugize Leta ya California.

Beyoncé yahaye inkunga ya miliyoni 2,5$ imiryango yo muri Los Angeles yagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Umuhanzi Passy Kizito wahoze mu itsinda rya TNP yakoze ikizamini kimwinjiza mu itangazamakuru nk’umunyamakuru

0

Umuhanzi Passy Kizito wahoze mu itsinda rya TNP, ubu akaba yikorana ku giti cye, ashobora gukora umwuga w’itangazamakuru kuri imwe muri Radio zo mu Rwanda.

Uyu muhanzi uherutse gushyira hanze indirimbo yise ‘Golo’ ikanakundwa n’abatari bacye, ari ku rutonde rw’abatsindiye imyanya y’abakozi nk’abanyamakuru kuri Radio ya Magic FM, ibarizwi mu bitangazamakuru by’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA.

Uku gutsinda ikizamini muri RBA, bigaragazwa n’inyandiko yerekana abatsindiye imyanya ya Producer na Presenter, aho Passy [Kizito Pascal] ari afite amanota 79%.

Passy aza kuri uyu mwanya akurikira uwitwa Uwingabire Annick, we ufite 80%, ku mwanya wa gatatu hakazaho uwitwa Sebushishi Beaugard na Migambi Gilbert, bombi basanzwe muri iki Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru.

Passy Kizito ntiyakunze kumvikana mu mwuga w’Itangazamakuru cyane, uretse kuba yarigeze gukora kuri Radio na TV1 ariko ntiyahatinze kuko yahise arisezera asubira muri muzika.

Nubwo atakunze kumvikana akora uyu mwuga w’itangazamakuru, ni wo yize, dore ko anafite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu Itangazamakuru.

Aramutse yinjiye muri uyu mwuga, yaba abaye umwe mu bahanzi banakora Itangazamakuru, barimo n’abafite amazina akomeye, nk’umunyamakuru Uncle Austin, Yago Pon Dat, ndetse na Andy Bumuntu we uherutse gutandukana n’igitangazamakuru yari amazeho imyaka ibiri.

Umuhanzi Passy Kizito wahoze mu itsinda rya TNP
NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

ABANTU BENSHI NTABWO BIYUMVISHA UBURYO KAMIMBA NA SOLEIL BATARI MUMUNYENGA W’URUKUNDO

0

Uwase Orthance na Mazimpaka Wilson, Aba bombi bamamaye muri Filime ya Bamenya, abakunzi babo bifuza ko babana nk’umugore n’umugabo, kanimba na Soreli bo bavugako ari ibya filime nta rukundo rw’abazabana rurimo.

Umukunzi wabo Yvette yagize ati “Ndabikundira pe❤️❤️❤️❤️ntegereje kuzabona inzozi zasohoye umwe Ari queen undi King”

Innocent nawe ati “Arko mukuri muzabanep ndabibifurije muraberanye sana”

Uyu nawe ati “Aba bantu baraberanye pee mushatse mwoduha igikwe pee”

Rachel nawe ati “Ukomukereza abana kwishuri Niko amafrang yishuri yiyongera”

Uwitwa Salama nawe ati “Mbona nuberanye koko mwazabanye nkumugore numugabo kweli icyo gikwe nzagitaha😍😍🔥🔥🔥❤️”

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Miss Jolly Mutesi mubakurikiye umukino Arsenal yasezerewemo na Manchester United

0

Miss Jolly Mutesi wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2016, ni umwe mu bakurikiye umukino w’ijonjora rya gatatu rya FA Cup Arsenal yasezerewemo na Manchester United (Man-U) y’abakinnyi 10, iyitsinze penaliti 5-3 nyuma yaho amakipe yombi anganyije igitego 1-1 mu minota 120 y’umukino.

Uyu mukino wabaye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 12 Mutarama 2025, kuri Emirates Stadium iherereye i Londres mu Bwongereza.

Muri uyu mukino, Manchester United ni yo yatangiye neza Kapiteni Bruno Fernandez ku munota 52 ku mupira yahawe na Alejandro Garnacho.

Ku munota wa 61’ Diego Dalit wa Manchester United yahawe ikarita ya kabiri y’umuhondo ibyara itukura.

Nyuma y’iminota ibiri gusa ku munota wa 63’ Arsenal yishyuye igitego gitsinzwe na Myugariro Gabriel Magalhes.

Iminota 90 y’umukino yarangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1 hongerwa iminota 30 y’inyongera na yo irangira nta gihindutse hitabazwa penaliti.

Manchester United yatsinze Penaliti 5 Arsenal itsinda 3 bituma y’ikipe y’umutoza Ruben Amorin ikomeza mu ijonjora rya Kane aho izahura na Leicester City.

Arsenal FC ni imwe mu makipe afitanye imikoranire na Leta y’u Rwanda binyuze muri Gahunda ya ‘Visit Rwanda’, aho iyi kipe yamamaza ubukerarugendo bwarwo.

Uko andi amakipe azahura mu ijonjora rya Kane rya FA Cup:

Brighton vs Chelsea

Everton VS Bournemouth

Aston Villa VS Tottenham

Plymouth vs Liverpool

İyi mikino iteganyijwe tariki 8-9 Gashyantare 2025.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748

Kiliziya Gatolika yatangaje ko abagabo bafite ibyiyumvo byo kuryamana n’abo bahuje ibitsina bemerewe kuba abapadiri

0

Kiliziya Gatolika y’u Butaliyani yatangaje ko abagabo bafite ibyiyumvo byo kuryamana n’abo bahuje ibitsina bemerewe kuba abapadiri, igihe cyose bemeye gukomeza kuba ingaragu no kwirinda gukwirakwiza iyi myemerere yabo ku bijyanye n’imibonano mpuzabitsina.

Ni icyemezo cyatangajwe n’Inama y’Abepisikopi yo mu Butaliyani, ndetse cyemerwa na Vatican nk’icyicaro gikuru cya Kiliziya.

Iyi nyandiko yemejwe n’Inama y’Abepisikopi b’Abataliyani (CIE) mu Ukwakira kwa 2024, gusa Vatican yabyemeje ku wa 9 Mutarama 2025, aho igiye kwifashishwa mu gihe cy’imyemerere y’igerageza cy’imyaka itatu.

Iyi nyandiko ivuga ko “abantu bafite imyumvire y’abaryamana bahuje ibitsina” bashaka kwinjira mu batoranyijwe kuba abapadiri bagomba kwiyemeza kubaho badashaka nk’uko n’abandi basore bemera kudashaka abagore.

Ikomeza ivuga ko usaba kujya mu Iseminari adashobora kubyangirwa kubera ko gusa afite ibyiyumvo byo kuryamana n’abo bahuje ibitsina, igihe cyose yaba yahisemo gukomeza kuba ingaragu.

Kiliziya yatangaje ko iki cyemezo kitavuguruza icyari gisanzweho cyo kutemerera abaryamana n’abo bahuje ibitsina kuba abapadiri, ahubwo ko gishimangira ko abasore bafite ibyumvo byo kuryamana n’abo bahuje ibitsina ariko bakaba barahisemo kwifata no kudashaka nabo bashobora kwakirwa.

NIBA URI UMUHANZI, UMUCURUZI, UKENEYE KO TUGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE TWANDIKIRE KURI TEL : 0788441488 TURAGUKORERA INKURU YAMAMAZA IBIKORWA BYAWE.
ISUKU ICARA HEZA, DUSUKURA INZU YAWE IGASA NEZA, TWOZA INTEBE, AMAKARO, AMATAPI , Duhamagare cg utwandikire Tel : 0789348058 cg 0784343748